Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Miss Nishimwe Naomie ari gushima Imana mu itorero, anyuzamo akabatera urwenya akanakubita akavugirizo, akomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

Agace k’amashusho yafatiwe mu rusengero, kagaragaza Miss Naomie ari ku ruhimbi imbere y’abakristu ashima Imana.

Muri uko gushimana Imana, avuga ko yagiye imukorera ibitangaza bidasanzwe kuko yabaga afite inshingano nyinshi zamusabaga ubushobozi bw’amafaranga ariko ku bw’amahirwe akayabona.

Ati “Nishyuriraga umuntu amafaranga y’ishuri kandi mu byukuri sinzi ahantu nakuraga amafaranga, kuko iyo umuntu ahembwe agira utuntu twinshi, akishyuraaa agasanga asigaranye amafaranga angahe …byuuuuu [akubita akavugirizo agaragaza ko amafaranga ahita ashira].”

Abakritsu bari bateraniye mu rusengero bahise basekera icyarimwe, na we akomeza agira ati “kuri njye ntabwo nzi ahantu nakuraga amafaranga, ariko Imana yaranshoboje akaba yararangije muri uyu mwaka.”

Uyu mukobwa watsindiye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, akomeza ashima Imana nubundi akoresheje imvugo zuzuye urwenya.

Nyampinga w’u Rwanda wa 2020 Nishimwe Naomie wabatijwe muri Werurwe mu itorero rya Noble Family Church, riyobowe na Apôtre Mignone Kabera. Avuga ko gutanga Amaturo ndetse na Kimwe mu icumi (1/10) bigora cyane Urubyiruko. pic.twitter.com/G64yvU3vsK

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) July 28, 2022

Akomeza avuga ko no mu bizwi nko gutanga icyacumi, na bwo yagiye ahura n’imbogamizi kuko mu mushahara yabonaga yibazaga ukuntu akuramo iryo turo ry’Imana akanuzuza izindi nshingano zimusaba amafaranga, bikamushobera.

Ati “Ariko njyewe nabonaga amafanga, umhuuuu [nabwo abakristu barongera baraseka] nkabwira Imana ngo ‘Mana nawe urabibona ibivamo, amafaranga arashize, agiye he?’…nkabwira Imana nti ‘reka nguheho macye [bongera guseka] ukundi kwezi nzayongeraho noneho nyakube’ muri macye nkiguriza nkabwira Imana nti ‘nguriza amafaranga’.”

Yakomeje avuga ko hari n’irindi jwi ryazaga rigasa nk’aho rimuca intege ku gutanga icya cumi, ati “noneho nkumva umutima urambwiye ngo ‘ese uzi ko aya mafaranga ubona ari akazi Imana yaguhaye ngo ujye ubasha gukemura utubazo twawe?’.”

Aya masengesho, yari yitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye, birimo Ntarindwa Diogène uzwi nka Atome, umuhanzi Rugamba Yves uzwi nka Yverry ndetse n’umukinnyi wa ruhago Danny Usengimana, yari yabereye mu rusengero rw’itorero Noble Family Church riyoborwa n’umupasiteri umaze kubaka izina Apotre Migone Kabera.

Agace k’amashusho yafatiwe muri aya masengesho, kagaragaza Miss Naomie ari gushima Imana, gakomeje gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga za bamwe bashimishijwe n’uburyo uyu mukobwa yakoreshaga imvugo zisekeje ari no gutanga ubutumwa bukomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 19 =

Previous Post

Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo

Next Post

Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.