Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya udushya twagaragaye muri tombola y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya udushya twagaragaye muri tombola y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club
Share on FacebookShare on Twitter

Habaye tombola y’uko amakipe azaba ari mu matsinda y’Igikombe cy’Isi cy’Ama-Club cya 2025 (FIFA Club World Cup 2025), yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yasize ikipe ya Manshester City yisanze mu itsinda rimwe na Juventus.

Ni tombola yabereye i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, yasize ikipe ya Manchester City na Juventus zisanze mu itsinda rimwe.

Nk’uko byatangajwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku isi ‘FIFA’ ku ya 16 Ukuboza 2022, iri rushanwa rizajya ryitabirwa n’amakipe 32 kuva muri Kamena 2025, nyamara ryari risanzwe ryitabirwa n’amakipe atandatu gusa.

Nanone kandi ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yisanze mu itsinda ririmo amakipe arimo Atletico Madrid yo muri Espagne.

Amakipe yo ku Mugabane wa Afurika, nka Mamelodi Sundown, iri kumwe na Fluminense, Dortmund, na Ulsan HD, mu gihe ikipe ya ES Tunis yo muri Tunisia, iri kumwe n’amakipe arimo Chelsea yo mu Bwongereza.

Andi makipe akomeye, yagiye yisanga mu matsinda arimo amakipe bigaragara ko atazayagora, aho nka Real Madrid iri kumwe n’amakipe nka Al Hilal, Pachuca, na FC Salzburg

Tombola yaraye ibereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yasize Ikipe mu matsinda akurikira:

  1. Itsinda rya mbere: Palmeiras, FC Porto, Al Ahly FC, Inter Miami
  2. Itsinda rya Kabiri: Paris Saint Germain, Atletico Madrid, Botafogo, Seattle Sounders
  3. Itsinda rya gatatu: Bayern Munich, Auckland City, Boca Juniors, Benfica
  4. Itsinda rya Kane: Flamengo, ES Tunis, Chelsea, Club Leon
  5. Itsinda rya Gatanu: River Plate, Urawa Red Diamonds, CF Monterrey, Inter Milan
  6. Itsinda rya Gatandatu: Fluminense, Dortmund, Ulsan HD, Mamelodi Sundown
  7. Itsinda rya Karindwi: Manchester City, Wydad AC, Al Ain, Juventus
  8. Itsinda rya Munani: Real Madrid, Al Hilal, Pachuca, FC Salzburg

Biteganyijwe ko imikino ya nyuma izabera muri Leta Zunze Ubumwe za America mu mpeshyi ya 2025 hagati ya tariki 15 Kamena kugeza 13 Nyakanga.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − eight =

Previous Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’umugore uregwa kwica umugabo nyuma yo kuvana mu kabari

Next Post

Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima
MU RWANDA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Iby’ingenzi bikubiye mu masezerano Polisi y’u Rwanda yagiranye n’iy’ikindi Gihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.