• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in Uncategorized
0
Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mukino wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi wo gushaka itike y’igikombe cy’isi, ikipe ya Senegal yongeye gusubira iya Misiri, iyitsinda kuri Penaliti zirimo iya kabuhariwe Sadio Mané mu gihe mugenzi we Mohamed Salah bakinana muri Liverpool yayihushije.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, wagiye kuba ikipe ya Misiri ibitse igitego kimwe yari yatsinze mu mukino wabanje.

Nyuma y’iminota ine umukino utangiye, Rutahizamu wa Sénégal Boulaye Dia yatsinze igitego ku ishoto ryinjiye ribanje gukota ku mukinnyi Hamdi Fathi wa Misiri.

Igitego cya Senegal cyanabotse muri uyu mukino, cyatumye iyi kipe ifite igikombe cya Afurika yongera kwigarurira icyizere.

Iminota 90 yarangiye nta kipe irongera kureba mu izamu, bituma uyu mukino wongerwaho imikino 30 yo kugira ngo zikiranure dore ko ku giteranyo cy’ibitego zanganyaga 1-1.

Iminota 120 yarangiye ntakipe ibashije kwigaranzura indi, hitabazwa Penaliti aho Senegal yinjije 3-1 Misiri, bituma iyi kipe ifite igikombe cya Afurika yerecyeza mu gikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu mpera z’uyu mwaka.

Mohamed Salah wari uhetse iyi kipe ya Misiri, ni na we wabanje gutera penaliti arayihusha, mu gihe iya Sadio Mane ari yo yahise ihesha Senegal itike.

Senegal isubiriye Misiri nyuma y’ukwezi kumwe n’igice iyitwaye igikombe cya Afurika na bwo kuri Penaliti 4-2 zirimo iya nyuma na yo yatewe na Sadio Mane.

Andi makipe yakatishije amatike y’Igikombe cy’Isi:

Algérie yakiniraga imbere y’abafana bayo mu Mujyi wa Blida byayisabye gutegereza umunota wa 118 w’inyongera ibona igitego cya Ahmed Touba cyashoboraga gutuma ikomeza ariko Toko-Ekambi atsindira Cameroun igitego cyo ku munota wa nyuma w’umukino ayifasha kwerekeza mu Gikombe cy’Isi.

Igihugu kindi cya Afurika cyabonye itike ni Tunisie, ni nyuma y’aho umukino wayihuje na Mali warangiye ari 0-0 igakomereza ku gitego kimwe yatsinze mu mukino ubanza.

Ku Mugabane w’u Burayi, Pologne yabonye itike itsinze Suède ibitego 2-0 harimo penaliti yinjijwe na Kapiteni Robert Lewandowski.

Portugal yatsinze Macedoniya y’Amajyaruguru ibitego 2-0 bya Bruno Fernandes ibona itike yo gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya munani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + seventeen =

Previous Post

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Next Post

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.