Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Minisitiri yamaze amasaha 12 mu nyanja yoga nyuma y’uko indege yarimo ikoze impanuka

radiotv10by radiotv10
22/12/2021
in Uncategorized
0
Minisitiri yamaze amasaha 12 mu nyanja yoga nyuma y’uko indege yarimo ikoze impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bagize Guverinoma ya Madagascar yashimye Imana nyuma yo kurokoka impanuka y’Indege yaguye mu Nyanja akamara amasaha 12 ari koga.

Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Polisi muri Madagascar, Serge Gelle yarokokanye n’abandi bayobozi babiri mu nzego zishinzwe umutekano bari kumwe muri iyo ndege ya kajugujugu.

Aba bayobozi bari muri iyo ndege bari mu gikorwa cyo gushakisha ubwato bwarohamye mu Nyanja mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’iki Gihugu cya Madagascar.

Nyuma yo kurokoka akoresheje ingufu nyinshi, Serge Gelle yavuze ko yishimiye kuba Imana yanze kumurekura. Ati “Nticyari igihe cyanjye cyo gupfa.”

Uyu Minisitiri Gelle wavuze aya magambo ari mu ngobyi bashyiramo abantu barembye cyane, yavuze ko yifuzaga ko ayo mashusho agera ku muryango we ukamenya ko akiri muzima.

Yagize ati “Abo dukorana bayibone, abagize guverinoma bayibone. Ndi muzima kandi meze neza.”

Umuyobozi wa Polisi ya Madagascar, Zafisambatra Ravoavy yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko Bwana Gelle yakoresheje imwe mu ntebe zo muri kajugujugu nk’ikintu cyo gutuma areremba ku mazi.

Yagize ati “Buri gihe yabaga afite imbaraga mu mikino, kandi yakomeje uru rwego ari na Minisitiri, nk’aho ari umuntu w’imyaka 30… afite ubushobozi butangaje cyane bwo kuguma atuje mu bibazo bikomeye.”

Gelle kandi mbere yo kugirwa Minisitiri, yabaye Umupolisi mu gihe cy’imyaka 30.

Ubu bwashakishwaga n’aba bayobozi, bwarohamye ku wa Kabiri w’iki cyumweru aho bivugwa ko bwaruhamiyemo abantu 39.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Next Post

Ghana: Igipfunsi cyarishije mu Ngoro y’Inteko nyuma yo kutumvikana hagati y’Abadepite

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ghana: Igipfunsi cyarishije mu Ngoro y’Inteko nyuma yo kutumvikana hagati y’Abadepite

Ghana: Igipfunsi cyarishije mu Ngoro y’Inteko nyuma yo kutumvikana hagati y’Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.