Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC

radiotv10by radiotv10
26/08/2021
in SIPORO
0
Mugiraneza Jean Baptiste yongereye amasezerano muri KMC FC
Share on FacebookShare on Twitter

Mugiraneza Jean Baptiste uzwi nka Miggy akaba umukinnyi wari umaze umwaka w’imikino 2020-2021 muri KMC FC, yamaze kongera amasezerano muri iyi kipe abemerera kuzabakinira umwaka w’imikino 2020-2022.

Mugiraneza Jean Baptiste “Miggy” yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri KMC FC yo muri Tanzania. Arahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu 12h50 z’amanywa agana i Dar Es Slaam gutangira imyiteguro ya 2021-2022.

Mugiraneza yageze muri KMC FC mu 2019 akina umwaka w’imikino 2019-2020 mbere y’uko bamuha imbanziriza masezerano, urwandiko yahawe mbere y’uko shampiyona irangira. Kuwa Kabiri tariki 25 Kanama 2020 ni bwo Mugiraneza yasinye amasezerano y’umwaka umwe watumye abakinira umwaka w’imikino 2020-2021, kuri ubu akaba yasinye amasezerano ya gatatu muri iri kipe.

Aganira na HALFTIME, Mugiraneza yahamije ko ari umukinnyi wa KMC FC mu gihe cy’undi mwaka w’imikino uri imbere kandi ko yishimiye ibyavuye mu bwumvikane bw’impande zombi.

“Nasinye undi mwaka ubu ndacyari umukinnyi wa KMC FC. Nemeye kongera amasezerano kuko ibyo nasabye kugira ngo mpagume barabimpaye ubu byose ndabifite, ubu nta kibazo.” Mugiraneza

Mu byo Mugiraneza yavugaga ashaka mu masezerano ya KMC FC ya 2020-2021 harimo ko agomba kuva kuri nimero 26 akaba yahabwa imyenda yanditseho umubare karindwi (7). Mugiraneza avuga ko ubu azajya arangwa na nimero 7 mu kibuga no mu myitozo.

“Nimero 7 nasabaga ubu ndayifite ni iyanjye. Ubu nimero bamaze kuyimpa ntawe tuyiburana.” Mugiraneza

Amasezerano ya Mugiraneza Jean Baptiste yatangiye gushyirwa mu bikorwa kuva tariki 25 Kanama 2021 akazarangira tariki ya 31 Kamena 2022 nk’uko kopi HALFTIME ifite ibigaragaza.

KMC FC ikipe iheruka mu mikino ya CAF Confederation Cup 2019-2020 yasoje shampiyona 2010-2021 iri ku mwanya wa kane.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Simba SC yasinyanye amasezerano na DC United yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakinnyemo wayne Rooney

Next Post

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

AFROBASKET 2021: u Rwanda rwakoze amateka yo gutsinda Angola rugera muri ¼ cy’irangiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.