Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bahanga mu bukungu mu Rwanda, avuga ko ibiciro ku isoko bigiye kumanuka kuko imbogamizi zatumye bitumbagira zarakuweho, akavuga ko yizeye ko mu gihe cy’icyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse. 

Hashize iminsi itatu u Rwanda rufunguye imipaka yo ku butaka iruhuza n’ibihugu by’ibituranyi yari imaze imyaka ibiri ifunze kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Icyorezo cya, ni imwe mu ngingo yakomeje gushyirwa mu majwi ko yagize ingaruka zikomye ku isoko, igatuma ibiciro bitumbagira.

Byakunze kuvugwa ko ifungwa ry’imipaka ryatumye ibicuruzwa biba bicye ku isoko nyamara ababikenera bakiri ba bandi bigatuma birushaho guhenda.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe, imipaka yo ku butaka ihuza u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi yafunguwe mu buryo bwuzuye bituma n’abaturage bongera gusohoka mu Gihugu no kikinjiramo.

Umuhanga mu bukungu, Dr. Fidele Mutemberezi, yemeza ko nyuma y’ifungurwa ry’imipaka, ibiciro ku masoko bigiye guhita bigabanuka.

Ati “Bizahita bimanuka niba koko byafunguwe mu buryo busesuye, ibicuruzwa bikaboneka neza, abantu bakajya kurangura i Bugande, muri Tanzanina i Burundi no muri Congo…aho bishoboka hafi bihendutse bikaba nka mbere ya COVID-19.”

Akomeza agita ati “Njyewe mfite icyizere kandi ndahamya ko mu gihe kitari kure cyane rwose kitarenze n’icyumweru kimwe cyangwa bibiri ibiciro bizaba bimanutse.”

Uyu muhanga mu by’ubukungu aratangaza ibi mu gihe hashize igihe gito ibiciro ku masoko birushijeho gutumbagira kubera intambara yo muri Ukraine.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana aherutse gutangaza ko hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zumvikana bisanzwe bituruka mu bihugu birimo iyi ntambara ariko ko hari n’abacuruzi babyuririyeho bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa bisanzwe Bihari.

Icyo gihe yatanze urugero rw’imboga rwatsi za dodo zisanzwe zisoromwa mu mirima yo mu Rwanda. Yagize ati “Iyo ubonye umuntu azamura nka dodo duri mu gihe cy’imvura harimo ikibazo. Mu by’ukuri ntaho bihuriye na Ukraine n’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

Next Post

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.