Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
10/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moise Katumbi uri mu bakandida bari kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari na we uvugwaho ko azahangana na Tshisekedi, yahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza mu buryo butunguranye kuri uyu wa Gatatu.

Iki cyemezo cya Moise Katumbi yagifashe kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023, nyuma y’uko ubwo yari muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, habaye imvururu.

Abantu uruhuri bari baje mu bikorwa byo kwiyamamaza bya Moise Katumbi, barashwemo urufaya rw’imyuka iryana mu maso, bakwira imishwaro, ndetse bamwe muri bo barakomereka.

Ubutegetsi bw’Intara yaberagamo ibi bikorwa byo kwiyamamaza bya Katumbi, bwatangaje ko abarinzi b’uyu munyapolitiki barashe amasasu yo gucubya ubwiyongere bukabije bw’abantu bari benshi.

Ubutegetsi bwatangaje kandi ko Polisi na yo yarashe ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kuburizamo ubwo bwiyongere bw’abantu bagaragazaga ibikorwa by’urugomo.

Abantu bamwe bakomeretse barimo umupolisi umwe wakomeretse bikabije, ndetse ubu hakaba hahise hatangira iperereza, nk’uko byatangajwe mu itangazo ry’ubutegetsi bw’iyi Ntara.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Moise Katumbi yavuze ko Polisi yarashe amasasu mu baturage bamushyigikiye ku manywa y’ihangu, ndetse akaba ayishinja urugomo rukomeye.

Yagize ati “Mu rwego rwo kwirinda ko ibi byongera kuba, nafashe icyemezo cyo kuba mpagaritse ibikorwa byo guhura n’abaturage mu mijyi ya Kananda na Tshikapa.”

Iyi mijyi ya Kananga na Tshikapa yagombaga kwiyamamarizamo kuri uyu wa Gatatu, ni na yo ifite abayoboke bakomeye bashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Next Post

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Related Posts

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda...Menya icyabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.