Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe umaze kwitabira ibitaramo bine mu gihe cy’ibyumweru bibiri, birimo icya The Ben cyabaye imfura mu bitaramo mu Rwanda, yashimiye uyu muhanzi ku iki gitaramo cyanyuze benshi.

Amb. Olivier Nduhungirehe witabiriye igitaramo cya The Ben cyabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa 01 Mutarama 2025, yashimye uburyo cyagenze.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Amb. Olivier Nduhungirehe yagize ati “Igitaramo cyiza cya The Ben muri BK Arena yuzuye.”

Ni igitaramo kandi cyagaragayemo abahanzi banyuranye barimo Umunya-Kenya Otile Brown unafitanye indirimbo na The Ben bise ‘Can’t get enough’, wanahuye na Olivier Nduhungirehe.

Muri ubu butumwa bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yagize ati “Nyuma y’ihitaramo kandi nanagize amahirwe yo guhura no kuramukanya na we [The Ben] hamwe na Tom Close ndetse na Otile Brown, umuhanzi mwiza muri Kenya no muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Kuri Olivier Nduhungirehe, iki ni igitaramo cya kane yitabiriye mu gihe cy’ibyumweru bibiri, aho tariki 21 Ukuboza yari yitabiriye icya Bruce Melodie, bucyeye bwaho yitabira icya Chorale de Kigali, ndetse anitabira icy’Umuhanzi Israel Mbonyi.

Iki gitaramo cya The Ben yamurikiyemo album ye nshya, cyaranzwe n’ibyishimo bisendereye, aho muri BK Arena yari yakubise yuzuye, abakunzi ba muzika banyuzwe n’imiririmbire y’uyu muhanzi utaherukaga gukora igitaramo cye wenyine.

Uyu muhanzi kandi yibukije abakunzi ba muzika, indirimbo ze zo hambere ndetse n’abahanzi bagiye bakorana, barimo itsinda rya Tuff Gang, Tom Close ndetse na K8 Kavuyo baririmbanye indirimbo ‘Ndi uw’i Kigali’.

Amb. Olivier Nduhungirehe yanagize umwanya wo guhura n’aba bahanzi
Yanahuye na Otile Brown ugezweho muri Kenya

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nduhungirehe says:
    1 year ago

    Ndungurehe bashobora kuba baramuhaye Ministere bamwibeshyeho nave muri MINAFFET yigire muyurubyiruko n’ubuvanganzo ahari kuko ndabona ariyo yishoboreye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eighteen =

Previous Post

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

Next Post

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego
MU RWANDA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.