Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ousmane Dembelé, Umufaransa w’imyaka 28 ukinira Paris Saint Germain, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi w’umwaka wa 2025, ahabwa umupira wa zahabu (Ballon d’Or), aho ibyishimo byamurenze anibutse amateka n’uburyo umubyeyi we yamubaye hafi, akaganzwa n’amarangamutima akarira.

Ni mu birori  byabereye muri Théatre du Chatelet mu mujyi wa Paris mu gihugu cy’u Bufaransa, ahari hateraniye abakinnyi b’ibihangange muri ruhago, ndetse n’abakanyujijeho.

Iki ni igihembo gitangwa buri mwaka, kigategurwa n’igitangazamakuru cyo mu Bufaransa cyitwa France Football, hagamijwe gushimira Abakinnyi bahize abandi mu mwaka w’imikino uba usojwe. Iki gihembo, yagishyikirijwe na Ronaldinho Gaucho watwaye Ballon d’Or ya 2005, akaba yari yatumiwe muri ibi birori ngo ahembe Umukinnyi wahize abandi mu bagabo.

Ousmane Dembelé utwaye Ballon d’Or y’uyu mwaka, yakurikiwe na Lamine Yamal wa Barcelona wabaye uwa 2, mu gihe Vitinha ukinira PSG n’ikipe y’igihugu ya Portugal yabaye uwa 3.

Dembelé, yagize umwaka mwiza we na club ye ya PSG kuko batwaye igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi(Uefa Champions League) banyagiye Inter Milan ibitego 5-0; batwara igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa, batwara igikombe cy’igihugu Coupe de France, banakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cy’amaclubs aho batsinzwe  na Chelsea 3-0.

Mu byo PSG yagezeho byose, Dembelé yabigizemo uruhare rutaziguye, dore ko yatsinze ibitego 35 akanatanga imipira 16 ivamo ibitego mu mikino 53 yakiniye PSG mu marushanwa yose y’umwaka w’imikino.

Dembelé, yatangiriye urugendo rwe rwo gukina umupira mu ikipe ya Rennes yo mu Bufaransa, ayivamo ku myaka 19 ajya muri Dortmund yo mu Budage, nyuma yo kwanga amakipe yo mu Bwongereza yamwifuzaga. Yavuye muri Dortmund mu mwaka wa 2017, yerekeza muri Barcelona icyo gihe yaguzwe Miliyoni 147 z’ama euros ari we wa 2 uguzwe menshi ku isi nyuma ya Neymar waemri uherutse kujya muri PSG.

Mu mwaka wa 2023, kubera kubatwa n’imvune no kudahozaho, yagurishijwe muri PSG atanzweho Miliyoni 50 z’ama euros.

Dembelé, yahawe umupira wa zahabu maze ashimira bagenzi be bakinana muri PSG, avuga ko ari igihembo akesha ko bashyize hamwe.

Ubwo yavugaga kuri iki gihembo yegukanye, yashimiye abamufashije kuva mu bwana bwe, yaba abatoza b’amakipe y’abana yanyuzemo, ndetse n’abatoza b’uyu munsi.

Byumwihariko ageze ku mubyeyi, wari uri muri iki cyumba kigari cyabereyemo ibi birori, yafashwe n’ikiniga ararira, amushimira uburyo atahwemye kumuba hafi byumwihariko mu bihe yabaga agiye gucika intege, byanatumye abasangiza b’amajambo b’ibi birori, basaba uyu mubyeyi we kuza imbere na bo bakamushimira, kuba yarareze neza.

Uyu mupira wa zahabu waherukaga gutwarwa na Rodri ukinira Manchester City, aho yawutwaye ahigitse Vinicius Junior bari bawuhanganiye.

Ousmane Dembelé, yavukiye mu Gihugu cy’u Bufaransa, muri Komini ya Vernon iri mu gace ka Normandy, abyarwa n’umubyeyi (Mama) ufite amaraso ya Mauritanie na Senegal, ndetse Papa we akaba ari Umunya-Mali.

Uko Abakinnyi 10 bakurikiranye:

  1. Ousmane Dembelé (PSG)
  2. Lamine Yamal (Barcelona)
  3. Vitinha (PSG)
  4. Mohamed Salah (Liverpool)
  5. Raphina (Barcelona)
  6. Achraf Hakimi (PSG)
  7. Kylian Mbappé (Real Madrid)
  8. ColePalmer (Chelsea)
  9. Gianluigi Donnaruma (PSG-Man City)
  10. Nuno Mendez (PSG)

Mu bindi bihembo byatanzwe mu bindi byiciro:

  • Ballon d’Or(Women): Aitana Bonmati
  • Umutoza w’umwaka mu Bagabo: Luis Enrique
  • Umutoza w’umwaka mu Bagore: Sarina Wiegman
  • Club y’umwaka mu Bagabo: PSG
  • Club y’umwaka mu Bagore: ARSENAL WFC
  • Rutahizamu w’umwaka: Viktor Gyökeres
  • Umunyezamu w’umwaka: Gianluigi Donnaruma
  • Umukinnyi muto w’umwaka: Lamine Yamal
Rurangiranwa Ronaldinho Gaúcho ni we wamushyikirije igihembo

Hamwe n’umukinnyi w’umwaka mu bagore
Akanyamuneza kari kose
Ibyishimo byamurenze ararira

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + five =

Previous Post

Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada

Next Post

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika

Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko muri Azerbaijan yanasuye Igihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.