Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
1
Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko yagaragaje impamvu zishobora gutuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’umwanzuro warwo nk’ibiherutse kuba mu rubanza ruregwamo Mugabekazi Liliane ukurikiranyweho gukora ibiterasoni mu ruhame.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022 ni bwo hari kuba hasomwe urubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo uyu mukobwa wagarutsweho cyane nyuma yo gukurikiranwaho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame kubera imyambarire ye yajyanye mu gitaramo igaragaza imyanya ye y’ibanga.

Gusa mu buryo butunguranye, uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasomwe nyuma y’amasaha ruburanishijwe kuko ku wa Gatanu tariki 19 Kanama rwasomwe, Urukiko rugafata icyemezo cyo kurekura uyu mukobwa.

Iki cyemezo cyasomwe itariki yari igenwe itageze, kibajijweho na bamwe barimo n’abataratinye kuvuga ko Umucamanza ashobora kuba yaragifashe kubera impaka zari zikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, za bamwe bifuzaga ko uyu mukobwa arekurwa.

Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko akaba n’umwarimu muri kaminuza mu bijyanye n’amategeko, Me Evode Kayitana, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko kuba Urukiko rwakwigiza imbere itariki yo gusomeraho icyemezo cyarwo, nta gikuba kiba cyacitse.

Agaragaza impamvu zishobora gutuma ibi biba, Me Evode Kayitana yagize ati “Umucamanza bashobora kuba bamushyize mu mahugurwa, ashobora kuba hari izindi manza nyinshi bamuhaye muri icyo cyumweru bikaba ngombwa ko avuga ati ‘reka nzisome hakiri kare’.”

Akomeza avuga kandi ko Urukiko rushobora no gusoma icyo cyemezo cyarwo mbere y’itariki rwari rwavuze, bisabwe n’Ubushinjacyaha.

Ati “Ubushinjacyaha hari igihe burega ariko bwageramo hagati bukabona butari bukwiye kuba bwaratanze icyo kirego bukaba bwanakwandikira Urukiko ko icyo kirego bukiretse…

Iyo Urukiko rubonye Ubushinjacyaha bwaretse icyo kirego kandi umuntu afunze yakagombye kuzasomerwa mu cyumweru gitaha ibijyanye n’ifunga n’ifungurwa bye, icyo gihe Urukiko rushobora guhita ruvuga ruti ‘wa muntu ufunze nimumusomere hakiri kare yitahire’.”

Uyu munyamategeko avuga ko iyi mpamvu iri mu zishobora kuba zaratumye ruriya rubanza ruregwamo Mugabekazi Liliane asomerwa mbere y’itariki yagombaga gusomerwaho.

Ati “Wenda hagati y’Urukiko n’Ubushinjacyaha bashobora kuba barumvikanye ko kiriya kirego cy’ifunga n’ifungurwa Ubushinjacyaha bukiretse.”

Kuri iki kirego kiregwamo Mugabekazi, uyu Munyamategeko avuga ko Ubushinjacyaha bushobora kuzatanga ikirego cyo mu mizi mu gihe bwabona ari ngombwa.

Gusa avuga ko uregwa we adashobora gusaba ko itariki yo kumusomera yigizwa imbere kuko bigoye ko yabona impamvu yashingiraho atanga icyo cyifuzo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Paul says:
    3 years ago

    Me Evode Kayitana turamwemera ariko kuri iyi ngingo yagakwiye kuba azana ingingo z’amategeko cg doctrines zisupportinga what he said, kuko aho duhita twibaza niba yisunze amategeko cg niba ari ibitekerezo bye bwite. Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Next Post

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.