Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss w’u Rwanda, yavuze ko konti ye ya Instagram yibwe, nyuma yuko hari uyikoresheje abwirana amagambo y’urukundo n’umuherwe wo muri Tanzanzia.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Mutarama 2025 ni bwo hagiye hanze aya makuru yatumye hari abakeka ko Mutesi Jolly wabaye nyampinga w’u Rwanda wa 2016, yaba ari mu rukundo n’umuherwe Lugumi Saidi Hamad.

Aya makuru yazamuwe n’ubutumwa bw’amagambo y’urukundo yatambukaga kuri Konti z’aba bombi, bwo gusubizanyaga, aho ubwavaga kuri konti y’umwe bwashimiraga uyu mukobwa ko yamukunze, undi na we akamubwira ko yamaze kumwimariramo.

Mu butumwa bigaraga ko bwanditswe kuri Konti y’uyu muherwe atanga igitekerezo ku ifoto ya Miss Jolly, bugira buti “Iteka ryose uhora uri mwiza, kandi ndagushimira kuba warankunze.”

Mu butumwa bwaturutse kuri Konti ya Miss Jolly busubiza ubu bwa Lugumi Saidi Hamad, ubwo kuri Konti ya Jolly bwagiraga bui “Namaze kuba uwawe.” Bugasozwa n’akarangabyiyumviro k’umutima gasobanura urukundo.

Nyuma y’ibi, Miss Jolly yanyujije ubutumwa kuri Konti y’Urubuga Nkoranyambaga rwa X, avuga ko konti ye ya Instagram yibwe, bityo ko abantu badakwiye guha agaciro ibiri kunyuzwaho.

Yagize ati “Yemwe bantu banjye. Ndagira ngo mbamenyeshe ko Instagram yanjye yinjiriwe [hacked]. Ndabasabye ntimuhe agaciro ubutumwa n’ibitekerezo biri kuyitangirwaho.”

Miss Jolly wabaye Miss w’u Rwanda yavuze ko konti ye ya Instagram yibwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

The Ben na Pamella nanone mu mashusho nk’aherutse kuzamura impaka

Next Post

Uwabyutse agasanga umugore we yapfuye hasobanuwe uburyo ari we ukekwaho kumwica

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Uwabyutse agasanga umugore we yapfuye hasobanuwe uburyo ari we ukekwaho kumwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.