Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
10/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moise Katumbi uri mu bakandida bari kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari na we uvugwaho ko azahangana na Tshisekedi, yahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza mu buryo butunguranye kuri uyu wa Gatatu.

Iki cyemezo cya Moise Katumbi yagifashe kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023, nyuma y’uko ubwo yari muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, habaye imvururu.

Abantu uruhuri bari baje mu bikorwa byo kwiyamamaza bya Moise Katumbi, barashwemo urufaya rw’imyuka iryana mu maso, bakwira imishwaro, ndetse bamwe muri bo barakomereka.

Ubutegetsi bw’Intara yaberagamo ibi bikorwa byo kwiyamamaza bya Katumbi, bwatangaje ko abarinzi b’uyu munyapolitiki barashe amasasu yo gucubya ubwiyongere bukabije bw’abantu bari benshi.

Ubutegetsi bwatangaje kandi ko Polisi na yo yarashe ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kuburizamo ubwo bwiyongere bw’abantu bagaragazaga ibikorwa by’urugomo.

Abantu bamwe bakomeretse barimo umupolisi umwe wakomeretse bikabije, ndetse ubu hakaba hahise hatangira iperereza, nk’uko byatangajwe mu itangazo ry’ubutegetsi bw’iyi Ntara.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Moise Katumbi yavuze ko Polisi yarashe amasasu mu baturage bamushyigikiye ku manywa y’ihangu, ndetse akaba ayishinja urugomo rukomeye.

Yagize ati “Mu rwego rwo kwirinda ko ibi byongera kuba, nafashe icyemezo cyo kuba mpagaritse ibikorwa byo guhura n’abaturage mu mijyi ya Kananda na Tshikapa.”

Iyi mijyi ya Kananga na Tshikapa yagombaga kwiyamamarizamo kuri uyu wa Gatatu, ni na yo ifite abayoboke bakomeye bashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + ten =

Previous Post

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Next Post

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda...Menya icyabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.