Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses washinze inzu y’imideri izwi nka Moshions uregwa gutunda, kubika, no kunywa ibiyobyabwenge, yemereye Urukiko ko yanyoye ikiyobyabwenge cy’urumongi ngo kugira ngo yirengagize ibibazo by’agahinda gakabije afite.

Ni mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025 mu cyumba cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho yagejejwe mu gitondo cya kare.

Umushinjacyaha yavuze ko Moses aregwa icyaha cyo gutunda, kubika, no kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse ko yafatanywe udupfunyika 13 tw’urumogi yari akuye muri Kenya.

Uyu muhanga mu guhanga imideri ubwo yari ahawe ijambo ngo agire icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yabanje gufatwa n’ikiniga yumvikana arira.

Moses Turahirwa wumvikanaga mu gahinda, yavuze yafunzwe kubera ibyo yatangaje ku mukuru w’Igihugu, mu gihe Ubushinjacyaha ndetse n’Ubugenzacyaha buhuriza ku kuba aregwa gukoresha ibiyobyabwenge ndetse mu mubiri we akaba yarasanzwemo igipimo cyo hejuru.

Uregwa utahakanye ibyo kunywa urumogi, yahakanye icyaha cyo gutunda urumogi, avuga ko iyi mvugo yaba iremereza icyaha, ahubwo ko we yafatanuwe utugarama tubiri tw’iki Kiyobyabwenge muri garama eshanu yari yakuye muri Kenya.

Moses Turahirwa yavuze ko n’izo Garama ebyiri yazitanze ku bushake atigeze ahangana n’inzego, aboneraho no kwemerera Urukiko ko anyway iki kiyobyabwenge.

Yavuze ko anyway urumogi kugira ngo rumufashe guhangana n’ikibazo cy’agahinda gakabije afite, dore ko asanzwe afite abagana bo mu mutwe batangiye kumuganiriza kugira ngo akire.

Yavuze kandi ko yari akomeje urugendo rwo kwivuza ingaruka z’urumogi, ndetse ko yari afite itike y’indege igomba kumwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America kujya kwivurizayo.

Uyu muhangamideri yasabye Urukiko kurekurwa ngo kuko afite indwara y’agahinga gakabije, mu gihe Ubushinjacyaha bwo buvuga ko uregwa yakoze insubiracyaha kuko n’ubundi iki cyaha yagikurikiranyweho, bityo ko Urukiko rukwiye gufata icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo kubera uburemere bw’insubiracyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 17 =

Previous Post

Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n’ibyo bazagendera kure

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n’ibyo bazagendera kure

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n'ibyo bazagendera kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.