Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mozambique: Ibyihebe byaciwe intege na RDF byubuye umutwe noneho byadukana gushimuta

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Mozambique: Ibyihebe byaciwe intege na RDF byubuye umutwe noneho byadukana gushimuta
Share on FacebookShare on Twitter

Imitwe ikorera ibikorwa by’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique, imaze iminsi irwanywa n’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iz’iki Gihugu, iravugwaho guhindura umuvuno, aho ubu uri gushimuta abana.

Iyi mitwe y’iterabwoba, iravugwaho kuba yaragabye ibitero byashimuse abana barenga 70 muri iyi Ntara ya Cabo Delgado, nk’uko byatangajwe na Perezida Filipe Nyusi w’iki Gihugu.

Nyusi kandi yari aherutse gutangaza ko abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba bagendera ku mahamwe ya kisilamu bahinduye umuvuno basigaye bagaba ibitero bagamije gushimuta abana, ibintu bihangayikishije igihugu.

Abaganga batagira umupaka bo bavuga ko kuva mu ntangiro z’uyu mwaka abantu hafi ibihumbi 100 bavuye mu byabo barahunga kandi 60% by’abahunze ni abana, naho ibigo by’amashuri bigera ku 129 byafunze imiryango.

Kuva mu mwaka wa 2017, Mozambique yibasiwe bikomeye n’ibikorwa by’iterabwoba cyane cyane mu Ntara ya Cabo Delgado ikungahaye ku mutungo kamere, aho abo barwanyi bicaga abantu urw’agashinyaguro babaciye imitwe, abandi bakabashimuta.

Ni ibintu byasize Igihugu cyugarijwe n’ubukene, abaturage benshi batakaza akazi, abandi basigara badafite aho gukinga umusaya kuko abarenga ibihumbi 540 barahunze.

Gusa kuva inzego z’umutekano z’u Rwanda zajya mu butumwa bwo kugarura amahori muri iyi Ntara, hakozwe akazi katoroshye, aho zifatanyije n’iza Mozambique zagiye zirukana ibyihebe, ndetse bamwe mu baturage bari barahunze, bakaba barasubijwe mu byabo.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 8 =

Previous Post

Umuraperi w’izina rikomeye bwa mbere yasubije abamushinja ubutinganyi

Next Post

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.