Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ethiopia, Madamu Sahle-Work Zewde, na we yageze mu Rwanda, yitabiriye Inama yiga ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu iterambere, iteraniye i Kigali, yanitabiriwe na Perezida wa Hungary ndetse n’uwa Senegal.

Madamu Sahle-Work Zewde wageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 17 Nyakanga 2023, ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Igenamigambi, Dr Uwera Claudine.

Perezida wa Ethiopia, aje mu Rwanda yitabiriye Inama Mpuzamahanga izwi nka Women Deliver, yiga ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu Iterambere, itangizwa ku mugaragaro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere.

Madamu Sahle-Work Zewde yaje asanga abandi Bakuru b’Ibihugu bitabiriye iyi nama, barimo Perezida wa Hungary Madamu Katalin Novák ndetse n’Umukuru w’Igihugu wa Senegal, Macky Sall wageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023.

Iyi nama yitabiriwe n’abarenga ibihumbi bitandatu baturutse ku Migabane yose y’Isi, biteganyijwe ko itangizwa na Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere.

U Rwanda rwakiriye iyi Nama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere, rusanzwe ruzwiho kuba rwarageze ku rwego ruhanitse mu ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore no guteza imbere abari n’abategarugori, aho bari mu myanya inyuranye irimo n’ifata ibyemezo.

Nko mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ubu ni 61,3%, mu gihe muri Guverinoma bagera muri 40%, no mu zindi nzego nyinshi za Leta, bakaba bagera kuri 30% nk’ihame ryihawe na Guverinoma y’u Rwanda.

Yakiriwe na Dr Uwera Claudine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa

Next Post

Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

Hagaragajwe ikije gukemura burundu ibibazo byakunze kuvugwa mu byiciro by’Ubudehe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.