Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma ku mubyeyi wa The Ben, uyu muhanzi yagarutse ku byaranze nyakwigendera n’uburyo yabitagaho bakiri abana ndetse no kuba ari we akuraho impano yo kuririmba.

Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, wo gusezera kuri nyakwigendera Mbonimpa John, umubyeyi w’umuhanzi The Ben na Green P.

Muri uyu muhango, bamwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera by’umwihariko abana be, batanze ubuhamya bw’ibyamuranze ubwo yari akiri mu mwuka w’abazima.

The Ben yavuze ko umubyeyi we yahuye n’ibigeragezo byinshi, ariko ko yanagize umwanya wo kwihana, ku buryo adashidikanya ko “Muzehe ari mu ijuru.”

The Ben yageze aho araturika ararira, akomeza agaruka ku bihe amwibukiraho by’urukundo rwamurangaga, nko kuba hari igihe yigeze kubajyana mu biruhuko mu cyaro, akagenda abaganiriza.

Ati “Ndakeka twajyaga mu Mutara tugiye mu biruhuko bikuru, aratubwira ngo ‘ariko mwumvise igitoki mama yatetse ukuntu cyari kiryoshye?’ ni akantu koroheje ariko ni ibintu byanshimishije.”

The Ben yakomeje avuga ko Se yakundaga umubyeyi wabo [Mama wabo] ku buryo byagiye bibukamo na bo urukundo.

Ati “Yari umbyeyi mwiza rero nubwo satani yamuvangiye. Bantu b’Imana twange satani.”

Yakomeje anavuga ko ari we yakuyeho impano yo kuririmba. Ati “Yari umuririmbyi mwiza, tukiri abana yajyaga akunda gucuranga gitari, nakunze gitari kubera we. Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma

The Ben yavuze byinshi yibukira ku mubyeyi we

Photos/Inyarwanda

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bolingo Eudesi says:
    2 years ago

    Nimetoa Poleni sana kwa kwa Theben kwa kupoteza mzazi wake Mungu amulaze pema peponi na pia azidii kulinda wenye wamebaki awapatie maisha mlefu asante sana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 9 =

Previous Post

Rayon yatangiye umwaka w’imikino imwenyuza abakunzi bayo yashimangiye ko ariyo ntego

Next Post

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.