Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Harimo abakinnyi ba ruhago bafite amazina akomeye ku Isi, abakinnyi ba filimi, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abavuga rikumvikana ku mbuga nkoranyambaga. Ni urutonde rwa Forbes Afrique rugaragaraza abantu 30 bafite imyaka iri munsi ya 30, bakomoka ku mugabane wa Afurika, babaye intangarugero muri 2023.

Kylian Mbappe, Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, akaba asanzwe akina muri Paris Saint Germain. Ni umukinnyi ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa ariko ufite inkomoka ku ku Mugabane wa Afurika, muri Algeria no muri Cameroon.

Harimo kandi mugenzi we na we ufite izina rikomeye muri ruhago y’Isi, Eduardo Camavinga na we ufite ubwengihugu bw’u Bufaransa, akaba afite inkomoko muri Congo-Brazzaville.

Hari kandi Khaby Lane ukomoka muri Senegal, akaba afite ubwenegihugu bw’u Butaliyani. Azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, mu mashusho asetsa benshi, yibanda cyane mu by’umukino wa Footbal.

Uru rutonde kandi ruriho Ons Jabeur, Umunya-Tuniziyakazi, usanzwe ari rurangiranwa mu mukino wa Tennis.

Hakaba Julia Daka, usanzwe ari umuhanzi mu by’imideri, akaba anayimurika, akaba akomoka muri Mayotte.

Hariho kandi Victor Wembanyama, uri mu bakinnyi bakomeye mu mukino wa Basketball ku Isi, usanzwe afite inkomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba afite ubwenegihugu bw’u Bufaransa.

Hari kandi Withney Peak ukomoka muri Uganda, ariko unaba muri Canada, akaba asanzwe akora ibijyanye no kumurika imideri.

Uru rutonde rwa Forbes Afrique rw’Urubyiruko rukomeje kubera inyenyeri abandi, runariho William Ndja Elong ukomoka muri Cameroon, akaba yarashinze umuryango ngishwanama wa De Will& Brother.

Bimwe mu bigenderwaho mu gutoranya uru rubyiruko, ni ibikorwa by’indashyikirwa byabo, uruhare bagira mu kubera urugero abandi, uko bakomeza kuvugwa mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, n’uburyo bazikurikirwaho, ndetse n’uruhare rw’ibyo bakora cyangwa batangaza mu guhindura imyumvire ya benshi.

Gukusanya amakuru yavuyemo uru rutonde, byegeranyijwe kandi binakorwa n’inzobere mu gutunganya intonde, Élodie Vermeil afatanyije na Harley McKenson-Kenguéléwa.

Uru rutonde rusanzwe rukorwa, ruba rugamije gutera akanyabugabo uru rubyiruko mu bikorwa basanzwe bakora byiganjemo ubucuruzi n’ishoramari ndetse no guha imbaraga bagenzi babo ba rwiyemezamirimo.

Nanone kandi kimwe mu bishimirwa aba basore n’inkumi, ni uruhare bakomeza kugira mu kuzamura isura y’Umugabane wa Afurika ku ruhando mpuzamahanga, aho bakomeje kuba nk’ikiraro gihuza Isi n’uyu Mugabane baba bakomokaho.

Kylian Mbappe
Na Camavinga
Wembanyama ukomoka muri DRC
Khaby wamamaye ku mbuga nkoranyambaga
Whitney Peak ukomoka muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Next Post

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.