• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe
Share on FacebookShare on Twitter

Sous Lieutenant Ian Kagame wamaze kuba umwe mu basirikare barinda Perezida wa Repubulika (abo bakunze kwita Abajepe/GP: Garde Présidentielle), yagaragaye ari kureba umukino umwe wo mu irushanwa rya gisirikare rizwi nka ‘Inter-force competition Heroes Cup’.

Ni umukino wa 1/2 cy’irangiza cy’iri rushanwa, wanarangiye ikipe y’abasirikare bo mu mutwe urinda umukuru w’Igihugu itsinze iy’abasirikare bashinzwe gukanika (Mechanized Infantry).

Uyu mukino wabeyere i Bugesera ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 23 Mutarama 2023, warebwe n’abasirikare mu mashami atandukanye bari baje gushyigikira amakipe yabo.

Mu basirikare bagaragaye bareba uyu mukino, barimo Maj Gen Will Rwagasana uyobora umutwe w’abasirikare barinda Perezida wa Repubulika n’abayobozi bakuru.

Barimo kandi Brig Gen James Ruzibiza uyobora umutwe w’abasirikare bashinzwe ibyo gukanika (Mechanized Infantry).

Aba basirikare bakuru bari banicaranye na Sous Lieutenant Ian Kagame wari unicaye hagati yabo, baganira ari na ko bareba uyu mupira.

Uyu mukino warangiye ikipe y’umutwe w’Abajepe itsinze iy’umutwe w’abakanishi 4-1, binatuma ihita igera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Ikipe y’Abajepe yegukanye intsinzi
S. Ltn Ian Kagame yari kumwe n’Abajenerari bayobozi aya mashami ya RDF
Sous Lieutenant Ian Kagame yari yicaranye n’Abajenerali

Abajepe baje gushyigikira ikipe yabo

Umupira urangiye bamwe bagaragaje ko agapira bagakinnye

Photos © Rwandamagazine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + five =

Previous Post

Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage

Next Post

Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri

Uwasifuye Shampiyona ikomeye ku isi yahishuye ko kwitwa umutinganyi biri mu byatumye ahunga Misiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.