Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
15/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Mu Burundi nta bashomeri bahari ahubwo hari ibinebwe- Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko akurikije amahirwe ari muri iki Gihugu ayoboye nta Murundi wari ukwiye kuba umushomeri ahubwo ko biterwa n’ubunebwe bwa bamwe.

Ndayishimiye wakunze kugaragaza ko nta shoramari atakora ryamwinjiriza amafaranga dore ko asanzwe ari n’umuhinzi mworozi, yatangaje ko muri iki Gihugu nta muntu wari ukwiye kubura icyo akora.

Icyakora ngo nko ku Mugabane w’u Burayi ho birashoboka ndetse ko ahora abona abaturage benshi bo kuri uyu Mugabane batagira akazi.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe ushobora gushomera, njyewe n’iyo wabintera mu rushinge, aha mu Burundi aha, i Burayi kabisa abashomeri bariyo, ndababona kandi ndabyemeza, ariko muri ubu Burundi nta mushomeri n’umwe uhari, hari ibinebwe, hari ibinebwe.”

Ibi yabivugaga ahereye ku kuba hari abarangije amashuri birirwa bataka ko babuze akazi, akavuga ko kwiga na byo byazanye ikibazo kuko hari n’abize batagira icyo bamarira Igihugu cyabo.

Ati “None ko mfite abadogiteri n’aba-ingénieur benshi cyane n’aba- Licensier batari kumfasha iterambere? Nzaririmba gute ko ishuri ari ryo muzi w’iterambere mu gihe ntabona abize hari icyo bari kumarira.”

Perezida Ndayishimiye yakomeje avuga ko ahubwo abona amashuri yarazanye ingorane. Ati “Kuko umuntu arangiza amashuri umutima wabyimbye. Umwana abona diplome uyu munsi saa kumi ejo mwahura, ngo ‘erega nabuze akazi’ ngo ‘mpa akazi’.”

Ndayishimiye avuga ko ubundi iyo umuntu yize akorehsa ubumenyi yakuye mu ishuri ubundi akabuhuza n’ubwo asanganywe agashaka icyo akora cyamuteza imbere.

Perezida Ndayishimiye mu mpera z’icyumweru gishize yasuye Umurundi Jackson Nahayo wari warahungiye muri Canada waje gutahuka, ubu akaba ari umuhinzi mworozi wa kijyambere.

Uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi yaboneyeho gusaba Abayobozi b’Intara zose guhamagarira Abarundi bakomoka mu Ntara bayoboye bagiye hanze, gutahuka bakaza gukora ibikorwa bibateza imbere ngo kuko mu Burundi hari amahirwe menshi.

Perezida Ndayishimiye yakunze kugaragara ari mu bikorwa by’ubuhinzi, ari guhinga we ubwe ndetse anasarura imyaka yera mu mirima ye.

Perezida Ndayishimiye ajya gusarura ibirayi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Amafoto y’indobanure: Uburanga n’ikimero ntagireranywa by’umukobwa waterewe ivi na myugariro ubikoze kabiri

Next Post

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.