Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ibyemerejwe mu nama yarimo Abakuru b’Ibihugu barimo Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na bagenzi be bo mu karere barimo Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye mu nama yiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, yemeje ko hagomba kubyutswa ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC.

Iyi nama yabereye i Addis Ababa ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho aba Bakuru b’Ibihugu bitabiriye Inteko Rusange isanzwe ya 37 y’uyu Muryango.

Baboneyeho guhurira mu nama itaguye yayobowe na Perezida wa Angola, João Lourenço usanzwe ari umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko iyi nama “yari igamije gushakira umuti imizi y’ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa DRC, irimo imiyoborere mibi, irondabwoko ndetse n’ibikorwa by’ihohoterwa.”

Uretse Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bari muri iyi nama, yarimo kandi Perezida William Ruto wa Kenya, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, João Lourenço wa Angola wari uyiyoboye, ndetse na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Perezida wa Angola, João Lourenço agaruka ku ntego y’iyi nama, yavuze ko igamije gushaka uburyo intambara ihanganishije FARDC na M23, ihagarara, kandi hakongera kuba ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC.

Yagize ati “Hagomba no kurebwa inzira z’ibiganiro bihuza Perezida Paul Kagame na mugenzi we Tshisekedi kuko ibibazo by’umutekano bikomeje gukaza umurego.”

Perezida Felix Tshisekedi wakunze gushinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by’umutekano biri mu Gihugu cye, muri iyi nama yongeye kubivuga nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC.

Perezidansi ya DRC, ivuga ko “Iyi nama yaganiriye kandi ku kongera kubura ibiganiro byubaka kandi by’ubwiyunge hagati ya RDC n’u Rwanda, guhagarika imirwano byihuse ndetse no kuba M23 yava mu bice yafashe, hagatangizwa uburyo bwo gusubiza mu buryo uyu mutwe.”

Iyi nama ibaye mu gihe imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC yarafashe indi sura, nyuma y’uko DRC yiyambaje izindi ngabo zirimo iz’u Burundi ndetse n’iza SADC, zose zikomeje kurwana zinafatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR.

Iyi nama ibaye kandi nyuma y’amezi abiri Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yongeye kuvuga ko naramuka yongeye gutorerwa manda ye ya kabiri, yanamaze gutsindira, azatera u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abayobozi bakuru bayo nka Perezida Paul Kagame wakunze kugaragaza ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, yanavuze ko ruzakomeza kurinda ubusugire bwarwo, ku buryo nta cyahungabanya umutekano w’Abaturarwanda, kuko uko cyaza kimeze kose, inzego z’umutekano z’u Rwanda zihagaze bwuma, kuba zagisubizayo.

Perezida Kagame yari muri iyi nama
Na Tshisekedi
Iyi nama yayobowe na Perezida wa Angola
Na William Ruto wa Kenya yarimo
Yarimo kandi na Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − six =

Previous Post

Bwa mbere u Rwanda rwavuze ku kuba Igisirikare cy’u Burundi cyarinjiye mu bufatanye burimo FDLR

Next Post

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry'Inkambi ya Kigeme

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.