Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in SIPORO
0
Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadia wabaye umusifuzi wa mbere w’igitsinagore usifuye mu mikino y’igikombe cya Africa, yabajijwe uko yiyumva biramurenga araturika ararira.

Mukansanga Salima yanditse aya mateka kuri uyu wa Kabiri mu mukino wahuzaga Zimbabwe na Guinea yari abareye umusifuzi wa mbere.

Abanyarwanda, inshuti zabo, ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’amakipe atandukanye arimo akomeye ku Isi, yagaragaje ko yishimiye uyu Munyarwandakazi wakoze amateka adasanzwe.

Mu butumwa bwanyuze ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, zavugaga ko uyu Mukansanga Salima azamuye ibendera ry’u Rwanda.

Yayoboye umukino wa Guinea Vs Zimbabwe

Nyuma y’uyu mukino Zimbabwe yatsinzemo 2-1 Guinea, Mukansanga yaganiriye na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda kiri gukurikirana Igikombe cy’Isi abazwa uko yiyumva nyuma yo kwandika aya mateka ndetse n’uburyo yagaragarijwe ko ashyigikiwe n’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga batandukanye.

Muri iki kiganiro cyabaye kigufi kubera imbamutima za Mukansanga na we wishimiye iyi ntambwe idasanzwe, yagize ati “Ndumva ntacyo navuga kirenze kubashimira kuko ni iby’agaciro cyane.”

Ako kanya yahise afatwa n’ikiniga ahita arira amarira y’ibyishimo ahita atandukana n’Umunyamakuru.

Izi mbamutima za Mukansanga na zo ziri mu byagarutsweho n’abantu batandukanye barimo Ingabire Ange Kagame.

Mu butumwa Ange Kagame yashyize kuri Twitter, yagize ati “Mbega ibihe bidasanzwe kuri we no ku bagore n’abakobwa bamurebye. Ishyuke Salima.”

What a moment for her & all the young girls/women watching. Congratulations Salima👏🏾👏🏾 https://t.co/0PQU7p5GKb

— AIKN (@AngeKagame) January 18, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero

Next Post

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Related Posts

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare
MU RWANDA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.