Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere mu mateka y’Ingabo z’u Rwanda, hakozwe umwiyereko mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kuva utangiye kugeza uhumuje. Ni ibintu byanyuze Abanyarwanda benshi basanzwe bakunda uru rwego rw’Umutekano ruzwiho ubudakemwa, rwagize icyo ruvubivugaho ndetse n’ikigiye gukurikiraho.

Tariki 15 Mata 2024, RDF yongeye kugaragarizwa ko yigaruriye igikundiro cya benshi, by’umwihariko ubwo bagaragazaga ko banyuzwe no kuba akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda kakozwe mu Kinyarwanda ijambo ku rindi, mu gihe byari bimenyerewe ko gakorwa mu Kiswahili n’icyongereza.

Ni akarasisi kakozwe ubwo abasirikare 624 basozaga amasomo n’imyitozo mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, wahaye ipeti rya Sous Lieutenant aba basirikare.

Bamwe ntibatinye no kuvuga ko bishimangira kwigira kw’Abanyarwanda no guha agaciro Ururimi kavukire rwabo nk’uko Perezida Paul Kagame adahwema kubibashishikariza.

 

Akarasisi ko mu Kinyarwanda kaje gate?

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col Simon Kabera, avuga ko Ingabo z’u Rwanda nk’Urwego rw’Abanyarwanda, rwemerewe gukoresha indimi zose ziteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rya 2003 ryavuguruwe muri 2015.

Avuga ko ariko nanone Ururimi rw’Ikinyarwanda ari rwo rubasha kumvwa n’Abanyarwanda benshi kurusha izindi ndimi ziteganywa n’Itegeko Nshinga, bityo ko ntacyabuza RDF kurukoresha nko mu birori nka biriya biba bikurikiwe kandi bikorewe Abanyarwanda.

Ati “Abanyarwanda benshi ni abashobora kumva Ikinyarwanda, kandi ibirori biba byakorewe Abanyarwanda, harimo ababyeyi baba bavuye hirya no hino kureba ibirori by’abana babo.”

Akomeza agira ati “Ni ishema rikomeye kuko baba bashobora kumva uko akarasisi karushaho gukorwa mu Kinyarwanda.”

Lt Col Simon Kabera avuga ko kandi kuba aka karasisi karakozwe mu Kinyarwanda bigashoboka, ndetse n’Abanyarwanda bakabyishimira, ari iby’agaciro.

Ati “Niba byashoboye gukorwa tukabona abantu baranabyishimiye, nta mpamvu dushobora kubireka, ahubwo tuzabikomeza, kandi bijyanye n’icyerekezo cy’Umukuru w’Igihugu.”

Umuvugizi Wungirije wa RDF avuga kandi ko nta mpungenge zihari ku banyeshuri b’abanyamahanga bazajya baza kwiga muri iri shuri rya Gako, kuko n’ubusanzwe amagambo akoreshwa mu karasisi, aba ari macye ku buryo atabananira kuyumva no kuyakurikiza.

Nanone kandi ku ngabo z’u Rwanda zizajya zijya mu butumwa mu Bihugu bitandukanye, Lt Co Simon Kabera avuga ko ntakizazibuza gukora akarasisi mu Kinyarwanda, kuko aho zijya hose zigenda mu mwambaro w’umuco w’Igihugu cyabo.

Perezida Kagame ni we wayoboye uyu muhango

Akarasisi ka mbere ka RDF kakozwe mu Kinyarwanda
Mu basoje harimo abari bagera muri 50
Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col Simon Kabera ni na we wari umusangiza w’ibiganiro muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + eight =

Previous Post

Huye: Urujijo ku rupfu rw’uvugwaho ubujura basanze umurambo we mu muhanda rwagati

Next Post

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n'inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry'ibiciro byawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.