Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya icyo RDF ivuga ku karasisi kayo kabaye bwa mbere mu Kinyarwanda n’icyatumye ibikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bwa mbere mu mateka y’Ingabo z’u Rwanda, hakozwe umwiyereko mu rurimi rw’Ikinyarwanda, kuva utangiye kugeza uhumuje. Ni ibintu byanyuze Abanyarwanda benshi basanzwe bakunda uru rwego rw’Umutekano ruzwiho ubudakemwa, rwagize icyo ruvubivugaho ndetse n’ikigiye gukurikiraho.

Tariki 15 Mata 2024, RDF yongeye kugaragarizwa ko yigaruriye igikundiro cya benshi, by’umwihariko ubwo bagaragazaga ko banyuzwe no kuba akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda kakozwe mu Kinyarwanda ijambo ku rindi, mu gihe byari bimenyerewe ko gakorwa mu Kiswahili n’icyongereza.

Ni akarasisi kakozwe ubwo abasirikare 624 basozaga amasomo n’imyitozo mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, wahaye ipeti rya Sous Lieutenant aba basirikare.

Bamwe ntibatinye no kuvuga ko bishimangira kwigira kw’Abanyarwanda no guha agaciro Ururimi kavukire rwabo nk’uko Perezida Paul Kagame adahwema kubibashishikariza.

 

Akarasisi ko mu Kinyarwanda kaje gate?

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col Simon Kabera, avuga ko Ingabo z’u Rwanda nk’Urwego rw’Abanyarwanda, rwemerewe gukoresha indimi zose ziteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rya 2003 ryavuguruwe muri 2015.

Avuga ko ariko nanone Ururimi rw’Ikinyarwanda ari rwo rubasha kumvwa n’Abanyarwanda benshi kurusha izindi ndimi ziteganywa n’Itegeko Nshinga, bityo ko ntacyabuza RDF kurukoresha nko mu birori nka biriya biba bikurikiwe kandi bikorewe Abanyarwanda.

Ati “Abanyarwanda benshi ni abashobora kumva Ikinyarwanda, kandi ibirori biba byakorewe Abanyarwanda, harimo ababyeyi baba bavuye hirya no hino kureba ibirori by’abana babo.”

Akomeza agira ati “Ni ishema rikomeye kuko baba bashobora kumva uko akarasisi karushaho gukorwa mu Kinyarwanda.”

Lt Col Simon Kabera avuga ko kandi kuba aka karasisi karakozwe mu Kinyarwanda bigashoboka, ndetse n’Abanyarwanda bakabyishimira, ari iby’agaciro.

Ati “Niba byashoboye gukorwa tukabona abantu baranabyishimiye, nta mpamvu dushobora kubireka, ahubwo tuzabikomeza, kandi bijyanye n’icyerekezo cy’Umukuru w’Igihugu.”

Umuvugizi Wungirije wa RDF avuga kandi ko nta mpungenge zihari ku banyeshuri b’abanyamahanga bazajya baza kwiga muri iri shuri rya Gako, kuko n’ubusanzwe amagambo akoreshwa mu karasisi, aba ari macye ku buryo atabananira kuyumva no kuyakurikiza.

Nanone kandi ku ngabo z’u Rwanda zizajya zijya mu butumwa mu Bihugu bitandukanye, Lt Co Simon Kabera avuga ko ntakizazibuza gukora akarasisi mu Kinyarwanda, kuko aho zijya hose zigenda mu mwambaro w’umuco w’Igihugu cyabo.

Perezida Kagame ni we wayoboye uyu muhango

Akarasisi ka mbere ka RDF kakozwe mu Kinyarwanda
Mu basoje harimo abari bagera muri 50
Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col Simon Kabera ni na we wari umusangiza w’ibiganiro muri uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Huye: Urujijo ku rupfu rw’uvugwaho ubujura basanze umurambo we mu muhanda rwagati

Next Post

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka
IBYAMAMARE

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n'inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry'ibiciro byawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.