Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bahanga mu bukungu mu Rwanda, avuga ko ibiciro ku isoko bigiye kumanuka kuko imbogamizi zatumye bitumbagira zarakuweho, akavuga ko yizeye ko mu gihe cy’icyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse. 

Hashize iminsi itatu u Rwanda rufunguye imipaka yo ku butaka iruhuza n’ibihugu by’ibituranyi yari imaze imyaka ibiri ifunze kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Icyorezo cya, ni imwe mu ngingo yakomeje gushyirwa mu majwi ko yagize ingaruka zikomye ku isoko, igatuma ibiciro bitumbagira.

Byakunze kuvugwa ko ifungwa ry’imipaka ryatumye ibicuruzwa biba bicye ku isoko nyamara ababikenera bakiri ba bandi bigatuma birushaho guhenda.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe, imipaka yo ku butaka ihuza u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi yafunguwe mu buryo bwuzuye bituma n’abaturage bongera gusohoka mu Gihugu no kikinjiramo.

Umuhanga mu bukungu, Dr. Fidele Mutemberezi, yemeza ko nyuma y’ifungurwa ry’imipaka, ibiciro ku masoko bigiye guhita bigabanuka.

Ati “Bizahita bimanuka niba koko byafunguwe mu buryo busesuye, ibicuruzwa bikaboneka neza, abantu bakajya kurangura i Bugande, muri Tanzanina i Burundi no muri Congo…aho bishoboka hafi bihendutse bikaba nka mbere ya COVID-19.”

Akomeza agita ati “Njyewe mfite icyizere kandi ndahamya ko mu gihe kitari kure cyane rwose kitarenze n’icyumweru kimwe cyangwa bibiri ibiciro bizaba bimanutse.”

Uyu muhanga mu by’ubukungu aratangaza ibi mu gihe hashize igihe gito ibiciro ku masoko birushijeho gutumbagira kubera intambara yo muri Ukraine.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana aherutse gutangaza ko hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zumvikana bisanzwe bituruka mu bihugu birimo iyi ntambara ariko ko hari n’abacuruzi babyuririyeho bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa bisanzwe Bihari.

Icyo gihe yatanze urugero rw’imboga rwatsi za dodo zisanzwe zisoromwa mu mirima yo mu Rwanda. Yagize ati “Iyo ubonye umuntu azamura nka dodo duri mu gihe cy’imvura harimo ikibazo. Mu by’ukuri ntaho bihuriye na Ukraine n’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − eight =

Previous Post

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

Next Post

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.