Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cy’ifungwa ry’agateganyo ry’umunyamakuru Manirakiza Theogene, hagaragaye ibaruwa yanditswe n’umurega, uvuga ko yamubabariye, asaba Urukiko ko rwamurekura.

Manirakiza Theogene ufite umuyoboro wa YouTube witwa Ukwezi TV ndetse n’ikinyamakuru cyandika kuri murandasi cyitwa Ukwezi, aregwa icyaha cyo gukangisha gusenganya.

Ni icyaha bivugwa ko yakoreye uwitwa Aimable Nzizera, aho Ubushinjacyaha buvuga ko uyu munyamakuru yasabaga amafaranga uyu Nzizera ngo kugira ngo adatangaza inkuru zimusebya.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwafashe icyemezo ko Manirakiza akurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30, ariko uregwa ahita ajuririra Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ubwo Manirakiza yaburanaga ubujurire bwe, yagaragaje impamvu yashingiyeho ajurira, aho avuga ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere hari ibyo rwirengagije birimo ubuhamya bw’abatangabuhamya buvuguruzanya.

Manirakiza agifatwa, habanje kuvugwa ko akurikiranyweho kwakira ruswa, ndetse ko yafatiwe mu cyuho yakira ibihumbi 500 Frw, ariko nyuma biza kugaragara ko ayo mafaranga ari ubwishyu bw’igice kimwe cy’ayo Nzizera yagombaga kumwishyura kuko bari bafitanye amasezerano y’imikoranire.

Ubushinjacyaha buvuga ko Manirakiza Theogene yagiye ashyiraho igitutu uyu Nzizera ngo amuhe amafaranga, ngo kugira ngo adatangaza inkuru zimusebya, ndetse ko ari ho havuye ayo masezerano.

Uyu munyamakuru mu iburanisha ry’uyu munsi, yavuze ko amasezerano yagiranye na Nzizera umurega, atigeze amushyiraho igitutu, ndetse ko n’ikimenyimenyi, ari we n’umukozi we bayateguye.

Mu iburanisha rya none kandi, hanagarutswe ku ibaruwa yanditswe na Nzizera amenyesha Urukiko ko yahaye imbabazi Manirakiza nyuma y’uko bagiranye ikiganiro kuri telefone yo muri Gereza.

Muri iyi baruwa, Nzizera agiramo ati “Nyuma y’ikiganiro nagiranye na Manirakiza akoresheje telefoni ya Gereza ya Nyarugenge ndetse hamwe n’intumwa yantumyeho mu bihe bitandukanye, mbandikiye mbamenyesha ko namaze kumubabarira ku giti cyanjye nkaba ntacyo nkimukurikiranyeho.”

Uyu Nzizera wareze Manirakiza, yasabye Urukiko ko mu bushishozi bwarwo rwazita kuri iyi baruwa, ku buryo rwamurekura akajya kwita ku muryango we.

Manirakiza waburanye ahakana icyaha akurikiranyweho, yemeye ko yaganiriye na Nzizera, ariko ko bavuganye nyuma yo kumenya ko ashaka guhagarika ikirego, ariko ko ibyo kumuha imbabazi atabyemera kuko nta cyaha azi yakoze.

Manirakiza avuga ko ubwo yavuganaga na Nzizera, yamusabye ko yazandikira Urukiko, arumenyesha ko yamubeshyeye, ariko ko atigeze amusaba kurubwira ko amubabariye.

Me Ibambe Jean Paul wunganira uregwa, wagaragaje impamvu zari gutuma umukiliya we akurikiranwa adafunze, zirimo n’ingwate yari yatanze ikirengagizwa, yavuze ko iyi baruwa ya Nzizera ari indi impamvu ikwiye gutumwa arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa adafunze.

Ubushinjacyaha bwo bwakomeje gusaba ko uregwa akomeza gufungwa, kuko bukiri gukora iperereza, ndetse ko nubwo uwareze yababariye uregwa, ariko bwo bugikomeje kumukoraho iperereza.

Uru rubanza rw’ubujurire ku ifungwa ry’agateganyo, rwahise rupfunfikirwa, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rutegeka ko ruzasoma icyemezo ku wa Gatanu w’iki cyumweru tariki 17 Ugushyingo 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura

Next Post

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.