Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uburyo buzwi nka ‘Plea Bargain’ bwatangijwe mu butabera bw’u Rwanda bugamije gukemura imanza zitageze mu nkiko, ahubwo hakabaho ibiganiro by’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bumaze gutuma hakemuka imanza zirenga 5 000.

Ubu buryo bwa ‘Plea Bargain’ bugamije gufasha gukemura imanza mu buryo bwihuse no kugabanya umubare w’abafungwa, aho bukoreshwa mbere y’uko ikirego kiregerwa Urukiko, Ubushinjacyaha bukaganira n’uregwa, hakabaho ubwumvikane, ku buryo ikibazo gikemuka kitageze mu Rukiko.

Kuva muri Kanama kugeza mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize wa 2023, hakemutse ibibazo birenga 4 000 hakoreshejwe ubu buryo, byaje byiyongera ku bindi 1 500 byakemutse mu mwaka wa 2022, dore ko bwatangiye mu kwezi k’Ukwakira 2022.

Ubu buryo bukoreshwa ku baregwa ibyaha birimo ubujura ndetse n’iby’urugomo, aho mu cyiciro cya mbere cy’imyaka itanu y’igerageza ryabwo, ryatangiriye mu Nkiko z’Ibanze za Gasabo Nyarugenge, Gicumbi, Muhanga, na Musanze. Gusa inzego z’Ubucamanza zavuze ko bugomba gukoreshwa mu Gihugu hose.

Mu gihembwe cya nyuma cy’umwaka wa 2023, hagaragaye imanza nyinshi zacyemutse hakoreshejwe ubu buryo, aho mu kwezi k’Ukwakira hakemutse 960, mu Ugushyingo hakemuka imanza 1 166, mu gihe mu Ukuboza hakemutse 795.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison yavuze ko umusaruro w’ubu buryo utanga icyizere ko mu bibe biri imbere uzarushaho kuba mwiza, kuko ubu buryo ubwabwo bufite ibyiza byinshi.

Uretse kuba bwafasha uregwa kudafungwa, bunorohereza inzego z’ubutabera kuba zabona ibimenyetso ndetse n’amakuru y’abaregwa mu buryo butagoye, ndetse bukanafasha mu buryo bwo kuburizamo icyaha kiriho gitegurwa.

Nanone kandi bugabanya imanza zijyanwa mu nkiko bigatuma ubutabera butangirwa ku gihe, no kugabanya umubare w’abajyanwa muri za Gereza.

Mutabazi yagize ati “Abantu bari kubona ubutabera mu gihe gito. Bamwe mu bakemuriwe imanza binyuze muri plea bargaining bashoboraga kuzaburanishwa mu mpera z’uyu mwaka.”

Ni uburyo bwaje mu murongo w’ubutabera bw’u Rwanda, bugamije gukemura ibibazo mu nzira zitagoranye kandi zidasiga izindi mpaka mu bantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + seven =

Previous Post

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Next Post

Rwamucyo umaze amezi 2 agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yahawe inshingano

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamucyo umaze amezi 2 agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yahawe inshingano

Rwamucyo umaze amezi 2 agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.