Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA
1
Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bikorwa byo gusubiza abanyeshuri ku bigo by’amashuri bigaho, hagaragaye ikibazo cy’ubwinshi bwabo baje ku munsi wa nyuma w’ingendo bituma benshi barara batageze aho biga. Minisiteri y’Uburezi yavuze ko umubare w’abanyeshuri batabashije kugenda kuri iyi nshuro ari wo munini wagaragaye, igaragaza n’igishobora kuba cyabiteye.

Kuri iki Cyumweru tariki 08 Mutarama 2023 wari umunsi wa nyuma w’ingendo z’abanyeshuri bagombaga kwerecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, gusa bamwe ntibabashje kugerayo kubera umubare munini wabo.

Kuri kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) aho aba banyeshuri bafatiraga imodoka ziberecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, byarinze bigera saa tatu z’ijoro, ari benshi bigaragara ko bose batabona imodoka zibajyana.

Bamwe mu babyeyi bo mu Mujyi wa Kigali bafashe icyemezo cyo kujya gufata abana babo babasubiza mu ngo, mu gihe abandi benshi baturutse mu Ntara bashakiwe aho bacumbikirwa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko ikibazo cy’ababyeyi batubahiriza gahunda yo kohereza abana babo kare cyajyaga kibaho “ariko noneho byakabije nkeka ko batinze mu minsi mikuru.”

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko aba banyeshuri batabashije kugera ku bigo bigaho, bataza gutereranwa. Ati “Turashaka uburyo tubacumbikira mu bigo by’amashuri n’ubundi bijya bibaho, hanyuma ejo mu gitondo [yavugaga muri iki gitondo cyo ku wa Mbere] gahunda izakomeza yo kubageza ku mashuri bigaho.”

Iyi gahunda y’ingendo zo kujyana abanyeshuri ku mashuri bagiye mu masomo y’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2022-2023, yatangiye ku wa Kane w’icyumweru twaraye dusoje ikaba yagombaga kurangira kuri iki Cyumweru.

Dr Uwamariya avuga ko mu minsi ibiri ya mbere haje abanyeshuri bacye “batangira kuza ari benshi ku munsi w’ejo [ku wa Gatandatu] ku munsi wo ku Cyumweru ho birakabya kubera ko buriya n’abashinzwe gutwara abagenzi ntabwo baba babyiteguye kuko baba bagomba no gukomeza gutwara n’abandi bagenzi batari abanyeshuri, iyo baje rero bakahahurira ni yo mpamvu byabaye ikibazo.”

Minisitiri w’Uburezi yibukije ababyeyi ko iyi gahunda yashyiriweho gufasha abana kugera ku mashuri nta nkomyi ariko ko ababyeyi bakomeje kuyikerensa.

Ati “Ababyeyi bajye badufasha iki kintu ntikizongere kubaho, natwe ubwo tuzakomeza tubivuge dukomeze ubukangurambaga.”

Yavuze ko nubwo umubare w’aba banyeshuri batabashije kugenda wari uri hejuru ugereranyije n’uwajyaga ugaragara, ariko inzego z’uburezi zavuganye n’ibigo by’amashuri byabacumbikiye ko bigomba no kubaha amafunguro yo kurarira.

Bamwe mu babyeyi bavuze ko batatinze kuzana abana babo ku bushake kuko na bo baba babanje kubura amafaranga y’ibikoresho ndetse n’ay’ishuri.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Elyse says:
    3 years ago

    Ikibazo si ababyeyi ahubwo ikibazo Kiri kuri transport imodoka ntabwo zihagije ministeri zikorane neza kuko niba umuntu ashobora guhagarar muri gale isaha , agahagarar kucyap isah 2 izo modoka ntazihari bifata amakosa NGO bayashyire kubabyeyi rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

Next Post

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.