Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwegukanye umwanya wa gatanu mu Irushanwa ry’amarerero ya Bayern Munich FC, ryahuje Ibihugu umunani bisanzwe bifite amarerero y’iyi kipe yo mu Budage.

Muri aya marushanwa, u Rwanda rwari mu itsinda rya kabiri ruri kumwe na Nigeria, Afurika y’epfo, na Leta Zunze Ubumwe za America.

Imikino yo mu itsinda u Rwanda rwari rurimo rwarangije ruri ku mwanya wa Gatatu n’amanota ane (4) kuko rwatsinze umukino umwe, runganya umwe rutsindwa umwe.

Nyuma yo kurangiza ku mwanya wa gatatu mu itsinda rya kabiri, u Rwanda rwahuye n’u Budage nabwo bwari bwabaye ubwa gatatu mu itsinda rya mbere. Aho bagombaga guhatanira umwanya wa gatanu.

Mu guhatanira umwanya wa gatanu, nyuma y’uko umukino urangiye amakipe yombi anganya 0-0, hahise hiyambazwa Penaliti, u Rwanda rutsinda 3-1 ruhita rwegukana umwanya wa gatanu.

Iri rushanwa ritegurwa na FC Bayern Munich yo mu Budage, ryitabirwa n’Ibihugu umunani aho buri kipe iba igizwe n’abakinnyi 10.

U Rwanda rwitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere nyuma y’uko rusinyanye amasezerano na Bayern Munich mu bukangurambaga bwa Visit Rwanda.

Andi makipe yo ku Mugabane wa Afurika yari muri iri rushanwa, ni Afurika y’Epfo na yo yitabiriye bwa mbere na Nigeria ibitse igikombe giheruka ndetse ikaba ari na yo yatwaye igikombe cy’uyu mwaka.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe aturutse mu Bihugu umunani
U Rwanda rwegukanye umwanya wa gatanu
Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage yasuye aba bana

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 1

  1. NIYONKURU David says:
    2 years ago

    Nibakomerezaho cyane rwose turabashyigikiye

    Reply

Leave a Reply to NIYONKURU David Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

Next Post

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Related Posts

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Uwari SG wa FERWACY wamaze kugezwa mu Igororero yasobanuririye Urukiko icyarumugaruyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.