Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses imbere y’Urukiko yatanze ibisobanuro bitunguranye ku cyaha cyo kunywa urumogi

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses imbere y’Urukiko yatanze ibisobanuro bitunguranye ku cyaha cyo kunywa urumogi
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri, ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, bwa mbere agezwa imbere y’Urukiko, yemeye ko yigeze kunywa urumogi, ariko ko urwo yafatanywe na we atazi aho rwaturutse.

Moses Turahirwa washize inzu y’imideri izwi nka Moshions, uyu munsi yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo Ubushinjacyaha bumusabire gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye zituma bumusabira gukurikiranwa afunze, bwatangaje ko ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yafatanywe ikiyobyabwenge cy’urumogi ndetse n’ibizamini bikaba byaragaragaje ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Moses Turahirwa yasanganywe urumogi iwe mu rugo rwari ruri mu ishati ye. Aho ibi byose biri mu bimenyetso bishingirwaho hagaragazwa ko iki cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge akekwaho, yagikoze.

Uyu musore yisobanuye yemera ko yanyoye urumogi, ariko ko atigeze arunywera mu Rwanda ahubwo ko yarunywereye mu Butaliyani ubwo yahabaga mu gihe cy’imyaka ibiri.

Yavuze kandi ko muri iki Gihugu yanywereyemo urumogi, ho bidafatwa nk’icyaha, ku buryo yarunywaga ari ibisanzwe, yumva nta cyaha yari ari gukora.

Ku rumogi rwasanzwe mu mufuka w’ishati ye, Moses yavuze ko na we atazi uburyo rwahageze kuko yari ikiri nshya yari atarambara, ku buryo atazi uwarushyizemo.

Moses Turahirwa kandi aregwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, gishingiye kuri Pasiporo yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, igaragaza ko yemerewe kwandikirwamo ko ari igitsinagore.

Ni ifoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ariko akaza kuyisiba mu gihe gito nyuma yuko ayishyizeho, anashima Leta y’u Rwanda kuba yarabimwemereye.

Kuri iki cyaha, yisobanuye avuga ko iby’iyi nyandiko yabikoze ari gukina Film ye yitwa Kwanda, kandi ko iriya Pasiporo atigeze agaragaza nimero yayo.

Yavuze ko iyo nyandiko ya Pasiporo yagaragaje, nta hantu na hamwe yigeze ayikoresha, ku buryo byafatwa nk’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uregwa wasabaga gukurikiranwa ari hanze, yanatanze ingwate zirimo inzu ye y’imideri ya Moshions, ndetse n’umuvandimwe we [mushiki we] wemeye kumwishingira.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa, rwanzura ko icyemezo kizasomwa ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Uko abasore bakiri bato bibye 1.500.000Frw bakayafatanwa bamaze kuyagabana

Next Post

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Umusesenguzi agaragaje ikirengagijwe n’Umuryango wiyemeje kohereza izindi ngabo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.