Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC

radiotv10by radiotv10
26/08/2021
in SIPORO
0
Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC
Share on FacebookShare on Twitter

Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Miggy akaba umukinnyi wari umaze umwaka w’imikino 2020-2021 muri KMC FC, yamaze kongera amasezerano muri iyi kipe abemerera kuzabakinira umwaka w’imikino 2020-2022.

Mugiraneza Jean Baptiste “Miggy” yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri KMC FC yo muri Tanzania. Arahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu 12h50 z’amanywa agana i Dar Es Slaam gutangira imyiteguro ya 2021-2022.

Mugiraneza yageze muri KMC FC mu 2019 akina umwaka w’imikino 2019-2020 mbere y’uko bamuha imbanziriza masezerano, urwandiko yahawe mbere y’uko shampiyona irangira. Kuwa Kabiri tariki 25 Kanama 2020 ni bwo Mugiraneza yasinye amasezerano y’umwaka umwe watumye abakinira umwaka w’imikino 2020-2021, kuri ubu akaba yasinye amasezerano ya gatatu muri iri kipe.

Aganira na HALFTIME, Mugiraneza yahamije ko ari umukinnyi wa KMC FC mu gihe cy’undi mwaka w’imikino uri imbere kandi ko yishimiye ibyavuye mu bwumvikane bw’impande zombi.

“Nasinye undi mwaka ubu ndacyari umukinnyi wa KMC FC. Nemeye kongera amasezerano kuko ibyo nasabye kugira ngo mpagume barabimpaye ubu byose ndabifite, ubu nta kibazo.” Mugiraneza

Mu byo Mugiraneza yavugaga ashaka mu masezerano ya KMC FC ya 2020-2021 harimo ko agomba kuva kuri nimero 26 akaba yahabwa imyenda yanditseho umubare karindwi (7). Mugiraneza avuga ko ubu azajya arangwa na nimero 7 mu kibuga no mu myitozo.

“Nimero 7 nasabaga ubu ndayifite ni iyanjye. Ubu nimero bamaze kuyimpa ntawe tuyiburana.” Mugiraneza

Amasezerano ya Mugiraneza Jean Baptiste yatangiye gushyirwa mu bikorwa kuva tariki 25 Kanama 2021 akazarangira tariki ya 31 Kamena 2022 nk’uko kopi HALFTIME ifite ibigaragaza.

KMC FC ikipe iheruka mu mikino ya CAF Confederation Cup 2019-2020 yasoje shampiyona 2010-2021 iri ku mwanya wa kane.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 11 =

Previous Post

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Next Post

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.