Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC

radiotv10by radiotv10
26/08/2021
in SIPORO
0
Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC
Share on FacebookShare on Twitter

Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Miggy akaba umukinnyi wari umaze umwaka w’imikino 2020-2021 muri KMC FC, yamaze kongera amasezerano muri iyi kipe abemerera kuzabakinira umwaka w’imikino 2020-2022.

Mugiraneza Jean Baptiste “Miggy” yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri KMC FC yo muri Tanzania. Arahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu 12h50 z’amanywa agana i Dar Es Slaam gutangira imyiteguro ya 2021-2022.

Mugiraneza yageze muri KMC FC mu 2019 akina umwaka w’imikino 2019-2020 mbere y’uko bamuha imbanziriza masezerano, urwandiko yahawe mbere y’uko shampiyona irangira. Kuwa Kabiri tariki 25 Kanama 2020 ni bwo Mugiraneza yasinye amasezerano y’umwaka umwe watumye abakinira umwaka w’imikino 2020-2021, kuri ubu akaba yasinye amasezerano ya gatatu muri iri kipe.

Aganira na HALFTIME, Mugiraneza yahamije ko ari umukinnyi wa KMC FC mu gihe cy’undi mwaka w’imikino uri imbere kandi ko yishimiye ibyavuye mu bwumvikane bw’impande zombi.

“Nasinye undi mwaka ubu ndacyari umukinnyi wa KMC FC. Nemeye kongera amasezerano kuko ibyo nasabye kugira ngo mpagume barabimpaye ubu byose ndabifite, ubu nta kibazo.” Mugiraneza

Mu byo Mugiraneza yavugaga ashaka mu masezerano ya KMC FC ya 2020-2021 harimo ko agomba kuva kuri nimero 26 akaba yahabwa imyenda yanditseho umubare karindwi (7). Mugiraneza avuga ko ubu azajya arangwa na nimero 7 mu kibuga no mu myitozo.

“Nimero 7 nasabaga ubu ndayifite ni iyanjye. Ubu nimero bamaze kuyimpa ntawe tuyiburana.” Mugiraneza

Amasezerano ya Mugiraneza Jean Baptiste yatangiye gushyirwa mu bikorwa kuva tariki 25 Kanama 2021 akazarangira tariki ya 31 Kamena 2022 nk’uko kopi HALFTIME ifite ibigaragaza.

KMC FC ikipe iheruka mu mikino ya CAF Confederation Cup 2019-2020 yasoje shampiyona 2010-2021 iri ku mwanya wa kane.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + twelve =

Previous Post

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Next Post

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.