Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
1
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ministiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yasubije abarimu bavuga ko bahawe inkunga yo kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ariko bakaza kwirukanwa bagitangira bababwira ko program bahawe itahaba, bagasabwa kutongera gukandagira muri Kaminuza bakanabwirwa ko uzabitangaza azahura n’akaga.

Aba barimu bagejeje ikibazo cyabo ku Munyamakuru Niwemwiza Anne Marie, bavuga ko bahawe iyi nkunga (Scholarship) na REB ifatanyije na HEC ndetse ngo baraniyandikisha baza no kujya kwiga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’Uburezi rya Rukara.

Inyandiko igaragaza iki kibazo cy’aba barimu, igira iti “Dutangiye kwiga baraza baratwirukana ngo UR [Kaminuza y’u Rwanda] program (MCE) baduhaye ngo ntayo bagira kandi hari bakuru bacu bamaze umwaka bayiga.”

Iyi nyandiko ikomeza ivuga ko n’abo bagenzi babo bari bamaze igihe biga, na bo baje kubwirwa ko batagomba kugaruka kwiga ngo “babibeshyeho.”

Aba barimu bakomeza bagira bati “Igitangaje kurusha ni uko badutera ubwoba ko nitubwira itangazamakuru/tukabivuga kuri Twitter, bizatugiraho ingaruka.”

Bagakomeza bagira bati “Ubu twanze gutaha ariko banatubujije kwinjira mu kigo.”

Bagasoza bagira bati “Ubu twabuze aho tugana cyane ko twari twamaze gusinyanya amasezerano n’Uturere, imyanya y’abari bamaze umwaka biga yashyizwemo abandi, none ubu mu kazi ntitubarirwayo no mu ishuri ntitwemewe gukandagiramo.”

Uyu munyamakuru Niwemwiza wagaragaje ubu butumwa bw’aba barimu asa nk’ubakorera ubuvugizi, yabajije inzego zirebwa n’iki kibazo icyo ziri kugikoraho.

Yagize ati “Aba barimu banyu se murabafasha iki? HEC na BRD ibi mukora byungura nde? Minisiteri y’Uburezi ibi bintu murabizi?, Dr Uwamariya [Minisitiri w’Uburezi] mwakurikirana, ahari ikibazo kigacyemuka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagize icyo avuga kuri iki kibazo nubwo atagitomoye, agira ati “Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure.”

Waramutse Anne Marie. Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure. https://t.co/P3GsBrdN69

— Dr. Valentine Uwamariya (@Dr_Uwamariya) June 2, 2022

Abakora umwuga w’uburezi mu Rwanda, ni bamwe mu bakunze kugaragaza imbogamizi bahura na zo, kenshi bashingira ku mibereho yabo igoye kubera umushahara muto bahembwa.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yatangiye inzira yo kuzamura ubushobozi bw’abarimu aho yazamuye umushahara wabo ndetse ikaba inabafasha mu bikorwa byo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi mu rwego rwo kuzamura uburezi bw’u Rwanda dore ko ari bwo shingiro y’iterambere ry’ubukungu bw’ahazaza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Aloys Ivumaharinde says:
    3 years ago

    Nukuri MINEDUC ishake uko yafasha abo bavandimwe niba kokobarasezeye mu turere twabo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − three =

Previous Post

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

Next Post

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Related Posts

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.