Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

radiotv10by radiotv10
11/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uburyo buzwi nka ‘Plea Bargain’ bwatangijwe mu butabera bw’u Rwanda bugamije gukemura imanza zitageze mu nkiko, ahubwo hakabaho ibiganiro by’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bumaze gutuma hakemuka imanza zirenga 5 000.

Ubu buryo bwa ‘Plea Bargain’ bugamije gufasha gukemura imanza mu buryo bwihuse no kugabanya umubare w’abafungwa, aho bukoreshwa mbere y’uko ikirego kiregerwa Urukiko, Ubushinjacyaha bukaganira n’uregwa, hakabaho ubwumvikane, ku buryo ikibazo gikemuka kitageze mu Rukiko.

Kuva muri Kanama kugeza mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize wa 2023, hakemutse ibibazo birenga 4 000 hakoreshejwe ubu buryo, byaje byiyongera ku bindi 1 500 byakemutse mu mwaka wa 2022, dore ko bwatangiye mu kwezi k’Ukwakira 2022.

Ubu buryo bukoreshwa ku baregwa ibyaha birimo ubujura ndetse n’iby’urugomo, aho mu cyiciro cya mbere cy’imyaka itanu y’igerageza ryabwo, ryatangiriye mu Nkiko z’Ibanze za Gasabo Nyarugenge, Gicumbi, Muhanga, na Musanze. Gusa inzego z’Ubucamanza zavuze ko bugomba gukoreshwa mu Gihugu hose.

Mu gihembwe cya nyuma cy’umwaka wa 2023, hagaragaye imanza nyinshi zacyemutse hakoreshejwe ubu buryo, aho mu kwezi k’Ukwakira hakemutse 960, mu Ugushyingo hakemuka imanza 1 166, mu gihe mu Ukuboza hakemutse 795.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison yavuze ko umusaruro w’ubu buryo utanga icyizere ko mu bibe biri imbere uzarushaho kuba mwiza, kuko ubu buryo ubwabwo bufite ibyiza byinshi.

Uretse kuba bwafasha uregwa kudafungwa, bunorohereza inzego z’ubutabera kuba zabona ibimenyetso ndetse n’amakuru y’abaregwa mu buryo butagoye, ndetse bukanafasha mu buryo bwo kuburizamo icyaha kiriho gitegurwa.

Nanone kandi bugabanya imanza zijyanwa mu nkiko bigatuma ubutabera butangirwa ku gihe, no kugabanya umubare w’abajyanwa muri za Gereza.

Mutabazi yagize ati “Abantu bari kubona ubutabera mu gihe gito. Bamwe mu bakemuriwe imanza binyuze muri plea bargaining bashoboraga kuzaburanishwa mu mpera z’uyu mwaka.”

Ni uburyo bwaje mu murongo w’ubutabera bw’u Rwanda, bugamije gukemura ibibazo mu nzira zitagoranye kandi zidasiga izindi mpaka mu bantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Haravugwa andi makuru ku muyobozi w’ishuri ukekwaho gusambanya umwarimu bahuje igitsina

Next Post

Rwamucyo umaze amezi 2 agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yahawe inshingano

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamucyo umaze amezi 2 agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yahawe inshingano

Rwamucyo umaze amezi 2 agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni yahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.