Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira y’Itorero EAR, uregwa ibyaha birimo icyo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, cyangwa icyenewabo, yongeye kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu gihe urubanza rwa mbere rwari rwapfundikiwe ariko Umucamanza waruburanishije akarwikuramo.

Urubanza rwa mbere rwabaye mu cyumweru gishize tariki 06 Gashyantare ndetse ruhita rupfundikirwa, aho Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwari rwatangaje ko ruzasoma icyemezo cyarwo tariki 11 Gashyantare 2025.

Gusa icyemezo cy’Urukiko nticyasomwe kuko Umucamanza waburanishije uru rubanza yarwikuyemo, bituma rwongera kuburanishwa bundi bushya, ariko ibyatangajwe mu rubanza rwa mbere bigakomeza kugira agaciro.

Muri iri buranisha ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025, uruhande rw’uregwa rwatangiye rugaragaza inzitizi, aho rwavuze ko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko nubwo baburana n’Ubushinjacyaha ariko butagaragaje ibikubiye mu kirego cyabwo ahubwo ko bugendera ku buhamya bwatangiwe mu Bugenzacyaha.

Ubushinjacyaha bwahakanye aya makuru yatanzwe n’uruhande rw’uregwa, buvuga ko ibyatangarijwe mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, byose byashyizwe muri sisiteme, mu gihe uruhande rw’uregwa rwo rwakomeje gutsimbarara ko muri sisiteme rutabonamo ibyo mu Bushinjacyaha ahubwo ko harimo ibyo mu Bugenzacyaha gusa.

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, icyaha cyo kunyereza umutungo, n’icyaha cyo kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko.

Ku bivugwa ko yari yihaye isoko ryo kugemurira aba amagi mu rwego rwo kurwanya imirire mubi muri Diyoseze ya Shyira, akabikora abinyujije mu mushinga w’umugore we nyuma yo gusesa iryari risanzwe, Musenyeri Mugisha yavuze ko iryo soko ryasubitswe rikongera gupiganirwa ndetse rigatsindirwa n’umuntu atibuka amazina.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko imodoka y’uregwa ari yo yakoreshwaga mu kubaka inyubako ya Diyoseze mu mujyi wa Musanze.

Uregwa yavuze ko iyo modoka ivugwa ko ari ye yari yayihaye umushoferi uyikodesha, ariko ko atamenya ko yigeze gukora imirimo muri ibyo bikorwa byo kubaka iyi nyubako.

Uregwa ndetse n’umwuganizi we, bongeye gusaba ko yakurikiranwa ari hanze, ndetse batanga n’ingwate zirimo ifite agaciro ka Miliyoni 60 Frw.

Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwahise rupfundikira urubanza, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku ifungwa ry’agateganyo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025.

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel yahoze ayobora Diyoseze-EAR Shyira
Kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezwaga ku Rukiko (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Next Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.