Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Harimo abakinnyi ba ruhago bafite amazina akomeye ku Isi, abakinnyi ba filimi, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abavuga rikumvikana ku mbuga nkoranyambaga. Ni urutonde rwa Forbes Afrique rugaragaraza abantu 30 bafite imyaka iri munsi ya 30, bakomoka ku mugabane wa Afurika, babaye intangarugero muri 2023.

Kylian Mbappe, Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, akaba asanzwe akina muri Paris Saint Germain. Ni umukinnyi ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa ariko ufite inkomoka ku ku Mugabane wa Afurika, muri Algeria no muri Cameroon.

Harimo kandi mugenzi we na we ufite izina rikomeye muri ruhago y’Isi, Eduardo Camavinga na we ufite ubwengihugu bw’u Bufaransa, akaba afite inkomoko muri Congo-Brazzaville.

Hari kandi Khaby Lane ukomoka muri Senegal, akaba afite ubwenegihugu bw’u Butaliyani. Azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, mu mashusho asetsa benshi, yibanda cyane mu by’umukino wa Footbal.

Uru rutonde kandi ruriho Ons Jabeur, Umunya-Tuniziyakazi, usanzwe ari rurangiranwa mu mukino wa Tennis.

Hakaba Julia Daka, usanzwe ari umuhanzi mu by’imideri, akaba anayimurika, akaba akomoka muri Mayotte.

Hariho kandi Victor Wembanyama, uri mu bakinnyi bakomeye mu mukino wa Basketball ku Isi, usanzwe afite inkomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba afite ubwenegihugu bw’u Bufaransa.

Hari kandi Withney Peak ukomoka muri Uganda, ariko unaba muri Canada, akaba asanzwe akora ibijyanye no kumurika imideri.

Uru rutonde rwa Forbes Afrique rw’Urubyiruko rukomeje kubera inyenyeri abandi, runariho William Ndja Elong ukomoka muri Cameroon, akaba yarashinze umuryango ngishwanama wa De Will& Brother.

Bimwe mu bigenderwaho mu gutoranya uru rubyiruko, ni ibikorwa by’indashyikirwa byabo, uruhare bagira mu kubera urugero abandi, uko bakomeza kuvugwa mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, n’uburyo bazikurikirwaho, ndetse n’uruhare rw’ibyo bakora cyangwa batangaza mu guhindura imyumvire ya benshi.

Gukusanya amakuru yavuyemo uru rutonde, byegeranyijwe kandi binakorwa n’inzobere mu gutunganya intonde, Élodie Vermeil afatanyije na Harley McKenson-Kenguéléwa.

Uru rutonde rusanzwe rukorwa, ruba rugamije gutera akanyabugabo uru rubyiruko mu bikorwa basanzwe bakora byiganjemo ubucuruzi n’ishoramari ndetse no guha imbaraga bagenzi babo ba rwiyemezamirimo.

Nanone kandi kimwe mu bishimirwa aba basore n’inkumi, ni uruhare bakomeza kugira mu kuzamura isura y’Umugabane wa Afurika ku ruhando mpuzamahanga, aho bakomeje kuba nk’ikiraro gihuza Isi n’uyu Mugabane baba bakomokaho.

Kylian Mbappe
Na Camavinga
Wembanyama ukomoka muri DRC
Khaby wamamaye ku mbuga nkoranyambaga
Whitney Peak ukomoka muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − eight =

Previous Post

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Next Post

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.