Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu mujinya w’umurandunzuzi Umuvugizi wa DRCongo yasomye imyanzuro ikarishye bafatiye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Share on FacebookShare on Twitter

Inama idasanzwe y’Akanama Gakuru k’Umutekano ka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yayobowe na Perezdia Félix Antoine Tshisekedi, yafashe imyanzuro ikarishye irimo usaba Guverinoma y’iki Gihugu guhagarika amasezerano yose ifitanye n’u Rwanda.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, yayobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yigaga ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama kandi yari irimo n’abandi bayobozi bakuru b’Igihugu barimo Minisitiri w’Intebe na ba Perezida b’Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, yafatiwemo imyanzuro, yemeza Umujyi wa Bunagana wafashwe n’u Rwanda ngo witwaje umutwe w’Iterabwoba wa M23.

Perezida Tshisekedi yayoboye iyi nama

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa Guverinona akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya Katembwe warisomanye umujinya w’umuranduranzuzi, yavuze ko iki gikorwa DRC ishinja u Rwanda ngo ari ubushotoranyi bw’indengakamere no kuvogera ubusugire bw’iki Gihugu.

Ati “Iyi myitwarire yo gukunda intambara y’u Rwanda, yifashishijwe mu gutangiza no gutegura ibikorwa byo kongera guhungabanya umutekano n’amahoro n’inzirakarengane z’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Patrick Muyaya wavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite uburenganzira n’ububasha bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu, yavuze ko iyi nama yanzuye “icya mbere; gutegeka u Rwanda gukura ku butaka bwa Congo aka kanya ingabo zarwo zitwaje umutwe w’Iterabwoba wa M23, icya kabiri; gusaba Guverinoma ya Congo ihagarika amasezerano yose y’ubwumvikane ndetse n’ubundi bufatanye yagiranye n’u Rwanda.”

Iyi myanzuro yafashwe na DRC, kubera ibirego ikomeje gushinja u Rwanda byo kuba ruri gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda rwo rukomeje gukana ibi birego.

Patrick Muyaya yavuze ko iyi nama nkuru y’Umutekano yanashimye uruhare rwa Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola washyizeho nk’umuhuza ku rwego rw’umuryango w’Ibiyaga bigari ndetse na Perezida Uhuru Kenyatta ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirasuba.

Yavuze kandi ko Iyi nama Nkuru y’Umutekano, yemeje isubukurwa ry’ibiganiro hagati y’ubutegetsi n’imitwe yitwaje intwaro, bibera i Nairobi mu rwego rwo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo ndetse no mu bindi bice by’Igihugu.

Uyu muvugizi wa Guverinoma kandi yavuze ko iyi nama yahaye inshingano abayobozi mu nzego nkuru barimo Minisitiri w’Intebe wungiri, Minisitiri w’Umutekano, Umuyobozi wa Polisi, gushyiraho ingamba zose zirwanya ibikorwa by’itotezo, iby’ivangura no kubangamira abantu ndetse n’ibindi byose byabangamira ubumwe muri iki gihe.

Muri iki Gihugu hakomeje kumvikana ibikorwa byo guhohotera abaturage bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu Bwoko bw’Abatutsi.

Bamwe mu Banye-Congo batuye mu Mujyi wa Goma, kuri uyu wa Gatatu baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda aho bamwe banasabaga Abanyarwanda bari muri iki Gihugu kukivamo.

U Rwanda rwakunze guhakana ibirego byose rushinjwa na DRC, rwasabye iki Gihugu kwiyambaza inzego zihuriweho n’Ibihugu byombi, mu gihe iki Gihugu cyo cyakomeje kwihutira gufata imyanzuro ikarishye nk’iyi irimo n’uheruka wo guhagarika ingendo z’indege za Sosiyete y’u Rwanda ya RwandAir.

Inama idasanzwe yafatiyemo imyanzuro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − four =

Previous Post

Perezida w’u Burundi yakiranye ubwuzu icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRCongo

Next Post

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.