Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye

radiotv10by radiotv10
11/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwateye utwatsi ibyashinjwe izi ngabo byo kurebera no gufatanya n’umutwe wa M23 mu gufata agace ka Rwindi.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana umurongo muremure w’abarwanyi bivugwa ko ari aba M23, bafite intwaro banyura imbere y’Ingabo za MONUSCO, mu kigo cyazo.

Aba barwanyi bivugwa ko binjiraga mu gace ka Rwindi ko muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru nyuma yo kwamururamo abasirikare b’uruhande bahanganye barimo FARDC ndetse n’ingabo z’u Burundi n’iza SADC.

Bamwe mu banyekongo barimo abakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, bongeye kurakarira Ingabo za MONUSCO kuba zararebereye abarwanyi b’uyu mutwe binjira muri aka gace.

Umunyamakuru Daniel Michombero ukunze kubogamira kuri Leta ya Congo Kinshasa, akaba ari mu ba mbere bashyize hanze aya mashusho, yavuze ko “Nk’uko bimera muri Film! Ubufatanye bwa M23, RDF na AFC na Casque Bleus (MONUSCO) bari muri Rwindi.”

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa DRC (MONUSCO) bwahakanye aya makuru, mu butumwa bwanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Bwagize buti “MONUSCO irahakana yivuye inyuma ibyavuzwe kuri Rwindi hifashishijwe aya mashusho. MONUSCO ikomeje gushyira mu bikorwa inshingano zayo zo kurinda abaturage mu rwego rwo gushyigikira ingabo n’inzego z’umutekano muri Congo.”

Umunyamakuru Michombero wongeye kuvuga ku byatangajwe na MONUSCO, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024, yagaragaje ibyo yita ibimenyetso simusiga ko aya mashusho yafashwe, ari ayo muri aka gace ka Rwindi, kandi ko kugeza ubu kari mu maboko ya M23.

Ni mu gihe umutwe wa M23 na wo wakunze gushinja MONUSCO kuba ikomeje gufatanya na FARDC, ukavuga ko bibabaje kubona Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zinjira mu bufatanye burimo imitwe yitwaje intwaro, irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR wafatiwe ibihano na Loni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Aba mbere b’Amavubi aheruka guha ibyishimo Abanyarwanda bageze mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.