Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Masudi Juma Irambona yamaze gutanga ikirego kirega Rayon kumwirukana mu buryo bunyuranyije n’amategeko, akaba ayishyuza Miliyoni 58 Frw zirimo imishahara y’igihe cyari gisigaye ku masezerano ye.

Masudi Juma wahoze atoza Rayon Sports ikaza kumwirukana imushinja umusaruro udashimishije, yareze iyi kipe mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Uyu mutoza wari wazanywe na Rayon Sports ngo ayifashe mu mikino ya Shampiyona y’uyu mwaka, yabanje guhagarikwa n’iyi kipe mu kwezi k’Ukuboza 2021, nyuma y’uko iyi kipe itsinzwe imikino ikomeye irimo uwa APR FC ndetse n’uwa Kiyovu.

Uyu mutoza wabanje guhagarikwa ubwo shampiyona yari imaze gukinwa imikino irindwi, yaje kwirukanwa n’iyi kipe ubu yamaze no kuzana umutoza mukuru.

Masudi Juma utari utoje bwa mbere Rayon Sports, tariki 14 Werurwe 2022 yatanze ikirego muri FERWAFA.

Muri iki kirego, Masudi Juma yishyuza Rayon Sports Miliyoni 58 Frw arimo amafaranga yemerewe mu kumusinyisha ndetse n’ibirarane by’imishahara.

Masudi Juma wirukanywe ashinjwa ibirego birimo imyitwarire mibi, mu ibaruwa itanga ikirego, ivuga ko uyu mutoza atigeze yihanangirizwa cyangwa ngo asabwe ibisobanuro kuri iyo myitwarire nk’uko biteganywa n’amategeko ku buryo yakwirukanwa izo nzira zose zarabanje kuba.

Masudi n’umunyamategeko we Me Safari Ibrahim, bamenyesha FERWAFA ko uyu mutoza yirukanywe na Rayon Sports atanahawe integuza.

Muri iyi baruwa, bagaragaza ko Rayon Sports ikwiye kwishyura Masudi Miliyoni 40 z’umushahara w’amezi 20 yari asigaje ku gihe cyari kiri mu masezerano ye hakiyongeraho n’andi mafaranga arimo igihembo cy’umunyamategeko, byose bikagera muri Mliyoni 58 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

IFOTO: Meddy yerekanye umugore we akuriwe

Next Post

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.