Saturday, October 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

radiotv10by radiotv10
04/10/2025
in IMYIDAGADURO
0
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwezi kumwe hagiye kuba ibitaramo bitanu byo guhimbaza Imana, birimo ikizamara iminsi ibiri cyatumiwemo abakozi b’Imana b’amazina azwi mu Rwanda.

Muri ibi bitaramo, harimo ikiba kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 no kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukakira 2025, kizabera kuri ADEPR-Nyarugenge.

Iki gitaramo cyatumiwemo abakozi b’Imana, barimo Rev.Dr. Antoine Rutayisire, Rev. Pastor Valentin Rurangwa na Pastor Mugabowindekwe.

Iki gitaramo cya Chorale Baraka, yanatumiye andi makorali yo kuyifasha arimo IRIBA CHOIR izava i Huye kuri ADEPR TABA, Besalel Choir yo kuri ADEPR Murambi, Gatenga Worship Team na The Light Worship Team CEP ULK.

Kuri iki Cyumweru kandi hategerejwe igitaramo cya ICHTUS GLORIA CHOIR na yo Ya ADEPR Nyarugenge, ariko basenga mu ndimi z’amahanga.

Muri iki gitaramo cyiswe ‘Free Worship Indeed Experience’, iyi kolari izafatanya na Ntora Worship Team ndetse n’umuhanzi Chryso Ndasingwa ukunzwe cyane muri iyi minsi, mu gihe umwigisha uzigisha ari Cleophas BARORE.

Umuyobozi wa Baraka Choir Abajijwe niba ntakibazo bizateza kuba barahuje amataliki, yagize ati “Ntakibazo kirimo kuko byose ni umurimo w’Imana, ahubwo turararika abantu kuzitabira ibi bitaramo byombi, byumwihariko abaririmbyi baba mu makorali ataratumiwe bazaze kudushyikira bafatanye natwe, uzahitamo kuza ku rusengero i Nyarugenge azaze, uzajya muri Camp Kigali na we azahabwa umugisha.”

Kuri uwo munsi kandi umuhanzi wamamaye mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga Israel Mbonyicyambu wamenyakanye nka Israel Mbonyi azamurika Album ye ya gatanu, mu gitaramo kizabera ‘Intare Conference Arena’.

Ku cyumweru kizakurikiraho, tariki 12 Ukwakira 2025, naho hari ibitaramo biribiri, icya Korali SHILOH y’i Musanze izakorera mu Mujyi wa Kigali muri Expo Ground aho bazafatanya na Shalom Choir yo kuri ADEPR Nyarugenge.

Uwo munsi kandi hari ikindi gitaramo cyateguwe n’umupasitoro LOUIS Osademe uzava muri Nigeriya gifite umutwe uvuga ngo ‘JESUS ALIVE CLUSADE’.

Iki gitaramo gitegerezanyijwe amatsiko, kuko abazakitabira bazatahana amavuta n’ubuntu bw’Imana, ndetse na cyo kukinjiramo bikazaba ari ubuntu, ndetse hakazaba hari imodoka zizabageza aho kizabera.

Muri iki gitaramo kandi, hazaba hariyo abahanzikazi Vestine na Dorcas , El-shaddai choir yamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘CIKAMO na AKIRA’ ndetse na Gisubizo Ministry, hamwe na  Glory of God worship Team. Imiryango izaba ifunguye saa saba z’amanywa batangire saa cyenda.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Who pays for the first date bill?

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Related Posts

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

by radiotv10
04/10/2025
1

Umunyarwenya Osmarito OG uri mu bazwi ku mbuga nkoranyambaga mu mashusho atuma benshi bamwengura, ari mu byishimo nyuma yo kugura...

Who pays for the first date bill?

Who pays for the first date bill?

by radiotv10
04/10/2025
0

The question “Who should pay on the first date?” causes many debates. Some people believe the man should pay. Others...

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

by radiotv10
03/10/2025
0

Sosiyete ya ZACU Entertainment ikora ibijyanye na sinema, yinjiye mu mikoranire na Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, izatuma abagenda mu...

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

by radiotv10
03/10/2025
0

Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model, yagaragaje ibyishimo yatewe n’impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover Velar yahawe n’umugabo...

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

by radiotv10
03/10/2025
0

There’s something magical about settling down with a good movie at the end of a long day. Whether you’re the...

IZIHERUKA

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere
IMYIDAGADURO

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

by radiotv10
04/10/2025
1

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

04/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

04/10/2025
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

04/10/2025
Who pays for the first date bill?

Who pays for the first date bill?

04/10/2025
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b'Abofisiye barenga 600

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.