Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses imbere y’Urukiko yatanze ibisobanuro bitunguranye ku cyaha cyo kunywa urumogi

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses imbere y’Urukiko yatanze ibisobanuro bitunguranye ku cyaha cyo kunywa urumogi
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri, ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, bwa mbere agezwa imbere y’Urukiko, yemeye ko yigeze kunywa urumogi, ariko ko urwo yafatanywe na we atazi aho rwaturutse.

Moses Turahirwa washize inzu y’imideri izwi nka Moshions, uyu munsi yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo Ubushinjacyaha bumusabire gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bumusabira gukurikiranwa afunze, bwatangaje ko ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yafatanywe ikiyobyabwenge cy’urumogi ndetse n’ibizamini bikaba byaragaragaje ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Moses Turahirwa yasanganywe urumogi iwe mu rugo rwari ruri mu ishati ye. Aho ibi byose biri mu bimenyetso bishingirwaho hagaragazwa ko iki cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge akekwaho, yagikoze.

Uyu musore yisobanuye yemera ko yanyoye urumogi, ariko ko atigeze arunywera mu Rwanda ahubwo ko yarunywereye mu Butaliyani ubwo yahabaga mu gihe cy’imyaka ibiri.

Yavuze kandi ko muri iki Gihugu yanywereyemo urumogi, ho bidafatwa nk’icyaha, ku buryo yarunywaga ari ibisanzwe, yumva nta cyaha yari ari gukora.

Ku rumogi rwasanzwe mu mufuka w’ishati ye, Moses yavuze ko na we atazi uburyo rwahageze kuko yari ikiri nshya yari atarambara, ku buryo atazi uwarushyizemo.

Moses Turahirwa kandi aregwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, gishingiye kuri Pasiporo yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, igaragaza ko yemerewe kwandikirwamo ko ari igitsinagore.

Ni ifoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ariko akaza kuyisiba mu gihe gito nyuma yuko ayishyizeho, anashima Leta y’u Rwanda kuba yarabimwemereye.

Kuri iki cyaha, yisobanuye avuga ko iby’iyi nyandiko yabikoze ari gukina Film ye yitwa Kwanda, kandi ko iriya Pasiporo atigeze agaragaza nimero yayo.

Yavuze ko iyo nyandiko ya Pasiporo yagaragaje, nta hantu na hamwe yigeze ayikoresha, ku buryo byafatwa nk’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uregwa wasabaga gukurikiranwa ari hanze, yanatanze ingwate zirimo inzu ye y’imideri ya Moshions, ndetse n’umuvandimwe we [mushiki we] wemeye kumwishingira.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa, rwanzura ko icyemezo kizasomwa ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 2 =

Previous Post

Uko abasore bakiri bato bibye 1.500.000Frw bakayafatanwa bamaze kuyagabana

Next Post

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.