Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wayoboraga Diyoseze ya Shyira y’Itorero EAR, uregwa ibyaha birimo icyo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, cyangwa icyenewabo, yongeye kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu gihe urubanza rwa mbere rwari rwapfundikiwe ariko Umucamanza waruburanishije akarwikuramo.

Urubanza rwa mbere rwabaye mu cyumweru gishize tariki 06 Gashyantare ndetse ruhita rupfundikirwa, aho Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwari rwatangaje ko ruzasoma icyemezo cyarwo tariki 11 Gashyantare 2025.

Gusa icyemezo cy’Urukiko nticyasomwe kuko Umucamanza waburanishije uru rubanza yarwikuyemo, bituma rwongera kuburanishwa bundi bushya, ariko ibyatangajwe mu rubanza rwa mbere bigakomeza kugira agaciro.

Muri iri buranisha ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025, uruhande rw’uregwa rwatangiye rugaragaza inzitizi, aho rwavuze ko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko nubwo baburana n’Ubushinjacyaha ariko butagaragaje ibikubiye mu kirego cyabwo ahubwo ko bugendera ku buhamya bwatangiwe mu Bugenzacyaha.

Ubushinjacyaha bwahakanye aya makuru yatanzwe n’uruhande rw’uregwa, buvuga ko ibyatangarijwe mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha, byose byashyizwe muri sisiteme, mu gihe uruhande rw’uregwa rwo rwakomeje gutsimbarara ko muri sisiteme rutabonamo ibyo mu Bushinjacyaha ahubwo ko harimo ibyo mu Bugenzacyaha gusa.

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo gufata icyemezo harimo itonesha, ubucuti, urwango, ikimenyane cyangwa icyenewabo, icyaha cyo kunyereza umutungo, n’icyaha cyo kwiha inyungu zinyuranyije n’amategeko.

Ku bivugwa ko yari yihaye isoko ryo kugemurira aba amagi mu rwego rwo kurwanya imirire mubi muri Diyoseze ya Shyira, akabikora abinyujije mu mushinga w’umugore we nyuma yo gusesa iryari risanzwe, Musenyeri Mugisha yavuze ko iryo soko ryasubitswe rikongera gupiganirwa ndetse rigatsindirwa n’umuntu atibuka amazina.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko imodoka y’uregwa ari yo yakoreshwaga mu kubaka inyubako ya Diyoseze mu mujyi wa Musanze.

Uregwa yavuze ko iyo modoka ivugwa ko ari ye yari yayihaye umushoferi uyikodesha, ariko ko atamenya ko yigeze gukora imirimo muri ibyo bikorwa byo kubaka iyi nyubako.

Uregwa ndetse n’umwuganizi we, bongeye gusaba ko yakurikiranwa ari hanze, ndetse batanga n’ingwate zirimo ifite agaciro ka Miliyoni 60 Frw.

Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwahise rupfundikira urubanza, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku ifungwa ry’agateganyo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025.

Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel yahoze ayobora Diyoseze-EAR Shyira
Kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezwaga ku Rukiko (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

Next Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.