Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

radiotv10by radiotv10
29/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi, byanagizwemo uruhare n’abaturage baturiye Pariki, bituma baba abarinzi bazo mu gihe bahoze ari ba rushimusi, kandi bikaba bikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.

Dr Justin Nsengiyumva yabigarutseho ubwo yari mu musangiro wahuje abayobozi batandukanye batumiwe n’Ikigega Mpuzamahanga cyita ku kubungabunga ibidukikije ICCF.

Ni umusangiro witabiriwe n’abantu 200 barimo abagize Inteko Ishinga Amategeko, abagize Guverinoma, abayobozi batandukanye ku rwego mpuzamahanga, imiryango itari iya Leta, ibigo by’ishoramari ndetse n’impirimbanyi mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Minisitiri w’intebe Dr Justin yavuze ko Amahoro n’iterambere bitagerwaho hatabayeho kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Yagize ati “Amahoro n’iterambere ntibishobora kuramba tudakomeje kurengera ibidukikije ari byo abaturage bacu bashingiraho ubuzima. Ni yo mpamvu u Rwanda rwashyize ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije ku isonga ry’ingamba zacu z’iterambere ry’Igihugu mu myaka mirongo itatu ishize.”

Yakomeje agaragza ko binyuze mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima byatanze umusaruro, ku buryo ingagi zasaga nizenda kuzimira, ubu zongeye kororoka ari nyinshi.

Ati “Hari igihe ingagi zo mu Birunga zari zageze mu kaga gakabije ku buryo byabonekaga ko zishobora kuzimira burundu. Uyu munsi, kubera imbaraga u Rwanda rwashyize mu kuzibungabunga, umubare wazo warazamutse ugera hejuru y’igihumbi, ubwiyongere bwikubye inshuro enye ku buryo noneho twishimira ko zitagifatwa nk’inyamaswa ziri mu kaga ko kuba zazimara.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi yavuze ko ibyo byose bitari kugerwaho abaturage baturiye parike batabigizemo uruhare.

Ati “Nta na kimwe muri ibi byagezweho cyari kubasha kugerwaho bitagizwemo uruhare n’abaturage batuye hafi y’izi pariki. Mu by’ukuri, babaye abarinzi ba mbere b’inyamaswa mu Rwanda. Ibi kandi bigerwaho bitewe nuko twashyizeho uburyo buhoraho bw’uko abaturage baturiye za pariki bazajya babona inyungu iziturutsemo.”

Yanagaragaje ko kandi Ibihugu bya Afurika bidakwiye gutuma Pariki zabyo indiri y’ibikorwa by’iterabwoba n’amahuriro y’abagizi ba nabi.

Ati “Ntabwo twakwemera ko Pariki zo muri Afurika zikoreshwa n’imitwe y’iterabwoba cyangwa imiryango y’abagizi ba nabi mu guhungabanya umutekano.”

Kuva mu mwaka wa 2006 ubwo iki gikorwa cyatangiraga, cyagiye gihuza abayobozi n’inararibonye batandukanye barimo Umwami Charles III w’u Bwongereza, Umuherwe Jeff Bezos washinze Amazon na Bezos Earth Fund, Umwamikazi Noor wa Yorudaniya, Igikomangoma Albert II wa Monaco, ndetse n’abahoze ari Perezida ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika George H. W. Bush na Bill Clinton, banabaye abaterankunga bakuru ba ICCF.

Ni mu musangiro wahuriyemo abanyacyubahiro banyuranye

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Next Post

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Related Posts

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

by radiotv10
29/10/2025
0

As technology keeps advancing, conversations about Artificial Intelligence (AI) and automation are no longer just for tech experts, they now...

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza
IBYAMAMARE

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Technology & job displacement: Are young workers in Rwanda ready for the AI/Automation Shift?

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.