Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yakoresheje amagambo aremereye ashinja u Rwanda gufasha M23

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yakoresheje amagambo aremereye ashinja u Rwanda gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Uwungirije Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula Apala Pen’Apala, yashinje u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23.

Yabivugiye mu nama nyunguranabitekerezo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022.

Christophe Lutundula ubwo yagarukaga ku mirwano ihanganishije igisirikare cy’Igihugu cye (FARDC) n’umutwe wa M23, yavuze ko ntagushidikanya ko u Rwanda ari rwo rwagabye igitero ku birindiro by’Ingabo bya Rumangabo.

Yavuze ko uyu munsi badashobora gutekereza ahazaza heza mu giha hatagize igikorwa ngo ibi bikorwa by’intambara bihagarare.

Yagize ati “Ndabivuga mbihagazeho, M23 iraterwa inkunga n’u Rwanda, yagabye igitero ku ngabo zacu z’umuryango Mpuzamahanga za MONUSCO. Ntidushobora gukomeza kubiceceka.”

Uyu muyobozi wa dipolomasi ya DRC, yavuze ko iki Gihugu gifite ubuhamya bukomeye ku bikorwa by’iterabwoba.

Yakomeje agira ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndabivuze tugiye gusohora itangazo rya Politiki ejo [uyu munsi ku wa Kane] cyangwa ejobundi [ku wa Gatanu]. Tuzatangaza itangazo mu rwego rwa politike rizamenyeshwa abakuru b’Ibihugu bose.”

Yakomeje avuga ko ibikorwa by’iterabwoba bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bifite impamvu za politiki zibiri inyuma.

Ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntishobora kuba iyo igomba kuba yo kandi hari Ibihugu byizerera ko byashoboka ariko hari Ibihugu bituryarya. Ntidushobora gukomeza kwihanganira ibi bikorwa bihonyora amategeko.”

Si ubwa mbere ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bushinje u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, gusa ni kenshi Guverinoma y’u Rwanda yagiye inyomoza ibi birego by’ibinyoma.

Nyuma y’igitero cya M23 yagabye ku birindiro bibiri biri muri Teritwari ya Rutshuru mu ijoro rishyira tariki 28 Werurwe 2022, Ubuyobozi bw’Intara ya Ruguru bwashinje igisirikare cy’u Rwanda gufasha uyu mutwe ndetse butangaza ko hafashwemo abasirikare babiri b’u Rwanda.

Ubuyobozi bw’u Rwanda na bwo bwasubije ubwa DRC bikozwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, bwamaganye ibi birego buvuga ko budashobora gutera inkunga umutwe nk’uyu uhungabanya umutekano w’Igihugu cy’igituranyi ndetse ko n’abo basirikare bari batangajwe atigeze agaragara mu bagize igisirikare cy’u Rwanda.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, ubwo Umutwe wa M23 wubaraga imirwano muri DRC ukagaba ibitero mu bice bya Tshanzu na Runyoni Teritwari ya Rutshuru, FARDC yari yatangaje ko aba barwanyi baturutse mu Rwanda, gusa RDF yahise isohora itangazo rinyomoza ibi birego.

Itangazo ryasohowe na RDF tariki 09 Ugushyingo 2021, ryavugaga ko Igisirikare cy’u Rwanda ntaho gihuriye n’igikorwa icyo ari cyo cyose cya M23.

Icyo gihe kandi Igisirikare cy’u Rwanda cyahishuye ko abarwanyi bari bagabye ibyo bitero bari baturutse muri muri Uganda, kivuga ko ibi birego bigamije kwangiza umubano mwiza uri hagati y’ubuyobozi bw’u Rwanda n’ubwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + seventeen =

Previous Post

Kigali: Hafashwe itsinda ry’abakekwaho guhindura imibare iranga Telefone bakoresheje ubuhanga budasanzwe

Next Post

AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.