Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri, Moise Turahirwa uzwi nka Moses, washinze inzu y’imideri ikomeye ya Moshions, yongeye gushyira hanze ifoto yambaye uko yavutse, avuga ko agiye gusenga.

Ni ifoto yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, igaragaza uyu musore avuye mu bwogero bwa kizungu (Piscine) ashyiraho ubutumwa ko agiye mu rusengero.

Gusa nyuma y’iminota ikabakaba mirongo itanu, uyu musore ufite izina rikomeye mu guhanga imideri mu Rwanda, yasibye iyi foto ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Instagram, mu gihe ahashyirwa ubutumwa buzwi nka Status, na ho hagaragara amashusho y’uyu musore yambaye ubusa.

Moses yashyize hanze iyi foto nyuma y’umwaka n’igice ashyize indi kuri Instagram na yo yateje impaka, ubwo yavugaga ko ari kwamamaza ubwoko bw’imyambaro agiye gushyira hanze.

Mu kwezi k’Ukuboza 2022, Moses na bwo yari yashyize ifoto kuri Instagram na bwo yambaye ubusa ariko yakinze agatambaro ku myanya y’ibanga ye.

Ni ifoto yazamuye impaka mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, barimo n’abasabye inzego zishinzwe umuco, kubyinjiramo zikagira icyo zikora, mu gihe hari n’abavuze ko bagiye gutwika imyenda baguze mu nzu ya Moshions.

Nanone kandi muri Mutarama umwaka ushize wa 2023, ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye amashusho akojeje isoni y’uyu musore wariho akorana imibonano mpuzabitsina n’abandi b’igitsinagabo, aho yaje kuvuga ko ari ayo azifashisha muri film yari ari gukora ivuga ku myororokere y’Ingagi.

Muri Mata umwaka ushize, Moses Turahirwa yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rumukurikiranyeho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge by’urumogi ndetse no gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu musore wari watawe muri yombi nyuma yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza ko Pasiporo ye yemerewe na Leta y’u Rwanda ko handikwamo ko ari igitsinagore, yaje gukurikiranwaho icyaha cyo gukoresha ikiyobyabwenge cy’Urumogi dore ko yanarusanganywe iwe.

Muri Kamena 2023, Moses yaje kurekurwa by’agateganyo, nyuma y’uko atakambiye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, avuga ko igihe yari amaze mu Igororero yari amaze kwiga byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

Next Post

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

IZIHERUKA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo
AMAHANGA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.