Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu kwezi kumwe abagera kuri 600 bamaze kugaragaza ko bifuza kuba Mr Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mu kwezi kumwe abagera kuri 600 bamaze kugaragaza ko bifuza kuba Mr Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abifuza kuzitabira irushanwa ry’Umusore uhiga abandi mu gihagararo n’uburanga rizwi nka Mister Rwanda bafunguriwe imiryango ngo biyandikishe, hamaze kwiyandikisha abagera muri 600 barimo abamenyekanye nka Kwizera Evariste umugabo wa Mukaperezida.

Iri rushanwa ryagarutsweho cyane mu minsi ishize ubwo hari bamwe mu bazwi mu Rwanda batangazaga ko bamaze kwiyandikisha ariko bigasa n’ibitungura benshi kubera ibigenderwaho muri iri rushanwa.

Muri abo Gakumba Patrick wamamaye nka Super Manager ndetse na Kwizera Evariste warushinze na Mukaperezida umurusha imyaka 27.

Super Manager ari mu biyandikishije

Icyatunguraga benshi ni ukuba aba bombi bashobora kuba batujuje ibisabwa muri iri rushanwa kuko nka Kwizera yashatse umugore mu gihe iri rushanwa rifunguriwe ku batarashaka naho Super Manager we akaba ashobora kuba arengeje imyaka 30, gusa we yitangarije ko afite 23.

Abategura iri rushanwa, baratangaza ko kugeza ubu abamaze kwiyandikisha bifuza kuzitabira iri rushanwa bagera muri 600.

Byukusenge Moïse uhagarariye iyi sosiyete, yatangaje ko Super Manager kuko yiyandikishije ndetse ko imyaka yatangaje ko afite ari yo babonye ku byangombwa bye. Ati “Imyaka 23 yavuze ni nayo twabonyeho.”

Iki gikorwa cyo kwiyandikisha cyatangiye tariki 17 Ukuboza 2021, kizarangira tariki 28 Mutarama 2022 hakazahita hakurikiraho ibindi bikorwa binyuranye birimo ijonjora ry’ibanze rizaba hifashishijwe ikoranabuhanga.

Moise avuga ko abagize akanama nkemurampaka bagiye gutegura ibibazo ubundi bikazabazwa abiyandikishije noneho buri wese yifata amashusho asubiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Pakistan: Umugore w’Umusilamukazi yakatiwe urwo gupfa kubera ibyo yashyize kuri WhatsApp

Next Post

Sky2 mu byishimo nyuma yo gusezerana n’umugore we bafitanye umwana

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sky2 mu byishimo nyuma yo gusezerana n’umugore we bafitanye umwana

Sky2 mu byishimo nyuma yo gusezerana n’umugore we bafitanye umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.