Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in SIPORO
0
Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadia wabaye umusifuzi wa mbere w’igitsinagore usifuye mu mikino y’igikombe cya Africa, yabajijwe uko yiyumva biramurenga araturika ararira.

Mukansanga Salima yanditse aya mateka kuri uyu wa Kabiri mu mukino wahuzaga Zimbabwe na Guinea yari abareye umusifuzi wa mbere.

Abanyarwanda, inshuti zabo, ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’amakipe atandukanye arimo akomeye ku Isi, yagaragaje ko yishimiye uyu Munyarwandakazi wakoze amateka adasanzwe.

Mu butumwa bwanyuze ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, zavugaga ko uyu Mukansanga Salima azamuye ibendera ry’u Rwanda.

Yayoboye umukino wa Guinea Vs Zimbabwe

Nyuma y’uyu mukino Zimbabwe yatsinzemo 2-1 Guinea, Mukansanga yaganiriye na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda kiri gukurikirana Igikombe cy’Isi abazwa uko yiyumva nyuma yo kwandika aya mateka ndetse n’uburyo yagaragarijwe ko ashyigikiwe n’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga batandukanye.

Muri iki kiganiro cyabaye kigufi kubera imbamutima za Mukansanga na we wishimiye iyi ntambwe idasanzwe, yagize ati “Ndumva ntacyo navuga kirenze kubashimira kuko ni iby’agaciro cyane.”

Ako kanya yahise afatwa n’ikiniga ahita arira amarira y’ibyishimo ahita atandukana n’Umunyamakuru.

Izi mbamutima za Mukansanga na zo ziri mu byagarutsweho n’abantu batandukanye barimo Ingabire Ange Kagame.

Mu butumwa Ange Kagame yashyize kuri Twitter, yagize ati “Mbega ibihe bidasanzwe kuri we no ku bagore n’abakobwa bamurebye. Ishyuke Salima.”

What a moment for her & all the young girls/women watching. Congratulations Salima👏🏾👏🏾 https://t.co/0PQU7p5GKb

— AIKN (@AngeKagame) January 18, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 10 =

Previous Post

Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero

Next Post

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.