Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe umaze kwitabira ibitaramo bine mu gihe cy’ibyumweru bibiri, birimo icya The Ben cyabaye imfura mu bitaramo mu Rwanda, yashimiye uyu muhanzi ku iki gitaramo cyanyuze benshi.

Amb. Olivier Nduhungirehe witabiriye igitaramo cya The Ben cyabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa 01 Mutarama 2025, yashimye uburyo cyagenze.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Amb. Olivier Nduhungirehe yagize ati “Igitaramo cyiza cya The Ben muri BK Arena yuzuye.”

Ni igitaramo kandi cyagaragayemo abahanzi banyuranye barimo Umunya-Kenya Otile Brown unafitanye indirimbo na The Ben bise ‘Can’t get enough’, wanahuye na Olivier Nduhungirehe.

Muri ubu butumwa bwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yagize ati “Nyuma y’ihitaramo kandi nanagize amahirwe yo guhura no kuramukanya na we [The Ben] hamwe na Tom Close ndetse na Otile Brown, umuhanzi mwiza muri Kenya no muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Kuri Olivier Nduhungirehe, iki ni igitaramo cya kane yitabiriye mu gihe cy’ibyumweru bibiri, aho tariki 21 Ukuboza yari yitabiriye icya Bruce Melodie, bucyeye bwaho yitabira icya Chorale de Kigali, ndetse anitabira icy’Umuhanzi Israel Mbonyi.

Iki gitaramo cya The Ben yamurikiyemo album ye nshya, cyaranzwe n’ibyishimo bisendereye, aho muri BK Arena yari yakubise yuzuye, abakunzi ba muzika banyuzwe n’imiririmbire y’uyu muhanzi utaherukaga gukora igitaramo cye wenyine.

Uyu muhanzi kandi yibukije abakunzi ba muzika, indirimbo ze zo hambere ndetse n’abahanzi bagiye bakorana, barimo itsinda rya Tuff Gang, Tom Close ndetse na K8 Kavuyo baririmbanye indirimbo ‘Ndi uw’i Kigali’.

Amb. Olivier Nduhungirehe yanagize umwanya wo guhura n’aba bahanzi
Yanahuye na Otile Brown ugezweho muri Kenya

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nduhungirehe says:
    1 year ago

    Ndungurehe bashobora kuba baramuhaye Ministere bamwibeshyeho nave muri MINAFFET yigire muyurubyiruko n’ubuvanganzo ahari kuko ndabona ariyo yishoboreye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

Next Post

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Related Posts

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.