Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Masudi Juma Irambona yamaze gutanga ikirego kirega Rayon kumwirukana mu buryo bunyuranyije n’amategeko, akaba ayishyuza Miliyoni 58 Frw zirimo imishahara y’igihe cyari gisigaye ku masezerano ye.

Masudi Juma wahoze atoza Rayon Sports ikaza kumwirukana imushinja umusaruro udashimishije, yareze iyi kipe mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Uyu mutoza wari wazanywe na Rayon Sports ngo ayifashe mu mikino ya Shampiyona y’uyu mwaka, yabanje guhagarikwa n’iyi kipe mu kwezi k’Ukuboza 2021, nyuma y’uko iyi kipe itsinzwe imikino ikomeye irimo uwa APR FC ndetse n’uwa Kiyovu.

Uyu mutoza wabanje guhagarikwa ubwo shampiyona yari imaze gukinwa imikino irindwi, yaje kwirukanwa n’iyi kipe ubu yamaze no kuzana umutoza mukuru.

Masudi Juma utari utoje bwa mbere Rayon Sports, tariki 14 Werurwe 2022 yatanze ikirego muri FERWAFA.

Muri iki kirego, Masudi Juma yishyuza Rayon Sports Miliyoni 58 Frw arimo amafaranga yemerewe mu kumusinyisha ndetse n’ibirarane by’imishahara.

Masudi Juma wirukanywe ashinjwa ibirego birimo imyitwarire mibi, mu ibaruwa itanga ikirego, ivuga ko uyu mutoza atigeze yihanangirizwa cyangwa ngo asabwe ibisobanuro kuri iyo myitwarire nk’uko biteganywa n’amategeko ku buryo yakwirukanwa izo nzira zose zarabanje kuba.

Masudi n’umunyamategeko we Me Safari Ibrahim, bamenyesha FERWAFA ko uyu mutoza yirukanywe na Rayon Sports atanahawe integuza.

Muri iyi baruwa, bagaragaza ko Rayon Sports ikwiye kwishyura Masudi Miliyoni 40 z’umushahara w’amezi 20 yari asigaje ku gihe cyari kiri mu masezerano ye hakiyongeraho n’andi mafaranga arimo igihembo cy’umunyamategeko, byose bikagera muri Mliyoni 58 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + three =

Previous Post

IFOTO: Meddy yerekanye umugore we akuriwe

Next Post

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.