Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Mu marira n’agahinda The Ben yavuze ibyakoze ku mutima benshi mu gusezera umubyeyi we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma ku mubyeyi wa The Ben, uyu muhanzi yagarutse ku byaranze nyakwigendera n’uburyo yabitagaho bakiri abana ndetse no kuba ari we akuraho impano yo kuririmba.

Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, wo gusezera kuri nyakwigendera Mbonimpa John, umubyeyi w’umuhanzi The Ben na Green P.

Muri uyu muhango, bamwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera by’umwihariko abana be, batanze ubuhamya bw’ibyamuranze ubwo yari akiri mu mwuka w’abazima.

The Ben yavuze ko umubyeyi we yahuye n’ibigeragezo byinshi, ariko ko yanagize umwanya wo kwihana, ku buryo adashidikanya ko “Muzehe ari mu ijuru.”

The Ben yageze aho araturika ararira, akomeza agaruka ku bihe amwibukiraho by’urukundo rwamurangaga, nko kuba hari igihe yigeze kubajyana mu biruhuko mu cyaro, akagenda abaganiriza.

Ati “Ndakeka twajyaga mu Mutara tugiye mu biruhuko bikuru, aratubwira ngo ‘ariko mwumvise igitoki mama yatetse ukuntu cyari kiryoshye?’ ni akantu koroheje ariko ni ibintu byanshimishije.”

The Ben yakomeje avuga ko Se yakundaga umubyeyi wabo [Mama wabo] ku buryo byagiye bibukamo na bo urukundo.

Ati “Yari umbyeyi mwiza rero nubwo satani yamuvangiye. Bantu b’Imana twange satani.”

Yakomeje anavuga ko ari we yakuyeho impano yo kuririmba. Ati “Yari umuririmbyi mwiza, tukiri abana yajyaga akunda gucuranga gitari, nakunze gitari kubera we. Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma

The Ben yavuze byinshi yibukira ku mubyeyi we

Photos/Inyarwanda

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bolingo Eudesi says:
    2 years ago

    Nimetoa Poleni sana kwa kwa Theben kwa kupoteza mzazi wake Mungu amulaze pema peponi na pia azidii kulinda wenye wamebaki awapatie maisha mlefu asante sana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seven =

Previous Post

Rayon yatangiye umwaka w’imikino imwenyuza abakunzi bayo yashimangiye ko ariyo ntego

Next Post

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Abamotari bahishuye umutwaro bikorejwe n’umukwabu watangijwe babonamo inshoberamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.