Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bagenzi be bo mu karere barimo Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu nama yiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, yemeje ko hagomba kubyutswa ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC.

Iyi nama yabereye i Addis Ababa ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho aba Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Inteko Rusange isanzwe ya 37 y’uyu Muryango.

Baboneyeho guhurira mu nama itaguye yayobowe na Perezida wa Angola, João Lourenço usanzwe ari umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko iyi nama “yari igamije gushakira umuti imizi y’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa DRC, irimo imiyoborere mibi, irondabwoko ndetse n’ibikorwa by’ihohoterwa.”

Uretse Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bari muri iyi nama, yarimo kandi Perezida William Ruto wa Kenya, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, João Lourenço wa Angola wari uyiyoboye, ndetse na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Perezida wa Angola, João Lourenço agaruka ku ntego y’iyi nama, yavuze ko igamije gushaka uburyo intambara ihanganishije FARDC na M23, ihagarara, kandi hakongera kuba ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC.

Yagize ati “Hagomba no kurebwa inzira z’ibiganiro bihuza Perezida Paul Kagame na mugenzi we Tshisekedi kuko ibibazo by’umutekano bikomeje gukaza umurego.”

Perezida Felix Tshisekedi wakunze gushinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by’umutekano biri mu Gihugu cye, muri iyi nama yongeye kubivuga nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC.

Perezidansi ya DRC, ivuga ko “Iyi nama yaganiriye kandi ku kongera kubura ibiganiro byubaka kandi by’ubwiyunge hagati ya RDC n’u Rwanda, guhagarika imirwano byihuse ndetse no kuba M23 yava mu bice yafashe, hagatangizwa uburyo bwo gusubiza mu buryo uyu mutwe.”

Iyi nama ibaye mu gihe imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC yarafashe indi sura, nyuma y’uko DRC yiyambaje izindi ngabo zirimo iz’u Burundi ndetse n’iza SADC, zose zikomeje kurwana zinafatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR.

Iyi nama ibaye kandi nyuma y’amezi abiri Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yongeye kuvuga ko naramuka yongeye gutorerwa manda ye ya kabiri, yanamaze gutsindira, azatera u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abayobozi bakuru bayo nka Perezida Paul Kagame wakunze kugaragaza ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, yanavuze ko ruzakomeza kurinda ubusugire bwarwo, ku buryo nta cyahungabanya umutekano w’Abaturarwanda, kuko uko cyaza kimeze kose, inzego z’umutekano z’u Rwanda zihagaze bwuma, kuba zagisubizayo.

Perezida Kagame yari muri iyi nama
Na Tshisekedi
Iyi nama yayobowe na Perezida wa Angola
Na William Ruto wa Kenya yarimo
Yarimo kandi na Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 19 =

Previous Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

Next Post

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Related Posts

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry'Inkambi ya Kigeme

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.