Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma ku mubyeyi wa The Ben, uyu muhanzi yagarutse ku byaranze nyakwigendera n’uburyo yabitagaho bakiri abana ndetse no kuba ari we akuraho impano yo kuririmba.

Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, wo gusezera kuri nyakwigendera Mbonimpa John, umubyeyi w’umuhanzi The Ben na Green P.

Muri uyu muhango, bamwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera by’umwihariko abana be, batanze ubuhamya bw’ibyamuranze ubwo yari akiri mu mwuka w’abazima.

The Ben yavuze ko umubyeyi we yahuye n’ibigeragezo byinshi, ariko ko yanagize umwanya wo kwihana, ku buryo adashidikanya ko “Muzehe ari mu ijuru.”

The Ben yageze aho araturika ararira, akomeza agaruka ku bihe amwibukiraho by’urukundo rwamurangaga, nko kuba hari igihe yigeze kubajyana mu biruhuko mu cyaro, akagenda abaganiriza.

Ati “Ndakeka twajyaga mu Mutara tugiye mu biruhuko bikuru, aratubwira ngo ‘ariko mwumvise igitoki mama yatetse ukuntu cyari kiryoshye?’ ni akantu koroheje ariko ni ibintu byanshimishije.”

The Ben yakomeje avuga ko Se yakundaga umubyeyi wabo [Mama wabo] ku buryo byagiye bibukamo na bo urukundo.

Ati “Yari umbyeyi mwiza rero nubwo satani yamuvangiye. Bantu b’Imana twange satani.”

Yakomeje anavuga ko ari we yakuyeho impano yo kuririmba. Ati “Yari umuririmbyi mwiza, tukiri abana yajyaga akunda gucuranga gitari, nakunze gitari kubera we. Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma

The Ben yavuze byinshi yibukira ku mubyeyi we

Photos/Inyarwanda

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bolingo Eudesi says:
    2 years ago

    Nimetoa Poleni sana kwa kwa Theben kwa kupoteza mzazi wake Mungu amulaze pema peponi na pia azidii kulinda wenye wamebaki awapatie maisha mlefu asante sana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Rayon yatangiye umwaka w’imikino imwenyuza abakunzi bayo yashimangiye ko ariyo ntego

Next Post

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.