Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe umaze kwitabira ibitaramo bine mu gihe cy’ibyumweru bibiri, birimo icya The Ben cyabaye imfura mu bitaramo mu Rwanda, yashimiye uyu muhanzi ku iki gitaramo cyanyuze benshi.

Amb. Olivier Nduhungirehe witabiriye igitaramo cya The Ben cyabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa 01 Mutarama 2025, yashimye uburyo cyagenze.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Amb. Olivier Nduhungirehe yagize ati “Igitaramo cyiza cya The Ben muri BK Arena yuzuye.”

Ni igitaramo kandi cyagaragayemo abahanzi banyuranye barimo Umunya-Kenya Otile Brown unafitanye indirimbo na The Ben bise ‘Can’t get enough’, wanahuye na Olivier Nduhungirehe.

Muri ubu butumwa bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yagize ati “Nyuma y’ihitaramo kandi nanagize amahirwe yo guhura no kuramukanya na we [The Ben] hamwe na Tom Close ndetse na Otile Brown, umuhanzi mwiza muri Kenya no muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Kuri Olivier Nduhungirehe, iki ni igitaramo cya kane yitabiriye mu gihe cy’ibyumweru bibiri, aho tariki 21 Ukuboza yari yitabiriye icya Bruce Melodie, bucyeye bwaho yitabira icya Chorale de Kigali, ndetse anitabira icy’Umuhanzi Israel Mbonyi.

Iki gitaramo cya The Ben yamurikiyemo album ye nshya, cyaranzwe n’ibyishimo bisendereye, aho muri BK Arena yari yakubise yuzuye, abakunzi ba muzika banyuzwe n’imiririmbire y’uyu muhanzi utaherukaga gukora igitaramo cye wenyine.

Uyu muhanzi kandi yibukije abakunzi ba muzika, indirimbo ze zo hambere ndetse n’abahanzi bagiye bakorana, barimo itsinda rya Tuff Gang, Tom Close ndetse na K8 Kavuyo baririmbanye indirimbo ‘Ndi uw’i Kigali’.

Amb. Olivier Nduhungirehe yanagize umwanya wo guhura n’aba bahanzi
Yanahuye na Otile Brown ugezweho muri Kenya

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nduhungirehe says:
    1 year ago

    Ndungurehe bashobora kuba baramuhaye Ministere bamwibeshyeho nave muri MINAFFET yigire muyurubyiruko n’ubuvanganzo ahari kuko ndabona ariyo yishoboreye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 6 =

Previous Post

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

Next Post

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.