• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wemeje ko ugiye gukura ingabo zawo [MONUSCO] mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Impuguke muri politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko nubwo u Rwanda rwakunze kunenga imyitwarire yazo, ariko ntacyo byahindura mu mubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi.

U Rwanda rwari rumaze igihe rushinja ingabo z’uyu Muryango gufasha abarwanyi ba FDLR kandi zikaba zimaze imyaka 25 zoherejwe guhangana nawo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yemeje ko ingabo za MONUSCO zizasoza ubutumwa zirimo muri DRC bitarenze muri 2024.

Icyakora uyu muyobozi yongeyeho ko izi ngabo nizimara kuva muri iki Gihugu, umutekano uzarushaho kuzamba, ku buryo abasivile bazarushaho kugira ibyago byo kwicwa no guhohoterwa.

U Rwanda rwari rumaze igihe rushinja ingabo z’uyu Muryango gufasha abarwanyi ba FDLR kandi zikaba zimaze imyaka 25 zoherejwe guhangana nawo.

Iyo myaka izo ngabo zari zimaze muri Congo; harimo imyaka 10 y’ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23, byanashyize urukuta hagati y’umubano w’u Rwanda na Congo.

Muri 2022 Perezida Paul Kagame yavuze ko izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zitigeze zizikora inshingano zazo, nyamara zimaze imyaka irenga 20.

Yagize ati “Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Congo guhangana nacyo. Bari bajyanywe no guhangana na FDLR n’indi mitwe, ariko nta munsi n’umwe naba nibuka cyangwa namwe muzi; izi ngabo zaba zararwanye na FDLR, ariko bashishikajwe no kurwana na M23.

Ibi ni nabyo byabaye muri 2012. Icyo gihe twababwiye inama ko bari gukemura igi cy’ikibazo, ikindi kizatugiraho ingaruka twese. Twababwiye ko atari ikibazo cyo gukemura mu buryo bw’igisirikare; ahubwo gishingiye kuri politike. Bakabaye bafasha Guverinoma ya Congo kugikemura, ariko baratwirengagije.

Nyuma y’imyaka icumi, ikibazo kitugarutseho twese. None icyo basigaranye cyonyine ni ugushinja u Rwanda ko rubifitemo uruhare.”

Perezida Kagame yavuze ko izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zatumye ibibazo by’umutekano birushaho kuba bibi.

Yagize ati “Ingabo za Congo zifatanya na FDLR kurwanya M23. Umuryango w’Abibumbye urushaho kubizambya. Bafasha ingabo za leta, ariko bazi neza ko izo ngabo zifatanya n’umutwe wa FDLR mu rugamba na M23. Bivuze ko ku ruhande rumwe hari M23 urundi rukabaho igisirikare cya congo, MONUSCO na FDLR, nyamara bakabaye barwanya FDLR bakabatsinda ndetse abashaka kugaruka mu rugo bakanabasubiza mu buzima busanzwe.”

Nubwo izi ngabo zatangiye kubarira iminsi ku ntoki, umuhanga muri Politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko kuba izi ngabo zigiye kuva muri Congo bidashobora kuba igisubizo cy’umutekano mucye umaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa Congo nk’izingiro ry’ibibazo biri mu mubano w’u Rwanda na Congo.

Yagize ati “Kuvayo kwazo ntacyo byica nta n’icyo bikiza, kuko mu gihe bamazeyo ntacyo byagabanyije. Numva ko ikibazo kitari izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ku mubano w’u Rwanda na DRC, kuko bashoboraga no kubana neza izi ngabo zitaragenda. Kuba izi ngabo zagenda ntacyo bihindura.”

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko Abanyekongo basaga miliyoni 26 bugarijwe n’inzara, abandi bari mu buhungiro. Ibyo ngo biri mu bibazo bikomeye izi ngabo zigera ku bihumbi 15 zigiye gusiga muri Congo. Ku bw’ibyo ngo hakenewe ubufasha bwihuse kugira ngo abasivile batarushaho kugarizwa n’ibibazo bikomeye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + eighteen =

Previous Post

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Next Post

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.