Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri, Moise Turahirwa uzwi nka Moses, washinze inzu y’imideri ikomeye ya Moshions, yongeye gushyira hanze ifoto yambaye uko yavutse, avuga ko agiye gusenga.

Ni ifoto yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, igaragaza uyu musore avuye mu bwogero bwa kizungu (Piscine) ashyiraho ubutumwa ko agiye mu rusengero.

Gusa nyuma y’iminota ikabakaba mirongo itanu, uyu musore ufite izina rikomeye mu guhanga imideri mu Rwanda, yasibye iyi foto ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Instagram, mu gihe ahashyirwa ubutumwa buzwi nka Status, na ho hagaragara amashusho y’uyu musore yambaye ubusa.

Moses yashyize hanze iyi foto nyuma y’umwaka n’igice ashyize indi kuri Instagram na yo yateje impaka, ubwo yavugaga ko ari kwamamaza ubwoko bw’imyambaro agiye gushyira hanze.

Mu kwezi k’Ukuboza 2022, Moses na bwo yari yashyize ifoto kuri Instagram na bwo yambaye ubusa ariko yakinze agatambaro ku myanya y’ibanga ye.

Ni ifoto yazamuye impaka mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, barimo n’abasabye inzego zishinzwe umuco, kubyinjiramo zikagira icyo zikora, mu gihe hari n’abavuze ko bagiye gutwika imyenda baguze mu nzu ya Moshions.

Nanone kandi muri Mutarama umwaka ushize wa 2023, ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye amashusho akojeje isoni y’uyu musore wariho akorana imibonano mpuzabitsina n’abandi b’igitsinagabo, aho yaje kuvuga ko ari ayo azifashisha muri film yari ari gukora ivuga ku myororokere y’Ingagi.

Muri Mata umwaka ushize, Moses Turahirwa yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rumukurikiranyeho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge by’urumogi ndetse no gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu musore wari watawe muri yombi nyuma yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza ko Pasiporo ye yemerewe na Leta y’u Rwanda ko handikwamo ko ari igitsinagore, yaje gukurikiranwaho icyaha cyo gukoresha ikiyobyabwenge cy’Urumogi dore ko yanarusanganywe iwe.

Muri Kamena 2023, Moses yaje kurekurwa by’agateganyo, nyuma y’uko atakambiye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, avuga ko igihe yari amaze mu Igororero yari amaze kwiga byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Menya impamvu hifuzwa ko umubare w’Abadepite mu Nteko y’u Rwanda wiyongeraho 1/2

Next Post

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.