Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
1
Me Evode ahishuye icyatuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’urubanza nk’ibyabaye kuri Liliane
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko yagaragaje impamvu zishobora gutuma Urukiko rwigiza imbere isomwa ry’umwanzuro warwo nk’ibiherutse kuba mu rubanza ruregwamo Mugabekazi Liliane ukurikiranyweho gukora ibiterasoni mu ruhame.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022 ni bwo hari kuba hasomwe urubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo uyu mukobwa wagarutsweho cyane nyuma yo gukurikiranwaho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame kubera imyambarire ye yajyanye mu gitaramo igaragaza imyanya ye y’ibanga.

Gusa mu buryo butunguranye, uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasomwe nyuma y’amasaha ruburanishijwe kuko ku wa Gatanu tariki 19 Kanama rwasomwe, Urukiko rugafata icyemezo cyo kurekura uyu mukobwa.

Iki cyemezo cyasomwe itariki yari igenwe itageze, kibajijweho na bamwe barimo n’abataratinye kuvuga ko Umucamanza ashobora kuba yaragifashe kubera impaka zari zikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, za bamwe bifuzaga ko uyu mukobwa arekurwa.

Umunyamategeko wunganira abandi mu nkiko akaba n’umwarimu muri kaminuza mu bijyanye n’amategeko, Me Evode Kayitana, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko kuba Urukiko rwakwigiza imbere itariki yo gusomeraho icyemezo cyarwo, nta gikuba kiba cyacitse.

Agaragaza impamvu zishobora gutuma ibi biba, Me Evode Kayitana yagize ati “Umucamanza bashobora kuba bamushyize mu mahugurwa, ashobora kuba hari izindi manza nyinshi bamuhaye muri icyo cyumweru bikaba ngombwa ko avuga ati ‘reka nzisome hakiri kare’.”

Akomeza avuga kandi ko Urukiko rushobora no gusoma icyo cyemezo cyarwo mbere y’itariki rwari rwavuze, bisabwe n’Ubushinjacyaha.

Ati “Ubushinjacyaha hari igihe burega ariko bwageramo hagati bukabona butari bukwiye kuba bwaratanze icyo kirego bukaba bwanakwandikira Urukiko ko icyo kirego bukiretse…

Iyo Urukiko rubonye Ubushinjacyaha bwaretse icyo kirego kandi umuntu afunze yakagombye kuzasomerwa mu cyumweru gitaha ibijyanye n’ifunga n’ifungurwa bye, icyo gihe Urukiko rushobora guhita ruvuga ruti ‘wa muntu ufunze nimumusomere hakiri kare yitahire’.”

Uyu munyamategeko avuga ko iyi mpamvu iri mu zishobora kuba zaratumye ruriya rubanza ruregwamo Mugabekazi Liliane asomerwa mbere y’itariki yagombaga gusomerwaho.

Ati “Wenda hagati y’Urukiko n’Ubushinjacyaha bashobora kuba barumvikanye ko kiriya kirego cy’ifunga n’ifungurwa Ubushinjacyaha bukiretse.”

Kuri iki kirego kiregwamo Mugabekazi, uyu Munyamategeko avuga ko Ubushinjacyaha bushobora kuzatanga ikirego cyo mu mizi mu gihe bwabona ari ngombwa.

Gusa avuga ko uregwa we adashobora gusaba ko itariki yo kumusomera yigizwa imbere kuko bigoye ko yabona impamvu yashingiraho atanga icyo cyifuzo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Paul says:
    3 years ago

    Me Evode Kayitana turamwemera ariko kuri iyi ngingo yagakwiye kuba azana ingingo z’amategeko cg doctrines zisupportinga what he said, kuko aho duhita twibaza niba yisunze amategeko cg niba ari ibitekerezo bye bwite. Murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 16 =

Previous Post

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Next Post

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Ntacyo bongeyeho- Abamotari baracyarira ngo ibiciro bishya byashyizweho biracyabagusha mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.