Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yakoresheje amagambo aremereye ashinja u Rwanda gufasha M23

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yakoresheje amagambo aremereye ashinja u Rwanda gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Uwungirije Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula Apala Pen’Apala, yashinje u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23.

Yabivugiye mu nama nyunguranabitekerezo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022.

Christophe Lutundula ubwo yagarukaga ku mirwano ihanganishije igisirikare cy’Igihugu cye (FARDC) n’umutwe wa M23, yavuze ko ntagushidikanya ko u Rwanda ari rwo rwagabye igitero ku birindiro by’Ingabo bya Rumangabo.

Yavuze ko uyu munsi badashobora gutekereza ahazaza heza mu giha hatagize igikorwa ngo ibi bikorwa by’intambara bihagarare.

Yagize ati “Ndabivuga mbihagazeho, M23 iraterwa inkunga n’u Rwanda, yagabye igitero ku ngabo zacu z’umuryango Mpuzamahanga za MONUSCO. Ntidushobora gukomeza kubiceceka.”

Uyu muyobozi wa dipolomasi ya DRC, yavuze ko iki Gihugu gifite ubuhamya bukomeye ku bikorwa by’iterabwoba.

Yakomeje agira ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndabivuze tugiye gusohora itangazo rya Politiki ejo [uyu munsi ku wa Kane] cyangwa ejobundi [ku wa Gatanu]. Tuzatangaza itangazo mu rwego rwa politike rizamenyeshwa abakuru b’Ibihugu bose.”

Yakomeje avuga ko ibikorwa by’iterabwoba bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bifite impamvu za politiki zibiri inyuma.

Ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntishobora kuba iyo igomba kuba yo kandi hari Ibihugu byizerera ko byashoboka ariko hari Ibihugu bituryarya. Ntidushobora gukomeza kwihanganira ibi bikorwa bihonyora amategeko.”

Si ubwa mbere ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bushinje u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, gusa ni kenshi Guverinoma y’u Rwanda yagiye inyomoza ibi birego by’ibinyoma.

Nyuma y’igitero cya M23 yagabye ku birindiro bibiri biri muri Teritwari ya Rutshuru mu ijoro rishyira tariki 28 Werurwe 2022, Ubuyobozi bw’Intara ya Ruguru bwashinje igisirikare cy’u Rwanda gufasha uyu mutwe ndetse butangaza ko hafashwemo abasirikare babiri b’u Rwanda.

Ubuyobozi bw’u Rwanda na bwo bwasubije ubwa DRC bikozwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, bwamaganye ibi birego buvuga ko budashobora gutera inkunga umutwe nk’uyu uhungabanya umutekano w’Igihugu cy’igituranyi ndetse ko n’abo basirikare bari batangajwe atigeze agaragara mu bagize igisirikare cy’u Rwanda.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, ubwo Umutwe wa M23 wubaraga imirwano muri DRC ukagaba ibitero mu bice bya Tshanzu na Runyoni Teritwari ya Rutshuru, FARDC yari yatangaje ko aba barwanyi baturutse mu Rwanda, gusa RDF yahise isohora itangazo rinyomoza ibi birego.

Itangazo ryasohowe na RDF tariki 09 Ugushyingo 2021, ryavugaga ko Igisirikare cy’u Rwanda ntaho gihuriye n’igikorwa icyo ari cyo cyose cya M23.

Icyo gihe kandi Igisirikare cy’u Rwanda cyahishuye ko abarwanyi bari bagabye ibyo bitero bari baturutse muri muri Uganda, kivuga ko ibi birego bigamije kwangiza umubano mwiza uri hagati y’ubuyobozi bw’u Rwanda n’ubwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 16 =

Previous Post

Kigali: Hafashwe itsinda ry’abakekwaho guhindura imibare iranga Telefone bakoresheje ubuhanga budasanzwe

Next Post

AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.