Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Malawi: Hatangajwe igishobora kugarura uwabaye Perezida waje gutsindwa amatora

radiotv10by radiotv10
20/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Malawi: Hatangajwe igishobora kugarura uwabaye Perezida waje gutsindwa amatora
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Democratic Progress Party riri mu mitwe ya Politiki ikomeye muri Malawi, ryemeje ko Peter Mutharika w’imyaka 84 wigeze kuyobora iki Gihugu azarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Peter Muthalika Malawi kuva mu 2014 kugera mu 2020 asimburwa na Lazarus Chakwera wamutsinze mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka.

Ishyaka DPP rya Mutharika riteganya kuzifatanya n’irya UTM ngo bahuze imbaraga mu matora, y’umwaka utaha, icyakora ntibiremezwa mu buryo bwa burundu.

Mutharika ushaka kwiyamamariza kongera kuyobora Malawi, ubuyobozi bwe bwavuzwemo ruswa kugeza n’aho Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro amatora yo muro 2019 yari yasize Mutharika atsinze, nyuma yaje gusubirwamo ndetse yegukanwa na Lazarus Chakwera.

Ntibyagarukiye aho, kuko muro 2020 konti za Mutharika n’iz’umufasha we zafunzwe kugira hakurikiranwe irengero rya miliyari 5 z’amafaranga akoreshwa muri iki Gihugu zari zagenewe ibikorwa by’ubwubatsi. Ibi byaha byose yaregwaga byose yarabihakanye ahubwo agashinja uwamusimbuye kumushyira hasi ku mpamvu yise iza politike.

Malawi ni Igihugu cyugarijwe n’amapfa ndetse n’ibibazo by’ubukungu, ari na byo bitegereje umukuru w’Igihugu uzatorwa mu matora y’umwaka utaha, aho bamwe bavuga ko ibi bibazo agomba kuzabishakira umuti.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Next Post

Menya agashya gateganyijwe mu bihembo byazanye umwihariko mu myidagaduro nyarwanda

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya agashya gateganyijwe mu bihembo byazanye umwihariko mu myidagaduro nyarwanda

Menya agashya gateganyijwe mu bihembo byazanye umwihariko mu myidagaduro nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.