Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ubutumwa bukomeye Perezida w’Igihugu cy’igihangange yavuze akigera mu kirimo intambara

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ubutumwa bukomeye Perezida w’Igihugu cy’igihangange yavuze akigera mu kirimo intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yageze muri Israel iri mu ntambara n’umutwe wa Hamas, avuga ko uru ruzinduko rwe rugamije kugaragaza ko Igihugu cye cyifatanyije na Israel muri ibi bihe bikomeye.

Indege yajyanye Perezida Joe Biden, yageze i Tel Aviv mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yakirwa na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Benjamini Netanyahu.

Biden aje muri Israel mu gihe intambara ihanganishije iki Gihugu na Hamas, imaze kugwamo Abanya-Israel 1 400, mu gihe abamaze kugwa muri Gaza ari 3 000.

Ubwo bagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, Joe Biden yavuze ko aje muri uru ruzinduko mu rwego rwo kugaragaza uruhande Igihugu cye gihagazemo muri iyi ntambara iri guhuza Israel na Hamas.

Yagize ati “Abanyamerika bifatanyije namwe muri ibi bihe by’akababaro, ni ukuri barababaye. Ikindi kandi Abanyamerika barahangayitse.”

Yakomeje agira ati “Ndashaka kandi ko Abanya-Israel ndetse n’abatuye Isi yose, bamenya ko Leta Zunze Ubumwe za America zahagurutse…Isi yose iri kureba. Israel ifite indangagaciro yubatse nk’iza USA ndetse n’ibindi Bihugu bya Demokarasi.”

Biden kandi byari biteganyijwe ko anabonana n’abandi Bakuru b’Ibihugu by’Abarabu barimo na Perezida wa Palesitine, Mahmoud Abbas, ariko inama yabo yasubitswe nyuma y’igitero cyagabwe ku bitaro bya Al Ahli muri Gaza, kigahitana abarenga 500 kuri uyu wa Gatatu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 18 =

Previous Post

Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yagaragaye avuna sambwe binogeye ijisho mu mbyino Nyarwanda (VIDEO)

Next Post

Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Umukinnyi ukiri muto ukomeje kuba inyenyeri muri ruhago y’Isi yongeye kubishimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.