Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly yatanze umucyo ku byari byatumye hakekwa ko ari mu rukundo n’umunyemari
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss w’u Rwanda, yavuze ko konti ye ya Instagram yibwe, nyuma yuko hari uyikoresheje abwirana amagambo y’urukundo n’umuherwe wo muri Tanzanzia.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Mutarama 2025 ni bwo hagiye hanze aya makuru yatumye hari abakeka ko Mutesi Jolly wabaye nyampinga w’u Rwanda wa 2016, yaba ari mu rukundo n’umuherwe Lugumi Saidi Hamad.

Aya makuru yazamuwe n’ubutumwa bw’amagambo y’urukundo yatambukaga kuri Konti z’aba bombi, bwo gusubizanyaga, aho ubwavaga kuri konti y’umwe bwashimiraga uyu mukobwa ko yamukunze, undi na we akamubwira ko yamaze kumwimariramo.

Mu butumwa bigaraga ko bwanditswe kuri Konti y’uyu muherwe atanga igitekerezo ku ifoto ya Miss Jolly, bugira buti “Iteka ryose uhora uri mwiza, kandi ndagushimira kuba warankunze.”

Mu butumwa bwaturutse kuri Konti ya Miss Jolly busubiza ubu bwa Lugumi Saidi Hamad, ubwo kuri Konti ya Jolly bwagiraga bui “Namaze kuba uwawe.” Bugasozwa n’akarangabyiyumviro k’umutima gasobanura urukundo.

Nyuma y’ibi, Miss Jolly yanyujije ubutumwa kuri Konti y’Urubuga Nkoranyambaga rwa X, avuga ko konti ye ya Instagram yibwe, bityo ko abantu badakwiye guha agaciro ibiri kunyuzwaho.

Yagize ati “Yemwe bantu banjye. Ndagira ngo mbamenyeshe ko Instagram yanjye yinjiriwe [hacked]. Ndabasabye ntimuhe agaciro ubutumwa n’ibitekerezo biri kuyitangirwaho.”

Miss Jolly wabaye Miss w’u Rwanda yavuze ko konti ye ya Instagram yibwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

The Ben na Pamella nanone mu mashusho nk’aherutse kuzamura impaka

Next Post

Uwabyutse agasanga umugore we yapfuye hasobanuwe uburyo ari we ukekwaho kumwica

Related Posts

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Uwabyutse agasanga umugore we yapfuye hasobanuwe uburyo ari we ukekwaho kumwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.