Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo
Share on FacebookShare on Twitter

Masudi Juma Irambona yamaze gutanga ikirego kirega Rayon kumwirukana mu buryo bunyuranyije n’amategeko, akaba ayishyuza Miliyoni 58 Frw zirimo imishahara y’igihe cyari gisigaye ku masezerano ye.

Masudi Juma wahoze atoza Rayon Sports ikaza kumwirukana imushinja umusaruro udashimishije, yareze iyi kipe mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Uyu mutoza wari wazanywe na Rayon Sports ngo ayifashe mu mikino ya Shampiyona y’uyu mwaka, yabanje guhagarikwa n’iyi kipe mu kwezi k’Ukuboza 2021, nyuma y’uko iyi kipe itsinzwe imikino ikomeye irimo uwa APR FC ndetse n’uwa Kiyovu.

Uyu mutoza wabanje guhagarikwa ubwo shampiyona yari imaze gukinwa imikino irindwi, yaje kwirukanwa n’iyi kipe ubu yamaze no kuzana umutoza mukuru.

Masudi Juma utari utoje bwa mbere Rayon Sports, tariki 14 Werurwe 2022 yatanze ikirego muri FERWAFA.

Muri iki kirego, Masudi Juma yishyuza Rayon Sports Miliyoni 58 Frw arimo amafaranga yemerewe mu kumusinyisha ndetse n’ibirarane by’imishahara.

Masudi Juma wirukanywe ashinjwa ibirego birimo imyitwarire mibi, mu ibaruwa itanga ikirego, ivuga ko uyu mutoza atigeze yihanangirizwa cyangwa ngo asabwe ibisobanuro kuri iyo myitwarire nk’uko biteganywa n’amategeko ku buryo yakwirukanwa izo nzira zose zarabanje kuba.

Masudi n’umunyamategeko we Me Safari Ibrahim, bamenyesha FERWAFA ko uyu mutoza yirukanywe na Rayon Sports atanahawe integuza.

Muri iyi baruwa, bagaragaza ko Rayon Sports ikwiye kwishyura Masudi Miliyoni 40 z’umushahara w’amezi 20 yari asigaje ku gihe cyari kiri mu masezerano ye hakiyongeraho n’andi mafaranga arimo igihembo cy’umunyamategeko, byose bikagera muri Mliyoni 58 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

IFOTO: Meddy yerekanye umugore we akuriwe

Next Post

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.