Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya udushya twagaragaye muri tombola y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya udushya twagaragaye muri tombola y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club
Share on FacebookShare on Twitter

Habaye tombola y’uko amakipe azaba ari mu matsinda y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club cya 2025 (FIFA Club World Cup 2025), yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yasize ikipe ya Manshester City yisanze mu itsinda rimwe na Juventus.

Ni tombola yabereye i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, yasize ikipe ya Manchester City na Juventus zisanze mu itsinda rimwe.

Nk’uko byatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku isi ‘FIFA’ ku ya 16 Ukuboza 2022, iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’amakipe 32 kuva muri Kamena 2025, nyamara ryari risanzwe ryitabirwa n’amakipe atandatu gusa.

Nanone kandi ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yisanze mu itsinda ririmo amakipe arimo Atletico Madrid yo muri Espagne.

Amakipe yo ku Mugabane wa Afurika, nka Mamelodi Sundown, iri kumwe na Fluminense, Dortmund, na Ulsan HD, mu gihe ikipe ya ES Tunis yo muri Tunisia, iri kumwe n’amakipe arimo Chelsea yo mu Bwongereza.

Andi makipe akomeye, yagiye yisanga mu matsinda arimo amakipe bigaragara ko atazayagora, aho nka Real Madrid iri kumwe n’amakipe nka Al Hilal, Pachuca, na FC Salzburg

Tombola yaraye ibereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasize Ikipe mu matsinda akurikira:

  1. Itsinda rya mbere: Palmeiras, FC Porto, Al Ahly FC, Inter Miami
  2. Itsinda rya Kabiri: Paris Saint Germain, Atletico Madrid, Botafogo, Seattle Sounders
  3. Itsinda rya gatatu: Bayern Munich, Auckland City, Boca Juniors, Benfica
  4. Itsinda rya Kane: Flamengo, ES Tunis, Chelsea, Club Leon
  5. Itsinda rya Gatanu: River Plate, Urawa Red Diamonds, CF Monterrey, Inter Milan
  6. Itsinda rya Gatandatu: Fluminense, Dortmund, Ulsan HD, Mamelodi Sundown
  7. Itsinda rya Karindwi: Manchester City, Wydad AC, Al Ain, Juventus
  8. Itsinda rya Munani: Real Madrid, Al Hilal, Pachuca, FC Salzburg

Biteganyijwe ko imikino ya nyuma izabera muri Leta Zunze Ubumwe za America mu mpeshyi ya 2025 hagati ya tariki 15 Kamena kugeza 13 Nyakanga.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eighteen =

Previous Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Next Post

Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.