Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu mujinya w’umurandunzuzi Umuvugizi wa DRCongo yasomye imyanzuro ikarishye bafatiye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Share on FacebookShare on Twitter

Inama idasanzwe y’Akanama Gakuru k’Umutekano ka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yayobowe na Perezdia Félix Antoine Tshisekedi, yafashe imyanzuro ikarishye irimo usaba Guverinoma y’iki Gihugu guhagarika amasezerano yose ifitanye n’u Rwanda.

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, yayobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yigaga ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama kandi yari irimo n’abandi bayobozi bakuru b’Igihugu barimo Minisitiri w’Intebe na ba Perezida b’Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, yafatiwemo imyanzuro, yemeza Umujyi wa Bunagana wafashwe n’u Rwanda ngo witwaje umutwe w’Iterabwoba wa M23.

Perezida Tshisekedi yayoboye iyi nama

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa Guverinona akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya Katembwe warisomanye umujinya w’umuranduranzuzi, yavuze ko iki gikorwa DRC ishinja u Rwanda ngo ari ubushotoranyi bw’indengakamere no kuvogera ubusugire bw’iki Gihugu.

Ati “Iyi myitwarire yo gukunda intambara y’u Rwanda, yifashishijwe mu gutangiza no gutegura ibikorwa byo kongera guhungabanya umutekano n’amahoro n’inzirakarengane z’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Patrick Muyaya wavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite uburenganzira n’ububasha bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu, yavuze ko iyi nama yanzuye “icya mbere; gutegeka u Rwanda gukura ku butaka bwa Congo aka kanya ingabo zarwo zitwaje umutwe w’Iterabwoba wa M23, icya kabiri; gusaba Guverinoma ya Congo ihagarika amasezerano yose y’ubwumvikane ndetse n’ubundi bufatanye yagiranye n’u Rwanda.”

Iyi myanzuro yafashwe na DRC, kubera ibirego ikomeje gushinja u Rwanda byo kuba ruri gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda rwo rukomeje gukana ibi birego.

Patrick Muyaya yavuze ko iyi nama nkuru y’Umutekano yanashimye uruhare rwa Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola washyizeho nk’umuhuza ku rwego rw’umuryango w’Ibiyaga bigari ndetse na Perezida Uhuru Kenyatta ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirasuba.

Yavuze kandi ko Iyi nama Nkuru y’Umutekano, yemeje isubukurwa ry’ibiganiro hagati y’ubutegetsi n’imitwe yitwaje intwaro, bibera i Nairobi mu rwego rwo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo ndetse no mu bindi bice by’Igihugu.

Uyu muvugizi wa Guverinoma kandi yavuze ko iyi nama yahaye inshingano abayobozi mu nzego nkuru barimo Minisitiri w’Intebe wungiri, Minisitiri w’Umutekano, Umuyobozi wa Polisi, gushyiraho ingamba zose zirwanya ibikorwa by’itotezo, iby’ivangura no kubangamira abantu ndetse n’ibindi byose byabangamira ubumwe muri iki gihe.

Muri iki Gihugu hakomeje kumvikana ibikorwa byo guhohotera abaturage bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu Bwoko bw’Abatutsi.

Bamwe mu Banye-Congo batuye mu Mujyi wa Goma, kuri uyu wa Gatatu baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda aho bamwe banasabaga Abanyarwanda bari muri iki Gihugu kukivamo.

U Rwanda rwakunze guhakana ibirego byose rushinjwa na DRC, rwasabye iki Gihugu kwiyambaza inzego zihuriweho n’Ibihugu byombi, mu gihe iki Gihugu cyo cyakomeje kwihutira gufata imyanzuro ikarishye nk’iyi irimo n’uheruka wo guhagarika ingendo z’indege za Sosiyete y’u Rwanda ya RwandAir.

Inama idasanzwe yafatiyemo imyanzuro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Perezida w’u Burundi yakiranye ubwuzu icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRCongo

Next Post

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Umutekano ubererekeye uwundi: APR itsinze Police ihita itwara shampiyona ya gatatu yikurikiranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.