Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Harimo abakinnyi ba ruhago bafite amazina akomeye ku Isi, abakinnyi ba filimi, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abavuga rikumvikana ku mbuga nkoranyambaga. Ni urutonde rwa Forbes Afrique rugaragaraza abantu 30 bafite imyaka iri munsi ya 30, bakomoka ku mugabane wa Afurika, babaye intangarugero muri 2023.

Kylian Mbappe, Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, akaba asanzwe akina muri Paris Saint Germain. Ni umukinnyi ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa ariko ufite inkomoka ku ku Mugabane wa Afurika, muri Algeria no muri Cameroon.

Harimo kandi mugenzi we na we ufite izina rikomeye muri ruhago y’Isi, Eduardo Camavinga na we ufite ubwengihugu bw’u Bufaransa, akaba afite inkomoko muri Congo-Brazzaville.

Hari kandi Khaby Lane ukomoka muri Senegal, akaba afite ubwenegihugu bw’u Butaliyani. Azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, mu mashusho asetsa benshi, yibanda cyane mu by’umukino wa Footbal.

Uru rutonde kandi ruriho Ons Jabeur, Umunya-Tuniziyakazi, usanzwe ari rurangiranwa mu mukino wa Tennis.

Hakaba Julia Daka, usanzwe ari umuhanzi mu by’imideri, akaba anayimurika, akaba akomoka muri Mayotte.

Hariho kandi Victor Wembanyama, uri mu bakinnyi bakomeye mu mukino wa Basketball ku Isi, usanzwe afite inkomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba afite ubwenegihugu bw’u Bufaransa.

Hari kandi Withney Peak ukomoka muri Uganda, ariko unaba muri Canada, akaba asanzwe akora ibijyanye no kumurika imideri.

Uru rutonde rwa Forbes Afrique rw’Urubyiruko rukomeje kubera inyenyeri abandi, runariho William Ndja Elong ukomoka muri Cameroon, akaba yarashinze umuryango ngishwanama wa De Will& Brother.

Bimwe mu bigenderwaho mu gutoranya uru rubyiruko, ni ibikorwa by’indashyikirwa byabo, uruhare bagira mu kubera urugero abandi, uko bakomeza kuvugwa mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, n’uburyo bazikurikirwaho, ndetse n’uruhare rw’ibyo bakora cyangwa batangaza mu guhindura imyumvire ya benshi.

Gukusanya amakuru yavuyemo uru rutonde, byegeranyijwe kandi binakorwa n’inzobere mu gutunganya intonde, Élodie Vermeil afatanyije na Harley McKenson-Kenguéléwa.

Uru rutonde rusanzwe rukorwa, ruba rugamije gutera akanyabugabo uru rubyiruko mu bikorwa basanzwe bakora byiganjemo ubucuruzi n’ishoramari ndetse no guha imbaraga bagenzi babo ba rwiyemezamirimo.

Nanone kandi kimwe mu bishimirwa aba basore n’inkumi, ni uruhare bakomeza kugira mu kuzamura isura y’Umugabane wa Afurika ku ruhando mpuzamahanga, aho bakomeje kuba nk’ikiraro gihuza Isi n’uyu Mugabane baba bakomokaho.

Kylian Mbappe
Na Camavinga
Wembanyama ukomoka muri DRC
Khaby wamamaye ku mbuga nkoranyambaga
Whitney Peak ukomoka muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Next Post

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Related Posts

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

IZIHERUKA

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye
AMAHANGA

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

22/12/2025
Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.