Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunyekongo, Héritier Nzinga Luvumbu uherutse kugaragaza ikimenyetso cyo kuvanga politiki na ruhago mu Rwanda, akanifatirwaho icyemezo na FERWAFA, ikipe ya Rayon Sports yakiniraga, na yo yatangaje ko batandukanye ku bwumvikane.

Ni nyuma y’imyitwarire yagaragaje ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yatsindaga igitego mu mukino wari wahuje Rayon Sports na Police FC, akakishimira akora ikimenyetso nk’ikimaze iminsi gikorwa n’abayobozi muri Congo kigaragazamo kwikoma u Rwanda.

Nk’uko abakinnyi bagenzi be bari mu gikombe cya Afurika babigenge, bashyize ikiganza cy’iburyo ku munwa bawupfutse, mu gihe intoki z’ukuboko kw’imoso ziba zitunze ku gahanga, Luvumbu na we ni ko yabigenje.

Nyuma y’iyi myitwarire yamaganiwe kure na bamwe mu Banyarwanda, ikipe yakiniraga ya Rayon Sports yatangaje ko yitandukanyije na we, mu butumwa yatanze ku wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024.

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na ryo ryatangaje ko Héritier Nzinga Luvumbu ahagaritswe mu bikorwa bya ruhago mu Rwanda mu gihe cy’igice cy’umwaka.

Itangazo rya FERWAFA ryagiye hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko icyo cyemezo gishingiye ku kuba “Héritier Nzinga Luvumbu yaragagaye yerekana ibimenyetso bijyanye na Politiki bihabanye n’amategeko shingiro n’amategeko ngengamyitwarire ya FERWAFA, CAF na FIFA, abuza gukoresha ibimenyetso cyangwa amagambo bya politiki mu mupira w’amaguru.”

Nyuma y’amasaha atanu FERWAFA ishyize hanze iri tangazo, ubuyobozi bwa Rayon Sports na bwo bwahise bushyira hanze irindi, buvuga ko “Ku bwumvikane bw’impande zombi, Rayon Sports yatandukanye n’umukinnyi Héritier Luvumbu Nzinga.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze igihe bushinja u Rwanda guteza ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’iki Gihugu, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda itahwemye kubihakana.

Ubwo Perezida Felix Tshisekedi yakiraga ikipe y’iki Gihugu yegukanye umwanya wa kane mu gikombe cya Afurika, yashimiye abakinnyi kuba barifatanyije n’Igihugu cyabo ngo kwamagana ubushotoranyi bakorerwa n’u Rwanda dore ko na bo berekanye icyo kimenyetso mu mukino wa 1/2 wahuje DRC na Cote d’Ivore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Next Post

Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.