Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye

radiotv10by radiotv10
11/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwateye utwatsi ibyashinjwe izi ngabo byo kurebera no gufatanya n’umutwe wa M23 mu gufata agace ka Rwindi.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana umurongo muremure w’abarwanyi bivugwa ko ari aba M23, bafite intwaro banyura imbere y’Ingabo za MONUSCO, mu kigo cyazo.

Aba barwanyi bivugwa ko binjiraga mu gace ka Rwindi ko muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru nyuma yo kwamururamo abasirikare b’uruhande bahanganye barimo FARDC ndetse n’ingabo z’u Burundi n’iza SADC.

Bamwe mu banyekongo barimo abakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, bongeye kurakarira Ingabo za MONUSCO kuba zararebereye abarwanyi b’uyu mutwe binjira muri aka gace.

Umunyamakuru Daniel Michombero ukunze kubogamira kuri Leta ya Congo Kinshasa, akaba ari mu ba mbere bashyize hanze aya mashusho, yavuze ko “Nk’uko bimera muri Film! Ubufatanye bwa M23, RDF na AFC na Casque Bleus (MONUSCO) bari muri Rwindi.”

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa DRC (MONUSCO) bwahakanye aya makuru, mu butumwa bwanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Bwagize buti “MONUSCO irahakana yivuye inyuma ibyavuzwe kuri Rwindi hifashishijwe aya mashusho. MONUSCO ikomeje gushyira mu bikorwa inshingano zayo zo kurinda abaturage mu rwego rwo gushyigikira ingabo n’inzego z’umutekano muri Congo.”

Umunyamakuru Michombero wongeye kuvuga ku byatangajwe na MONUSCO, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024, yagaragaje ibyo yita ibimenyetso simusiga ko aya mashusho yafashwe, ari ayo muri aka gace ka Rwindi, kandi ko kugeza ubu kari mu maboko ya M23.

Ni mu gihe umutwe wa M23 na wo wakunze gushinja MONUSCO kuba ikomeje gufatanya na FARDC, ukavuga ko bibabaje kubona Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zinjira mu bufatanye burimo imitwe yitwaje intwaro, irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR wafatiwe ibihano na Loni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

Aba mbere b’Amavubi aheruka guha ibyishimo Abanyarwanda bageze mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Related Posts

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

IZIHERUKA

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.