Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in MU RWANDA
1
Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bikorwa byo gusubiza abanyeshuri ku bigo by’amashuri bigaho, hagaragaye ikibazo cy’ubwinshi bwabo baje ku munsi wa nyuma w’ingendo bituma benshi barara batageze aho biga. Minisiteri y’Uburezi yavuze ko umubare w’abanyeshuri batabashije kugenda kuri iyi nshuro ari wo munini wagaragaye, igaragaza n’igishobora kuba cyabiteye.

Kuri iki Cyumweru tariki 08 Mutarama 2023 wari umunsi wa nyuma w’ingendo z’abanyeshuri bagombaga kwerecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, gusa bamwe ntibabashje kugerayo kubera umubare munini wabo.

Kuri kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) aho aba banyeshuri bafatiraga imodoka ziberecyeza ku bigo by’amashuri bigaho, byarinze bigera saa tatu z’ijoro, ari benshi bigaragara ko bose batabona imodoka zibajyana.

Bamwe mu babyeyi bo mu Mujyi wa Kigali bafashe icyemezo cyo kujya gufata abana babo babasubiza mu ngo, mu gihe abandi benshi baturutse mu Ntara bashakiwe aho bacumbikirwa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko ikibazo cy’ababyeyi batubahiriza gahunda yo kohereza abana babo kare cyajyaga kibaho “ariko noneho byakabije nkeka ko batinze mu minsi mikuru.”

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko aba banyeshuri batabashije kugera ku bigo bigaho, bataza gutereranwa. Ati “Turashaka uburyo tubacumbikira mu bigo by’amashuri n’ubundi bijya bibaho, hanyuma ejo mu gitondo [yavugaga muri iki gitondo cyo ku wa Mbere] gahunda izakomeza yo kubageza ku mashuri bigaho.”

Iyi gahunda y’ingendo zo kujyana abanyeshuri ku mashuri bagiye mu masomo y’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2022-2023, yatangiye ku wa Kane w’icyumweru twaraye dusoje ikaba yagombaga kurangira kuri iki Cyumweru.

Dr Uwamariya avuga ko mu minsi ibiri ya mbere haje abanyeshuri bacye “batangira kuza ari benshi ku munsi w’ejo [ku wa Gatandatu] ku munsi wo ku Cyumweru ho birakabya kubera ko buriya n’abashinzwe gutwara abagenzi ntabwo baba babyiteguye kuko baba bagomba no gukomeza gutwara n’abandi bagenzi batari abanyeshuri, iyo baje rero bakahahurira ni yo mpamvu byabaye ikibazo.”

Minisitiri w’Uburezi yibukije ababyeyi ko iyi gahunda yashyiriweho gufasha abana kugera ku mashuri nta nkomyi ariko ko ababyeyi bakomeje kuyikerensa.

Ati “Ababyeyi bajye badufasha iki kintu ntikizongere kubaho, natwe ubwo tuzakomeza tubivuge dukomeze ubukangurambaga.”

Yavuze ko nubwo umubare w’aba banyeshuri batabashije kugenda wari uri hejuru ugereranyije n’uwajyaga ugaragara, ariko inzego z’uburezi zavuganye n’ibigo by’amashuri byabacumbikiye ko bigomba no kubaha amafunguro yo kurarira.

Bamwe mu babyeyi bavuze ko batatinze kuzana abana babo ku bushake kuko na bo baba babanje kubura amafaranga y’ibikoresho ndetse n’ay’ishuri.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Elyse says:
    3 years ago

    Ikibazo si ababyeyi ahubwo ikibazo Kiri kuri transport imodoka ntabwo zihagije ministeri zikorane neza kuko niba umuntu ashobora guhagarar muri gale isaha , agahagarar kucyap isah 2 izo modoka ntazihari bifata amakosa NGO bayashyire kubabyeyi rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 17 =

Previous Post

Umunyarwanda uvuye muri Congo ahavuzwe ko M23 yishe abaturage 130 agaragaje ukuri guhabanye n’ibyatangajwe

Next Post

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.