Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

radiotv10by radiotv10
04/10/2025
in IMYIDAGADURO
0
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwezi kumwe hagiye kuba ibitaramo bitanu byo guhimbaza Imana, birimo ikizamara iminsi ibiri cyatumiwemo abakozi b’Imana b’amazina azwi mu Rwanda.

Muri ibi bitaramo, harimo ikiba kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 no kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukakira 2025, kizabera kuri ADEPR-Nyarugenge.

Iki gitaramo cyatumiwemo abakozi b’Imana, barimo Rev.Dr. Antoine Rutayisire, Rev. Pastor Valentin Rurangwa na Pastor Mugabowindekwe.

Iki gitaramo cya Chorale Baraka, yanatumiye andi makorali yo kuyifasha arimo IRIBA CHOIR izava i Huye kuri ADEPR TABA, Besalel Choir yo kuri ADEPR Murambi, Gatenga Worship Team na The Light Worship Team CEP ULK.

Kuri iki Cyumweru kandi hategerejwe igitaramo cya ICHTUS GLORIA CHOIR na yo Ya ADEPR Nyarugenge, ariko basenga mu ndimi z’amahanga.

Muri iki gitaramo cyiswe ‘Free Worship Indeed Experience’, iyi kolari izafatanya na Ntora Worship Team ndetse n’umuhanzi Chryso Ndasingwa ukunzwe cyane muri iyi minsi, mu gihe umwigisha uzigisha ari Cleophas BARORE.

Umuyobozi wa Baraka Choir Abajijwe niba ntakibazo bizateza kuba barahuje amataliki, yagize ati “Ntakibazo kirimo kuko byose ni umurimo w’Imana, ahubwo turararika abantu kuzitabira ibi bitaramo byombi, byumwihariko abaririmbyi baba mu makorali ataratumiwe bazaze kudushyikira bafatanye natwe, uzahitamo kuza ku rusengero i Nyarugenge azaze, uzajya muri Camp Kigali na we azahabwa umugisha.”

Kuri uwo munsi kandi umuhanzi wamamaye mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga Israel Mbonyicyambu wamenyakanye nka Israel Mbonyi azamurika Album ye ya gatanu, mu gitaramo kizabera ‘Intare Conference Arena’.

Ku cyumweru kizakurikiraho, tariki 12 Ukwakira 2025, naho hari ibitaramo biribiri, icya Korali SHILOH y’i Musanze izakorera mu Mujyi wa Kigali muri Expo Ground aho bazafatanya na Shalom Choir yo kuri ADEPR Nyarugenge.

Uwo munsi kandi hari ikindi gitaramo cyateguwe n’umupasitoro LOUIS Osademe uzava muri Nigeriya gifite umutwe uvuga ngo ‘JESUS ALIVE CLUSADE’.

Iki gitaramo gitegerezanyijwe amatsiko, kuko abazakitabira bazatahana amavuta n’ubuntu bw’Imana, ndetse na cyo kukinjiramo bikazaba ari ubuntu, ndetse hakazaba hari imodoka zizabageza aho kizabera.

Muri iki gitaramo kandi, hazaba hariyo abahanzikazi Vestine na Dorcas , El-shaddai choir yamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘CIKAMO na AKIRA’ ndetse na Gisubizo Ministry, hamwe na  Glory of God worship Team. Imiryango izaba ifunguye saa saba z’amanywa batangire saa cyenda.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Who pays for the first date bill?

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b'Abofisiye barenga 600

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.