Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA
1
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ministiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yasubije abarimu bavuga ko bahawe inkunga yo kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ariko bakaza kwirukanwa bagitangira bababwira ko program bahawe itahaba, bagasabwa kutongera gukandagira muri Kaminuza bakanabwirwa ko uzabitangaza azahura n’akaga.

Aba barimu bagejeje ikibazo cyabo ku Munyamakuru Niwemwiza Anne Marie, bavuga ko bahawe iyi nkunga (Scholarship) na REB ifatanyije na HEC ndetse ngo baraniyandikisha baza no kujya kwiga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’Uburezi rya Rukara.

Inyandiko igaragaza iki kibazo cy’aba barimu, igira iti “Dutangiye kwiga baraza baratwirukana ngo UR [Kaminuza y’u Rwanda] program (MCE) baduhaye ngo ntayo bagira kandi hari bakuru bacu bamaze umwaka bayiga.”

Iyi nyandiko ikomeza ivuga ko n’abo bagenzi babo bari bamaze igihe biga, na bo baje kubwirwa ko batagomba kugaruka kwiga ngo “babibeshyeho.”

Aba barimu bakomeza bagira bati “Igitangaje kurusha ni uko badutera ubwoba ko nitubwira itangazamakuru/tukabivuga kuri Twitter, bizatugiraho ingaruka.”

Bagakomeza bagira bati “Ubu twanze gutaha ariko banatubujije kwinjira mu kigo.”

Bagasoza bagira bati “Ubu twabuze aho tugana cyane ko twari twamaze gusinyanya amasezerano n’Uturere, imyanya y’abari bamaze umwaka biga yashyizwemo abandi, none ubu mu kazi ntitubarirwayo no mu ishuri ntitwemewe gukandagiramo.”

Uyu munyamakuru Niwemwiza wagaragaje ubu butumwa bw’aba barimu asa nk’ubakorera ubuvugizi, yabajije inzego zirebwa n’iki kibazo icyo ziri kugikoraho.

Yagize ati “Aba barimu banyu se murabafasha iki? HEC na BRD ibi mukora byungura nde? Minisiteri y’Uburezi ibi bintu murabizi?, Dr Uwamariya [Minisitiri w’Uburezi] mwakurikirana, ahari ikibazo kigacyemuka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagize icyo avuga kuri iki kibazo nubwo atagitomoye, agira ati “Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure.”

Waramutse Anne Marie. Aba barimu bariga kuko bujuje ibisabwa. Nibahumure. https://t.co/P3GsBrdN69

— Dr. Valentine Uwamariya (@Dr_Uwamariya) June 2, 2022

Abakora umwuga w’uburezi mu Rwanda, ni bamwe mu bakunze kugaragaza imbogamizi bahura na zo, kenshi bashingira ku mibereho yabo igoye kubera umushahara muto bahembwa.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yatangiye inzira yo kuzamura ubushobozi bw’abarimu aho yazamuye umushahara wabo ndetse ikaba inabafasha mu bikorwa byo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi mu rwego rwo kuzamura uburezi bw’u Rwanda dore ko ari bwo shingiro y’iterambere ry’ubukungu bw’ahazaza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Aloys Ivumaharinde says:
    4 years ago

    Nukuri MINEDUC ishake uko yafasha abo bavandimwe niba kokobarasezeye mu turere twabo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + one =

Previous Post

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

Next Post

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Related Posts

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

by radiotv10
25/02/2026
0

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Shira amatsiko y’uko u Rwanda rwabyitwaramo mu gihe haba habaye impanuka y’indege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.