Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yongeye kuburira abamurwanya we na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba udahwema kugaragaza ko Perezida Paul Kagame ari umuntu w’ingenzi kuri we, yongeye kuburira ababarwanya, avuga ko bazahura n’akaga.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ibi nyuma y’igihe gito avuye mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yahagiriye.

Muri uru ruzinduko yasoje mu cyumweru gishize tariki 16 Werurwe 2022, yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye ndetse bakaza no kujyana mu rwuri rwe, akamugabira Inka z’inyambo.

Lt Gen Muhoozi wifashishije amafoto ari kumwe na Perezida Kagame mu rwuri, yashyizeho ubutumwa avuga ko bombi basanzwe ari aborozi kandi bakaba bakunda ubworozi bw’inka.

Ati “Ikindi kandi twembi turi abarwanyi, ibyo byumvikane neza, abaturwanya bazahura n’ibibazo bikomeye.”

We are simply two cattle keepers that want to look after our cows in peace. But we are also both warriors, that's well documented, those who fight us will face a lot of problems! pic.twitter.com/ccY8ykwNJ6

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) March 22, 2022

Ubu butumwa si ubwa mbere abutanze, kuko muri Mutarama 2022, ubwo yanatangiraga kuvuga ko Perezida Kagame ari “My Uncle” na bwo yari yavuze ko abarwanya Kagame “bari no kurwanya umuryango wanye. Bagomba kwitonda.”

This is my uncle, Afande Paul Kagame. Those who fight him are fighting my family. They should all be careful. pic.twitter.com/YwBM5DwX0S

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 16, 2022

Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “My Uncle”, ubwo yageraga mu Gihugu cye avuye mu Rwanda mu cyumweru gishize, yahise ahishura umubare w’Inka yagabiwe na Perezida Paul Kagame ko ari Inka cumi z’inyambo.

Yanaboneyeho gushimira Umukuru w’u Rwanda ku bwo kumuha amahirwe akagira uruhare mu gufasha Igihugu cye kwiyunga n’u Rwanda.

Uyu muhungu wa Museveni uvugwaho kuzasimbura umubyeyi we muri 2026, nyuma y’umunzi umwe avuye mu Rwanda, yahise ajya mu Misiri kubutumire bwa Perezida w’iki Gihugu, Abdel Fattah Elsisi.

Ubwo Perezida Kagame yagabiraga Muhoozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eleven =

Previous Post

Masudi Juma yamaze kurega Rayon arayishyuza akayabo

Next Post

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.