Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington kuri uyu wa 13 Ugushyingo, yasubitswe ku munota wa nyuma n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, hakaba hari gushakwa indi tariki.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ugushyingo 2025, ubwo yagiraga icyo avuga ku nkuru yanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ku byatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho muri Congo akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Kiriya Gihugu, Patrick Muyaya.

Muri iyi nkuru ya RFI, Patrick Muyaya yatangarije iki gitangazamakuru ko ngo “Perezida Tshisekedi ntashobora kujya gusinya amasezerano y’Amahoro i Washinton, atizeye neza ko Ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cyacu.”

Ibi birego by’ibinyoma, n’ubundi ni byo ubutegetsi bwa Congo bwakunze gushinja u Rwanda ko ingabo zarwo ziri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubihakana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe na Patrick Muyaya agendeye kuri iyi nkuru, yavuze ko n’ubundi ko gusinya ariya masezerano bitakibaye igihe byagombaga kubera.

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi namenyeshaga ko Perezida Tshisekedi kimwe na Perezida Kagame, yari yemeje ko azitabira inama y’i Washington yagombaga kuba tariki 13 Ugushyingo 2025, mbere yuko isubikwa ku munota wa nyuma n’ubutegetsi bwa America.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko “Impande uko ari eshatu (u Rwanda, DRC na Leta Zunze Ubumwe za America) ziri gushaka indi tariki yazorohera gahunda zazo.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi ndibutsa ko inama y’i Washington ifite intego yo gusinya amasezerano ajyanye n’ubukungu bw’akarere (CIER/Cadre d’Intégration économique Régionale), yamaze kwemezwa akanashyigikirwa n’impande zombi, ndetse n’umuhuza ari we America.”

Nduhungire yakomeje agira inama Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, ko iki ari igihe cyo kutayobya abantu n’amakuru ayobye byumwihariko ayobya Abanyekongo, bari bakwiye kumenya ukuri ku masezerano y’amahoro ari gusinywa.

Amezi atanu arashize Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye Amasezerano y’Amahoro y’i Washington, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we wa DRC, Therese Kayikwamba Wagner.

Aya masezerano yasinywe tariki 27 Kamena 2025, yagombaga gukurikirwa n’inama yagombaga guhuriramo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi, yagombaga kubera i Washington DC, ikayoborwa na mugenzi wabo, Perezida Donald Trump, itaraba kugeza ubu, ikaba igitegerejwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Next Post

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.