Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in Uncategorized
0
Mané yongeye gukorera Senegal ibitangaza ayijyana mu cy’Isi, Salah ataha ahushije penaliti
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mukino wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi wo gushaka itike y’igikombe cy’isi, ikipe ya Senegal yongeye gusubira iya Misiri, iyitsinda kuri Penaliti zirimo iya kabuhariwe Sadio Mané mu gihe mugenzi we Mohamed Salah bakinana muri Liverpool yayihushije.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, wagiye kuba ikipe ya Misiri ibitse igitego kimwe yari yatsinze mu mukino wabanje.

Nyuma y’iminota ine umukino utangiye, Rutahizamu wa Sénégal Boulaye Dia yatsinze igitego ku ishoto ryinjiye ribanje gukota ku mukinnyi Hamdi Fathi wa Misiri.

Igitego cya Senegal cyanabotse muri uyu mukino, cyatumye iyi kipe ifite igikombe cya Afurika yongera kwigarurira icyizere.

Iminota 90 yarangiye nta kipe irongera kureba mu izamu, bituma uyu mukino wongerwaho imikino 30 yo kugira ngo zikiranure dore ko ku giteranyo cy’ibitego zanganyaga 1-1.

Iminota 120 yarangiye ntakipe ibashije kwigaranzura indi, hitabazwa Penaliti aho Senegal yinjije 3-1 Misiri, bituma iyi kipe ifite igikombe cya Afurika yerecyeza mu gikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu mpera z’uyu mwaka.

Mohamed Salah wari uhetse iyi kipe ya Misiri, ni na we wabanje gutera penaliti arayihusha, mu gihe iya Sadio Mane ari yo yahise ihesha Senegal itike.

Senegal isubiriye Misiri nyuma y’ukwezi kumwe n’igice iyitwaye igikombe cya Afurika na bwo kuri Penaliti 4-2 zirimo iya nyuma na yo yatewe na Sadio Mane.

Andi makipe yakatishije amatike y’Igikombe cy’Isi:

Algérie yakiniraga imbere y’abafana bayo mu Mujyi wa Blida byayisabye gutegereza umunota wa 118 w’inyongera ibona igitego cya Ahmed Touba cyashoboraga gutuma ikomeza ariko Toko-Ekambi atsindira Cameroun igitego cyo ku munota wa nyuma w’umukino ayifasha kwerekeza mu Gikombe cy’Isi.

Igihugu kindi cya Afurika cyabonye itike ni Tunisie, ni nyuma y’aho umukino wayihuje na Mali warangiye ari 0-0 igakomereza ku gitego kimwe yatsinze mu mukino ubanza.

Ku Mugabane w’u Burayi, Pologne yabonye itike itsinze Suède ibitego 2-0 harimo penaliti yinjijwe na Kapiteni Robert Lewandowski.

Portugal yatsinze Macedoniya y’Amajyaruguru ibitego 2-0 bya Bruno Fernandes ibona itike yo gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya munani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + seventeen =

Previous Post

FARDC na M23 baritana bamwana ku wahanuye kajugujugu ya UN

Next Post

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.