Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba udahwema kugaragaza ko Perezida Paul Kagame ari umuntu w’ingenzi kuri we, yongeye kuburira ababarwanya, avuga ko bazahura n’akaga.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ibi nyuma y’igihe gito avuye mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yahagiriye.

Muri uru ruzinduko yasoje mu cyumweru gishize tariki 16 Werurwe 2022, yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye ndetse bakaza no kujyana mu rwuri rwe, akamugabira Inka z’inyambo.

Lt Gen Muhoozi wifashishije amafoto ari kumwe na Perezida Kagame mu rwuri, yashyizeho ubutumwa avuga ko bombi basanzwe ari aborozi kandi bakaba bakunda ubworozi bw’inka.

Ati “Ikindi kandi twembi turi abarwanyi, ibyo byumvikane neza, abaturwanya bazahura n’ibibazo bikomeye.”

We are simply two cattle keepers that want to look after our cows in peace. But we are also both warriors, that's well documented, those who fight us will face a lot of problems! pic.twitter.com/ccY8ykwNJ6

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) March 22, 2022

Ubu butumwa si ubwa mbere abutanze, kuko muri Mutarama 2022, ubwo yanatangiraga kuvuga ko Perezida Kagame ari “My Uncle” na bwo yari yavuze ko abarwanya Kagame “bari no kurwanya umuryango wanye. Bagomba kwitonda.”

This is my uncle, Afande Paul Kagame. Those who fight him are fighting my family. They should all be careful. pic.twitter.com/YwBM5DwX0S

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 16, 2022

Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My Uncle”, ubwo yageraga mu Gihugu cye avuye mu Rwanda mu cyumweru gishize, yahise ahishura umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Paul Kagame ko ari Inka cumi z’inyambo.

Yanaboneyeho gushimira Umukuru w’u Rwanda ku bwo kumuha amahirwe akagira uruhare mu gufasha Igihugu cye kwiyunga n’u Rwanda.

Uyu muhungu wa Museveni uvugwaho kuzasimbura umubyeyi we muri 2026, nyuma y’umunzi umwe avuye mu Rwanda, yahise ajya mu Misiri kubutumire bwa Perezida w’iki Gihugu, Abdel Fattah Elsisi.

Ubwo Perezida Kagame yagabiraga Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 2 =

Previous Post

Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo

Next Post

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.