Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri, Moise Turahirwa uzwi nka Moses, washinze inzu y’imideri ikomeye ya Moshions, yongeye gushyira hanze ifoto yambaye uko yavutse, avuga ko agiye gusenga.

Ni ifoto yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, igaragaza uyu musore avuye mu bwogero bwa kizungu (Piscine) ashyiraho ubutumwa ko agiye mu rusengero.

Gusa nyuma y’iminota ikabakaba mirongo itanu, uyu musore ufite izina rikomeye mu guhanga imideri mu Rwanda, yasibye iyi foto ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Instagram, mu gihe ahashyirwa ubutumwa buzwi nka Status, na ho hagaragara amashusho y’uyu musore yambaye ubusa.

Moses yashyize hanze iyi foto nyuma y’umwaka n’igice ashyize indi kuri Instagram na yo yateje impaka, ubwo yavugaga ko ari kwamamaza ubwoko bw’imyambaro agiye gushyira hanze.

Mu kwezi k’Ukuboza 2022, Moses na bwo yari yashyize ifoto kuri Instagram na bwo yambaye ubusa ariko yakinze agatambaro ku myanya y’ibanga ye.

Ni ifoto yazamuye impaka mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, barimo n’abasabye inzego zishinzwe umuco, kubyinjiramo zikagira icyo zikora, mu gihe hari n’abavuze ko bagiye gutwika imyenda baguze mu nzu ya Moshions.

Nanone kandi muri Mutarama umwaka ushize wa 2023, ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye amashusho akojeje isoni y’uyu musore wariho akorana imibonano mpuzabitsina n’abandi b’igitsinagabo, aho yaje kuvuga ko ari ayo azifashisha muri film yari ari gukora ivuga ku myororokere y’Ingagi.

Muri Mata umwaka ushize, Moses Turahirwa yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rumukurikiranyeho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge by’urumogi ndetse no gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu musore wari watawe muri yombi nyuma yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza ko Pasiporo ye yemerewe na Leta y’u Rwanda ko handikwamo ko ari igitsinagore, yaje gukurikiranwaho icyaha cyo gukoresha ikiyobyabwenge cy’Urumogi dore ko yanarusanganywe iwe.

Muri Kamena 2023, Moses yaje kurekurwa by’agateganyo, nyuma y’uko atakambiye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, avuga ko igihe yari amaze mu Igororero yari amaze kwiga byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

Next Post

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

Related Posts

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe Dorcas, yashyize hanze ubutumwa buca amarenga ko mu rugo...

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kubera ibyaha byo kunywa no gutunda urumogi, bivugwa ko yemera...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

by radiotv10
18/11/2025
0

Mu myaka yshize, imyambarire no kwiyitaho byari iby’abakobwa n’abagore. Abasore n’abagabo benshi bumvaga ibyo guhitamo imyenda myiza no kwisiga amavuta...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.