Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cy’ifungwa ry’agateganyo ry’umunyamakuru Manirakiza Theogene, hagaragaye ibaruwa yanditswe n’umurega, uvuga ko yamubabariye, asaba Urukiko ko rwamurekura.

Manirakiza Theogene ufite umuyoboro wa YouTube witwa Ukwezi TV ndetse n’ikinyamakuru cyandika kuri murandasi cyitwa Ukwezi, aregwa icyaha cyo gukangisha gusenganya.

Ni icyaha bivugwa ko yakoreye uwitwa Aimable Nzizera, aho Ubushinjacyaha buvuga ko uyu munyamakuru yasabaga amafaranga uyu Nzizera ngo kugira ngo adatangaza inkuru zimusebya.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo, rwafashe icyemezo ko Manirakiza akurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30, ariko uregwa ahita ajuririra Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ubwo Manirakiza yaburanaga ubujurire bwe, yagaragaje impamvu yashingiyeho ajurira, aho avuga ko Urukiko rwafashe icyemezo cya mbere hari ibyo rwirengagije birimo ubuhamya bw’abatangabuhamya buvuguruzanya.

Manirakiza agifatwa, habanje kuvugwa ko akurikiranyweho kwakira ruswa, ndetse ko yafatiwe mu cyuho yakira ibihumbi 500 Frw, ariko nyuma biza kugaragara ko ayo mafaranga ari ubwishyu bw’igice kimwe cy’ayo Nzizera yagombaga kumwishyura kuko bari bafitanye amasezerano y’imikoranire.

Ubushinjacyaha buvuga ko Manirakiza Theogene yagiye ashyiraho igitutu uyu Nzizera ngo amuhe amafaranga, ngo kugira ngo adatangaza inkuru zimusebya, ndetse ko ari ho havuye ayo masezerano.

Uyu munyamakuru mu iburanisha ry’uyu munsi, yavuze ko amasezerano yagiranye na Nzizera umurega, atigeze amushyiraho igitutu, ndetse ko n’ikimenyimenyi, ari we n’umukozi we bayateguye.

Mu iburanisha rya none kandi, hanagarutswe ku ibaruwa yanditswe na Nzizera amenyesha Urukiko ko yahaye imbabazi Manirakiza nyuma y’uko bagiranye ikiganiro kuri telefone yo muri Gereza.

Muri iyi baruwa, Nzizera agiramo ati “Nyuma y’ikiganiro nagiranye na Manirakiza akoresheje telefoni ya Gereza ya Nyarugenge ndetse hamwe n’intumwa yantumyeho mu bihe bitandukanye, mbandikiye mbamenyesha ko namaze kumubabarira ku giti cyanjye nkaba ntacyo nkimukurikiranyeho.”

Uyu Nzizera wareze Manirakiza, yasabye Urukiko ko mu bushishozi bwarwo rwazita kuri iyi baruwa, ku buryo rwamurekura akajya kwita ku muryango we.

Manirakiza waburanye ahakana icyaha akurikiranyweho, yemeye ko yaganiriye na Nzizera, ariko ko bavuganye nyuma yo kumenya ko ashaka guhagarika ikirego, ariko ko ibyo kumuha imbabazi atabyemera kuko nta cyaha azi yakoze.

Manirakiza avuga ko ubwo yavuganaga na Nzizera, yamusabye ko yazandikira Urukiko, arumenyesha ko yamubeshyeye, ariko ko atigeze amusaba kurubwira ko amubabariye.

Me Ibambe Jean Paul wunganira uregwa, wagaragaje impamvu zari gutuma umukiliya we akurikiranwa adafunze, zirimo n’ingwate yari yatanze ikirengagizwa, yavuze ko iyi baruwa ya Nzizera ari indi impamvu ikwiye gutumwa arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa adafunze.

Ubushinjacyaha bwo bwakomeje gusaba ko uregwa akomeza gufungwa, kuko bukiri gukora iperereza, ndetse ko nubwo uwareze yababariye uregwa, ariko bwo bugikomeje kumukoraho iperereza.

Uru rubanza rw’ubujurire ku ifungwa ry’agateganyo, rwahise rupfunfikirwa, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rutegeka ko ruzasoma icyemezo ku wa Gatanu w’iki cyumweru tariki 17 Ugushyingo 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 13 =

Previous Post

Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura

Next Post

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.