Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya udushya twagaragaye muri tombola y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya udushya twagaragaye muri tombola y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club
Share on FacebookShare on Twitter

Habaye tombola y’uko amakipe azaba ari mu matsinda y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club cya 2025 (FIFA Club World Cup 2025), yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yasize ikipe ya Manshester City yisanze mu itsinda rimwe na Juventus.

Ni tombola yabereye i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, yasize ikipe ya Manchester City na Juventus zisanze mu itsinda rimwe.

Nk’uko byatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku isi ‘FIFA’ ku ya 16 Ukuboza 2022, iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’amakipe 32 kuva muri Kamena 2025, nyamara ryari risanzwe ryitabirwa n’amakipe atandatu gusa.

Nanone kandi ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yisanze mu itsinda ririmo amakipe arimo Atletico Madrid yo muri Espagne.

Amakipe yo ku Mugabane wa Afurika, nka Mamelodi Sundown, iri kumwe na Fluminense, Dortmund, na Ulsan HD, mu gihe ikipe ya ES Tunis yo muri Tunisia, iri kumwe n’amakipe arimo Chelsea yo mu Bwongereza.

Andi makipe akomeye, yagiye yisanga mu matsinda arimo amakipe bigaragara ko atazayagora, aho nka Real Madrid iri kumwe n’amakipe nka Al Hilal, Pachuca, na FC Salzburg

Tombola yaraye ibereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasize Ikipe mu matsinda akurikira:

  1. Itsinda rya mbere: Palmeiras, FC Porto, Al Ahly FC, Inter Miami
  2. Itsinda rya Kabiri: Paris Saint Germain, Atletico Madrid, Botafogo, Seattle Sounders
  3. Itsinda rya gatatu: Bayern Munich, Auckland City, Boca Juniors, Benfica
  4. Itsinda rya Kane: Flamengo, ES Tunis, Chelsea, Club Leon
  5. Itsinda rya Gatanu: River Plate, Urawa Red Diamonds, CF Monterrey, Inter Milan
  6. Itsinda rya Gatandatu: Fluminense, Dortmund, Ulsan HD, Mamelodi Sundown
  7. Itsinda rya Karindwi: Manchester City, Wydad AC, Al Ain, Juventus
  8. Itsinda rya Munani: Real Madrid, Al Hilal, Pachuca, FC Salzburg

Biteganyijwe ko imikino ya nyuma izabera muri Leta Zunze Ubumwe za America mu mpeshyi ya 2025 hagati ya tariki 15 Kamena kugeza 13 Nyakanga.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 1 =

Previous Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Next Post

Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.