Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ubutumwa bukomeye Perezida w’Igihugu cy’igihangange yavuze akigera mu kirimo intambara

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ubutumwa bukomeye Perezida w’Igihugu cy’igihangange yavuze akigera mu kirimo intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yageze muri Israel iri mu ntambara n’umutwe wa Hamas, avuga ko uru ruzinduko rwe rugamije kugaragaza ko Igihugu cye cyifatanyije na Israel muri ibi bihe bikomeye.

Indege yajyanye Perezida Joe Biden, yageze i Tel Aviv mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yakirwa na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Benjamini Netanyahu.

Biden aje muri Israel mu gihe intambara ihanganishije iki Gihugu na Hamas, imaze kugwamo Abanya-Israel 1 400, mu gihe abamaze kugwa muri Gaza ari 3 000.

Ubwo bagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, Joe Biden yavuze ko aje muri uru ruzinduko mu rwego rwo kugaragaza uruhande Igihugu cye gihagazemo muri iyi ntambara iri guhuza Israel na Hamas.

Yagize ati “Abanyamerika bifatanyije namwe muri ibi bihe by’akababaro, ni ukuri barababaye. Ikindi kandi Abanyamerika barahangayitse.”

Yakomeje agira ati “Ndashaka kandi ko Abanya-Israel ndetse n’abatuye Isi yose, bamenya ko Leta Zunze Ubumwe za America zahagurutse…Isi yose iri kureba. Israel ifite indangagaciro yubatse nk’iza USA ndetse n’ibindi Bihugu bya Demokarasi.”

Biden kandi byari biteganyijwe ko anabonana n’abandi Bakuru b’Ibihugu by’Abarabu barimo na Perezida wa Palesitine, Mahmoud Abbas, ariko inama yabo yasubitswe nyuma y’igitero cyagabwe ku bitaro bya Al Ahli muri Gaza, kigahitana abarenga 500 kuri uyu wa Gatatu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 6 =

Previous Post

Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yagaragaye avuna sambwe binogeye ijisho mu mbyino Nyarwanda (VIDEO)

Next Post

Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.