Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Muheto ahishuye ikintu kimwe mu byaba byajujwe n’umusore yaha urukundo

Miss Muheto avuga ko atazi ahaturutse aya makuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa uhiga abandi mu bwiza, mu mico no mu bwenge, Muheto Nshuti Divine ufite ikamba rya Miss Rwanda 2022, avuga ko kimwe mu byaba byujujwe n’umusore yahitamo ngo bibanire, ari ukuba azi Imana.

Ni mu kiganiro yagiranye na Radio 10, cyagarutse ku ngingo zinyuranye, zirimo aho ageze ashyira mu bikorwa umushinga yagaragaje ubwo yahataniraga ikamba, ndetse n’ibirebana n’ubuzima bwe bwite.

Abajijwe ku ku byo gushinga urugo, Miss Muheto yavuze ko aka kanya atari yabitekerezaho kuko agifite imishinga myinshi agomba kubanza gushyira mu bikorwa mbere yo kurushinga.

Ati “Aho mpagaze kano kanya ntabwo ndi tayali kuba nabikora [gushinga urugo] kuko ndacyafite ibintu byinshi nshaka gukora, ndacyafite byinshi nshaka kugeraho mbere yuko natekereza kuri ibyo.”

Nubwo atari yatekereza kubaka urugo, ariko atekereza umusore bazarushingana, ibyo yazaba yujuje, ati “Iyo uhuye ni umuntu wa nyawe birikora, ntabwo navuga ngo conditions ni izi ariko uhuye n’umuntu wawe ibintu byose birikora.”

Abajijwe uko yakwitwara mu gihe abahungu babiri baba baje kumureshya bifuza ko babana, umwe akaba ari usenga, undi akaba adasenga.

Yongeye gusubiramo igisubizo cye kidatomoye, ati “Iyo uhuye n’umuntu ari we wawe ari we muzabana uhita ubimenya, gusa njye mpisemo, nahitamo umuntu uzi Imana.”

Nyampinga w’u Rwanda yakomeje avuga ko kumenya Imana bitandukanye no kujya gusenga, ati “Gusenga ntabwo bivuze kujya mu materaniro ntabwo bivuze guterana buri munsi, ntibivuze gutwara bibiliya ariko njye nahitamo umuntu uzi Imana.”

Miss Muheto yatuganirije

IKIGANIRO CYOSE

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − six =

Previous Post

Hamenyekanye andi makuru mashya y’aho Rusesabagina aherereye nyuma yo gufungurwa

Next Post

Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.