Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
1
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ministiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yasubije abarimu bavuga ko bahawe inkunga yo kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ariko bakaza kwirukanwa bagitangira bababwira ko program bahawe itahaba, bagasabwa kutongera gukandagira muri Kaminuza bakanabwirwa ko uzabitangaza azahura n’akaga.

Aba barimu bagejeje ikibazo cyabo ku Munyamakuru Niwemwiza Anne Marie, bavuga ko bahawe iyi nkunga (Scholarship) na REB ifatanyije na HEC ndetse ngo baraniyandikisha baza no kujya kwiga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’Uburezi rya Rukara.

Inyandiko igaragaza iki kibazo cy’aba barimu, igira iti “Dutangiye kwiga baraza baratwirukana ngo UR [Kaminuza y’u Rwanda] program (MCE) baduhaye ngo ntayo bagira kandi hari bakuru bacu bamaze umwaka bayiga.”

Iyi nyandiko ikomeza ivuga ko n’abo bagenzi babo bari bamaze igihe biga, na bo baje kubwirwa ko batagomba kugaruka kwiga ngo “babibeshyeho.”

Aba barimu bakomeza bagira bati “Igitangaje kurusha ni uko badutera ubwoba ko nitubwira itangazamakuru/tukabivuga kuri Twitter, bizatugiraho ingaruka.”

Bagakomeza bagira bati “Ubu twanze gutaha ariko banatubujije kwinjira mu kigo.”

Bagasoza bagira bati “Ubu twabuze aho tugana cyane ko twari twamaze gusinyanya amasezerano n’Uturere, imyanya y’abari bamaze umwaka biga yashyizwemo abandi, none ubu mu kazi ntitubarirwayo no mu ishuri ntitwemewe gukandagiramo.”

Uyu munyamakuru Niwemwiza wagaragaje ubu butumwa bw’aba barimu asa nk’ubakorera ubuvugizi, yabajije inzego zirebwa n’iki kibazo icyo ziri kugikoraho.

Yagize ati “Aba barimu banyu se murabafasha iki? HEC na BRD ibi mukora byungura nde? Minisiteri y’Uburezi ibi bintu murabizi?, Dr Uwamariya [Minisitiri w’Uburezi] mwakurikirana, ahari ikibazo kigacyemuka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagize icyo avuga kuri iki kibazo nubwo atagitomoye, agira ati “Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure.”

Waramutse Anne Marie. Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure. https://t.co/P3GsBrdN69

— Dr. Valentine Uwamariya (@Dr_Uwamariya) June 2, 2022

Abakora umwuga w’uburezi mu Rwanda, ni bamwe mu bakunze kugaragaza imbogamizi bahura na zo, kenshi bashingira ku mibereho yabo igoye kubera umushahara muto bahembwa.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yatangiye inzira yo kuzamura ubushobozi bw’abarimu aho yazamuye umushahara wabo ndetse ikaba inabafasha mu bikorwa byo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi mu rwego rwo kuzamura uburezi bw’u Rwanda dore ko ari bwo shingiro y’iterambere ry’ubukungu bw’ahazaza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Aloys Ivumaharinde says:
    3 years ago

    Nukuri MINEDUC ishake uko yafasha abo bavandimwe niba kokobarasezeye mu turere twabo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 3 =

Previous Post

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

Next Post

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.