Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko akurikije amahirwe ari muri iki Gihugu ayoboye nta Murundi wari ukwiye kuba umushomeri ahubwo ko biterwa n’ubunebwe bwa bamwe.

Ndayishimiye wakunze kugaragaza ko nta shoramari atakora ryamwinjiriza amafaranga dore ko asanzwe ari n’umuhinzi mworozi, yatangaje ko muri iki Gihugu nta muntu wari ukwiye kubura icyo akora.

Icyakora ngo nko ku Mugabane w’u Burayi ho birashoboka ndetse ko ahora abona abaturage benshi bo kuri uyu Mugabane batagira akazi.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe ushobora gushomera, njyewe n’iyo wabintera mu rushinge, aha mu Burundi aha, i Burayi kabisa abashomeri bariyo, ndababona kandi ndabyemeza, ariko muri ubu Burundi nta mushomeri n’umwe uhari, hari ibinebwe, hari ibinebwe.”

Ibi yabivugaga ahereye ku kuba hari abarangije amashuri birirwa bataka ko babuze akazi, akavuga ko kwiga na byo byazanye ikibazo kuko hari n’abize batagira icyo bamarira Igihugu cyabo.

Ati “None ko mfite abadogiteri n’aba-ingénieur benshi cyane n’aba- Licensier batari kumfasha iterambere? Nzaririmba gute ko ishuri ari ryo muzi w’iterambere mu gihe ntabona abize hari icyo bari kumarira.”

Perezida Ndayishimiye yakomeje avuga ko ahubwo abona amashuri yarazanye ingorane. Ati “Kuko umuntu arangiza amashuri umutima wabyimbye. Umwana abona diplome uyu munsi saa kumi ejo mwahura, ngo ‘erega nabuze akazi’ ngo ‘mpa akazi’.”

Ndayishimiye avuga ko ubundi iyo umuntu yize akorehsa ubumenyi yakuye mu ishuri ubundi akabuhuza n’ubwo asanganywe agashaka icyo akora cyamuteza imbere.

Perezida Ndayishimiye mu mpera z’icyumweru gishize yasuye Umurundi Jackson Nahayo wari warahungiye muri Canada waje gutahuka, ubu akaba ari umuhinzi mworozi wa kijyambere.

Uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi yaboneyeho gusaba Abayobozi b’Intara zose guhamagarira Abarundi bakomoka mu Ntara bayoboye bagiye hanze, gutahuka bakaza gukora ibikorwa bibateza imbere ngo kuko mu Burundi hari amahirwe menshi.

Perezida Ndayishimiye yakunze kugaragara ari mu bikorwa by’ubuhinzi, ari guhinga we ubwe ndetse anasarura imyaka yera mu mirima ye.

Perezida Ndayishimiye ajya gusarura ibirayi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Amafoto y’indobanure: Uburanga n’ikimero ntagireranywa by’umukobwa waterewe ivi na myugariro ubikoze kabiri

Next Post

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Related Posts

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abasirikare batatu b’Ingabo za Uganda, bishwe n’impanuka yabereye mu Mujyi wa Bunia muri Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo....

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

by radiotv10
29/07/2025
1

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, yagaragaye atwaye imodoka ishaje yo mu bwoko bwa Toyota Previa, agenda mu muhanda...

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abantu 34 bo muri Lokarite ya Kiraku muri Teritwari ya Walikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize ibibazo birimo...

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.