Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
14/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya ibyemezo bibiri bikurikirana nyuma ny’ibyagaragajwe n’umukinnyi w’Umunyekongo byamaganiwe kure mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunyekongo, Héritier Nzinga Luvumbu uherutse kugaragaza ikimenyetso cyo kuvanga politiki na ruhago mu Rwanda, akanifatirwaho icyemezo na FERWAFA, ikipe ya Rayon Sports yakiniraga, na yo yatangaje ko batandukanye ku bwumvikane.

Ni nyuma y’imyitwarire yagaragaje ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yatsindaga igitego mu mukino wari wahuje Rayon Sports na Police FC, akakishimira akora ikimenyetso nk’ikimaze iminsi gikorwa n’abayobozi muri Congo kigaragazamo kwikoma u Rwanda.

Nk’uko abakinnyi bagenzi be bari mu gikombe cya Afurika babigenge, bashyize ikiganza cy’iburyo ku munwa bawupfutse, mu gihe intoki z’ukuboko kw’imoso ziba zitunze ku gahanga, Luvumbu na we ni ko yabigenje.

Nyuma y’iyi myitwarire yamaganiwe kure na bamwe mu Banyarwanda, ikipe yakiniraga ya Rayon Sports yatangaje ko yitandukanyije na we, mu butumwa yatanze ku wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024.

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na ryo ryatangaje ko Héritier Nzinga Luvumbu ahagaritswe mu bikorwa bya ruhago mu Rwanda mu gihe cy’igice cy’umwaka.

Itangazo rya FERWAFA ryagiye hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko icyo cyemezo gishingiye ku kuba “Héritier Nzinga Luvumbu yaragagaye yerekana ibimenyetso bijyanye na Politiki bihabanye n’amategeko shingiro n’amategeko ngengamyitwarire ya FERWAFA, CAF na FIFA, abuza gukoresha ibimenyetso cyangwa amagambo bya politiki mu mupira w’amaguru.”

Nyuma y’amasaha atanu FERWAFA ishyize hanze iri tangazo, ubuyobozi bwa Rayon Sports na bwo bwahise bushyira hanze irindi, buvuga ko “Ku bwumvikane bw’impande zombi, Rayon Sports yatandukanye n’umukinnyi Héritier Luvumbu Nzinga.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze igihe bushinja u Rwanda guteza ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’iki Gihugu, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda itahwemye kubihakana.

Ubwo Perezida Felix Tshisekedi yakiraga ikipe y’iki Gihugu yegukanye umwanya wa kane mu gikombe cya Afurika, yashimiye abakinnyi kuba barifatanyije n’Igihugu cyabo ngo kwamagana ubushotoranyi bakorerwa n’u Rwanda dore ko na bo berekanye icyo kimenyetso mu mukino wa 1/2 wahuje DRC na Cote d’Ivore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 2 =

Previous Post

Hatangajwe icyo Papa Francis yaganiriye na Perezida wa Tanzania

Next Post

Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Rusizi: Abararaga ahatumaga burinda bucya batagohetse ubu bararyama ijoro rikababana rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.