Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cy’ifungwa ry’agateganyo ry’umunyamakuru Manirakiza Theogene, hagaragaye ibaruwa yanditswe n’umurega, uvuga ko yamubabariye, asaba Urukiko ko rwamurekura.

Manirakiza Theogene ufite umuyoboro wa YouTube witwa Ukwezi TV ndetse n’ikinyamakuru cyandika kuri murandasi cyitwa Ukwezi, aregwa icyaha cyo gukangisha gusenganya.

Ni icyaha bivugwa ko yakoreye uwitwa Aimable Nzizera, aho Ubushinjacyaha buvuga ko uyu munyamakuru yasabaga amafaranga uyu Nzizera ngo kugira ngo adatangaza inkuru zimusebya.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwafashe icyemezo ko Manirakiza akurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30, ariko uregwa ahita ajuririra Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ubwo Manirakiza yaburanaga ubujurire bwe, yagaragaje impamvu yashingiyeho ajurira, aho avuga ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere hari ibyo rwirengagije birimo ubuhamya bw’abatangabuhamya buvuguruzanya.

Manirakiza agifatwa, habanje kuvugwa ko akurikiranyweho kwakira ruswa, ndetse ko yafatiwe mu cyuho yakira ibihumbi 500 Frw, ariko nyuma biza kugaragara ko ayo mafaranga ari ubwishyu bw’igice kimwe cy’ayo Nzizera yagombaga kumwishyura kuko bari bafitanye amasezerano y’imikoranire.

Ubushinjacyaha buvuga ko Manirakiza Theogene yagiye ashyiraho igitutu uyu Nzizera ngo amuhe amafaranga, ngo kugira ngo adatangaza inkuru zimusebya, ndetse ko ari ho havuye ayo masezerano.

Uyu munyamakuru mu iburanisha ry’uyu munsi, yavuze ko amasezerano yagiranye na Nzizera umurega, atigeze amushyiraho igitutu, ndetse ko n’ikimenyimenyi, ari we n’umukozi we bayateguye.

Mu iburanisha rya none kandi, hanagarutswe ku ibaruwa yanditswe na Nzizera amenyesha Urukiko ko yahaye imbabazi Manirakiza nyuma y’uko bagiranye ikiganiro kuri telefone yo muri Gereza.

Muri iyi baruwa, Nzizera agiramo ati “Nyuma y’ikiganiro nagiranye na Manirakiza akoresheje telefoni ya Gereza ya Nyarugenge ndetse hamwe n’intumwa yantumyeho mu bihe bitandukanye, mbandikiye mbamenyesha ko namaze kumubabarira ku giti cyanjye nkaba ntacyo nkimukurikiranyeho.”

Uyu Nzizera wareze Manirakiza, yasabye Urukiko ko mu bushishozi bwarwo rwazita kuri iyi baruwa, ku buryo rwamurekura akajya kwita ku muryango we.

Manirakiza waburanye ahakana icyaha akurikiranyweho, yemeye ko yaganiriye na Nzizera, ariko ko bavuganye nyuma yo kumenya ko ashaka guhagarika ikirego, ariko ko ibyo kumuha imbabazi atabyemera kuko nta cyaha azi yakoze.

Manirakiza avuga ko ubwo yavuganaga na Nzizera, yamusabye ko yazandikira Urukiko, arumenyesha ko yamubeshyeye, ariko ko atigeze amusaba kurubwira ko amubabariye.

Me Ibambe Jean Paul wunganira uregwa, wagaragaje impamvu zari gutuma umukiliya we akurikiranwa adafunze, zirimo n’ingwate yari yatanze ikirengagizwa, yavuze ko iyi baruwa ya Nzizera ari indi impamvu ikwiye gutumwa arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa adafunze.

Ubushinjacyaha bwo bwakomeje gusaba ko uregwa akomeza gufungwa, kuko bukiri gukora iperereza, ndetse ko nubwo uwareze yababariye uregwa, ariko bwo bugikomeje kumukoraho iperereza.

Uru rubanza rw’ubujurire ku ifungwa ry’agateganyo, rwahise rupfunfikirwa, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rutegeka ko ruzasoma icyemezo ku wa Gatanu w’iki cyumweru tariki 17 Ugushyingo 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura

Next Post

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.