Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
MONUSCO yazambije ibintu muri Congo cyera kabaye ibyayo bigiye kurangira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wemeje ko ugiye gukura ingabo zawo [MONUSCO] mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Impuguke muri politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko nubwo u Rwanda rwakunze kunenga imyitwarire yazo, ariko ntacyo byahindura mu mubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi.

U Rwanda rwari rumaze igihe rushinja ingabo z’uyu Muryango gufasha abarwanyi ba FDLR kandi zikaba zimaze imyaka 25 zoherejwe guhangana nawo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yemeje ko ingabo za MONUSCO zizasoza ubutumwa zirimo muri DRC bitarenze muri 2024.

Icyakora uyu muyobozi yongeyeho ko izi ngabo nizimara kuva muri iki Gihugu, umutekano uzarushaho kuzamba, ku buryo abasivile bazarushaho kugira ibyago byo kwicwa no guhohoterwa.

U Rwanda rwari rumaze igihe rushinja ingabo z’uyu Muryango gufasha abarwanyi ba FDLR kandi zikaba zimaze imyaka 25 zoherejwe guhangana nawo.

Iyo myaka izo ngabo zari zimaze muri Congo; harimo imyaka 10 y’ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23, byanashyize urukuta hagati y’umubano w’u Rwanda na Congo.

Muri 2022 Perezida Paul Kagame yavuze ko izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zitigeze zizikora inshingano zazo, nyamara zimaze imyaka irenga 20.

Yagize ati “Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Congo guhangana nacyo. Bari bajyanywe no guhangana na FDLR n’indi mitwe, ariko nta munsi n’umwe naba nibuka cyangwa namwe muzi; izi ngabo zaba zararwanye na FDLR, ariko bashishikajwe no kurwana na M23.

Ibi ni nabyo byabaye muri 2012. Icyo gihe twababwiye inama ko bari gukemura igi cy’ikibazo, ikindi kizatugiraho ingaruka twese. Twababwiye ko atari ikibazo cyo gukemura mu buryo bw’igisirikare; ahubwo gishingiye kuri politike. Bakabaye bafasha Guverinoma ya Congo kugikemura, ariko baratwirengagije.

Nyuma y’imyaka icumi, ikibazo kitugarutseho twese. None icyo basigaranye cyonyine ni ugushinja u Rwanda ko rubifitemo uruhare.”

Perezida Kagame yavuze ko izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zatumye ibibazo by’umutekano birushaho kuba bibi.

Yagize ati “Ingabo za Congo zifatanya na FDLR kurwanya M23. Umuryango w’Abibumbye urushaho kubizambya. Bafasha ingabo za leta, ariko bazi neza ko izo ngabo zifatanya n’umutwe wa FDLR mu rugamba na M23. Bivuze ko ku ruhande rumwe hari M23 urundi rukabaho igisirikare cya congo, MONUSCO na FDLR, nyamara bakabaye barwanya FDLR bakabatsinda ndetse abashaka kugaruka mu rugo bakanabasubiza mu buzima busanzwe.”

Nubwo izi ngabo zatangiye kubarira iminsi ku ntoki, umuhanga muri Politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan avuga ko kuba izi ngabo zigiye kuva muri Congo bidashobora kuba igisubizo cy’umutekano mucye umaze imyaka 30 mu burasirazuba bwa Congo nk’izingiro ry’ibibazo biri mu mubano w’u Rwanda na Congo.

Yagize ati “Kuvayo kwazo ntacyo byica nta n’icyo bikiza, kuko mu gihe bamazeyo ntacyo byagabanyije. Numva ko ikibazo kitari izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ku mubano w’u Rwanda na DRC, kuko bashoboraga no kubana neza izi ngabo zitaragenda. Kuba izi ngabo zagenda ntacyo bihindura.”

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko Abanyekongo basaga miliyoni 26 bugarijwe n’inzara, abandi bari mu buhungiro. Ibyo ngo biri mu bibazo bikomeye izi ngabo zigera ku bihumbi 15 zigiye gusiga muri Congo. Ku bw’ibyo ngo hakenewe ubufasha bwihuse kugira ngo abasivile batarushaho kugarizwa n’ibibazo bikomeye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Iby’u Rwanda na Congo byongeye kuganirwaho ku rwego rwo hejuru

Next Post

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Amezi ane y’amarira muri Sudan: Zimwe mu ngaruka z’intambara yadukanye ubukana budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.