Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses imbere y’Urukiko yatanze ibisobanuro bitunguranye ku cyaha cyo kunywa urumogi

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses imbere y’Urukiko yatanze ibisobanuro bitunguranye ku cyaha cyo kunywa urumogi
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri, ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, bwa mbere agezwa imbere y’Urukiko, yemeye ko yigeze kunywa urumogi, ariko ko urwo yafatanywe na we atazi aho rwaturutse.

Moses Turahirwa washize inzu y’imideri izwi nka Moshions, uyu munsi yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo Ubushinjacyaha bumusabire gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bumusabira gukurikiranwa afunze, bwatangaje ko ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yafatanywe ikiyobyabwenge cy’urumogi ndetse n’ibizamini bikaba byaragaragaje ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Moses Turahirwa yasanganywe urumogi iwe mu rugo rwari ruri mu ishati ye. Aho ibi byose biri mu bimenyetso bishingirwaho hagaragazwa ko iki cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge akekwaho, yagikoze.

Uyu musore yisobanuye yemera ko yanyoye urumogi, ariko ko atigeze arunywera mu Rwanda ahubwo ko yarunywereye mu Butaliyani ubwo yahabaga mu gihe cy’imyaka ibiri.

Yavuze kandi ko muri iki Gihugu yanywereyemo urumogi, ho bidafatwa nk’icyaha, ku buryo yarunywaga ari ibisanzwe, yumva nta cyaha yari ari gukora.

Ku rumogi rwasanzwe mu mufuka w’ishati ye, Moses yavuze ko na we atazi uburyo rwahageze kuko yari ikiri nshya yari atarambara, ku buryo atazi uwarushyizemo.

Moses Turahirwa kandi aregwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, gishingiye kuri Pasiporo yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, igaragaza ko yemerewe kwandikirwamo ko ari igitsinagore.

Ni ifoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ariko akaza kuyisiba mu gihe gito nyuma yuko ayishyizeho, anashima Leta y’u Rwanda kuba yarabimwemereye.

Kuri iki cyaha, yisobanuye avuga ko iby’iyi nyandiko yabikoze ari gukina Film ye yitwa Kwanda, kandi ko iriya Pasiporo atigeze agaragaza nimero yayo.

Yavuze ko iyo nyandiko ya Pasiporo yagaragaje, nta hantu na hamwe yigeze ayikoresha, ku buryo byafatwa nk’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uregwa wasabaga gukurikiranwa ari hanze, yanatanze ingwate zirimo inzu ye y’imideri ya Moshions, ndetse n’umuvandimwe we [mushiki we] wemeye kumwishingira.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa, rwanzura ko icyemezo kizasomwa ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 1 =

Previous Post

Uko abasore bakiri bato bibye 1.500.000Frw bakayafatanwa bamaze kuyagabana

Next Post

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

24/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.