Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunyekongo, Héritier Nzinga Luvumbu uherutse kugaragaza ikimenyetso cyo kuvanga politiki na ruhago mu Rwanda, akanifatirwaho icyemezo na FERWAFA, ikipe ya Rayon Sports yakiniraga, na yo yatangaje ko batandukanye ku bwumvikane.

Ni nyuma y’imyitwarire yagaragaje ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yatsindaga igitego mu mukino wari wahuje Rayon Sports na Police FC, akakishimira akora ikimenyetso nk’ikimaze iminsi gikorwa n’abayobozi muri Congo kigaragazamo kwikoma u Rwanda.

Nk’uko abakinnyi bagenzi be bari mu gikombe cya Afurika babigenge, bashyize ikiganza cy’iburyo ku munwa bawupfutse, mu gihe intoki z’ukuboko kw’imoso ziba zitunze ku gahanga, Luvumbu na we ni ko yabigenje.

Nyuma y’iyi myitwarire yamaganiwe kure na bamwe mu Banyarwanda, ikipe yakiniraga ya Rayon Sports yatangaje ko yitandukanyije na we, mu butumwa yatanze ku wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024.

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na ryo ryatangaje ko Héritier Nzinga Luvumbu ahagaritswe mu bikorwa bya ruhago mu Rwanda mu gihe cy’igice cy’umwaka.

Itangazo rya FERWAFA ryagiye hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko icyo cyemezo gishingiye ku kuba “Héritier Nzinga Luvumbu yaragagaye yerekana ibimenyetso bijyanye na Politiki bihabanye n’amategeko shingiro n’amategeko ngengamyitwarire ya FERWAFA, CAF na FIFA, abuza gukoresha ibimenyetso cyangwa amagambo bya politiki mu mupira w’amaguru.”

Nyuma y’amasaha atanu FERWAFA ishyize hanze iri tangazo, ubuyobozi bwa Rayon Sports na bwo bwahise bushyira hanze irindi, buvuga ko “Ku bwumvikane bw’impande zombi, Rayon Sports yatandukanye n’umukinnyi Héritier Luvumbu Nzinga.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze igihe bushinja u Rwanda guteza ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’iki Gihugu, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda itahwemye kubihakana.

Ubwo Perezida Felix Tshisekedi yakiraga ikipe y’iki Gihugu yegukanye umwanya wa kane mu gikombe cya Afurika, yashimiye abakinnyi kuba barifatanyije n’Igihugu cyabo ngo kwamagana ubushotoranyi bakorerwa n’u Rwanda dore ko na bo berekanye icyo kimenyetso mu mukino wa 1/2 wahuje DRC na Cote d’Ivore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Next Post

Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Related Posts

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.