Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bagenzi be bo mu karere barimo Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu nama yiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, yemeje ko hagomba kubyutswa ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC.

Iyi nama yabereye i Addis Ababa ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho aba Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Inteko Rusange isanzwe ya 37 y’uyu Muryango.

Baboneyeho guhurira mu nama itaguye yayobowe na Perezida wa Angola, João Lourenço usanzwe ari umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko iyi nama “yari igamije gushakira umuti imizi y’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa DRC, irimo imiyoborere mibi, irondabwoko ndetse n’ibikorwa by’ihohoterwa.”

Uretse Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bari muri iyi nama, yarimo kandi Perezida William Ruto wa Kenya, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, João Lourenço wa Angola wari uyiyoboye, ndetse na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Perezida wa Angola, João Lourenço agaruka ku ntego y’iyi nama, yavuze ko igamije gushaka uburyo intambara ihanganishije FARDC na M23, ihagarara, kandi hakongera kuba ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC.

Yagize ati “Hagomba no kurebwa inzira z’ibiganiro bihuza Perezida Paul Kagame na mugenzi we Tshisekedi kuko ibibazo by’umutekano bikomeje gukaza umurego.”

Perezida Felix Tshisekedi wakunze gushinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by’umutekano biri mu Gihugu cye, muri iyi nama yongeye kubivuga nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC.

Perezidansi ya DRC, ivuga ko “Iyi nama yaganiriye kandi ku kongera kubura ibiganiro byubaka kandi by’ubwiyunge hagati ya RDC n’u Rwanda, guhagarika imirwano byihuse ndetse no kuba M23 yava mu bice yafashe, hagatangizwa uburyo bwo gusubiza mu buryo uyu mutwe.”

Iyi nama ibaye mu gihe imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC yarafashe indi sura, nyuma y’uko DRC yiyambaje izindi ngabo zirimo iz’u Burundi ndetse n’iza SADC, zose zikomeje kurwana zinafatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR.

Iyi nama ibaye kandi nyuma y’amezi abiri Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yongeye kuvuga ko naramuka yongeye gutorerwa manda ye ya kabiri, yanamaze gutsindira, azatera u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abayobozi bakuru bayo nka Perezida Paul Kagame wakunze kugaragaza ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, yanavuze ko ruzakomeza kurinda ubusugire bwarwo, ku buryo nta cyahungabanya umutekano w’Abaturarwanda, kuko uko cyaza kimeze kose, inzego z’umutekano z’u Rwanda zihagaze bwuma, kuba zagisubizayo.

Perezida Kagame yari muri iyi nama
Na Tshisekedi
Iyi nama yayobowe na Perezida wa Angola
Na William Ruto wa Kenya yarimo
Yarimo kandi na Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

Next Post

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry'Inkambi ya Kigeme

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.