Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses washinze inzu y’imideri izwi nka Moshions uregwa gutunda, kubika, no kunywa ibiyobyabwenge, yemereye Urukiko ko yanyoye ikiyobyabwenge cy’urumongi ngo kugira ngo yirengagize ibibazo by’agahinda gakabije afite.

Ni mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025 mu cyumba cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho yagejejwe mu gitondo cya kare.

Umushinjacyaha yavuze ko Moses aregwa icyaha cyo gutunda, kubika, no kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse ko yafatanywe udupfunyika 13 tw’urumogi yari akuye muri Kenya.

Uyu muhanga mu guhanga imideri ubwo yari ahawe ijambo ngo agire icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yabanje gufatwa n’ikiniga yumvikana arira.

Moses Turahirwa wumvikanaga mu gahinda, yavuze yafunzwe kubera ibyo yatangaje ku mukuru w’Igihugu, mu gihe Ubushinjacyaha ndetse n’Ubugenzacyaha buhuriza ku kuba aregwa gukoresha ibiyobyabwenge ndetse mu mubiri we akaba yarasanzwemo igipimo cyo hejuru.

Uregwa utahakanye ibyo kunywa urumogi, yahakanye icyaha cyo gutunda urumogi, avuga ko iyi mvugo yaba iremereza icyaha, ahubwo ko we yafatanuwe utugarama tubiri tw’iki Kiyobyabwenge muri garama eshanu yari yakuye muri Kenya.

Moses Turahirwa yavuze ko n’izo Garama ebyiri yazitanze ku bushake atigeze ahangana n’inzego, aboneraho no kwemerera Urukiko ko anyway iki kiyobyabwenge.

Yavuze ko anyway urumogi kugira ngo rumufashe guhangana n’ikibazo cy’agahinda gakabije afite, dore ko asanzwe afite abagana bo mu mutwe batangiye kumuganiriza kugira ngo akire.

Yavuze kandi ko yari akomeje urugendo rwo kwivuza ingaruka z’urumogi, ndetse ko yari afite itike y’indege igomba kumwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America kujya kwivurizayo.

Uyu muhangamideri yasabye Urukiko kurekurwa ngo kuko afite indwara y’agahinga gakabije, mu gihe Ubushinjacyaha bwo buvuga ko uregwa yakoze insubiracyaha kuko n’ubundi iki cyaha yagikurikiranyweho, bityo ko Urukiko rukwiye gufata icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo kubera uburemere bw’insubiracyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 14 =

Previous Post

Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n’ibyo bazagendera kure

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n’ibyo bazagendera kure

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n'ibyo bazagendera kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.