Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muri gutuma dutekereza ko twabibeshyeho- Gen.Muganga yabwiye ijambo rikomeye abakinnyi ba APR

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Muri gutuma dutekereza ko twabibeshyeho- Gen.Muganga yabwiye ijambo rikomeye abakinnyi ba APR
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inganyije na Gasogi United, bigasa nk’ibiyidindije mu guhatanira igikombe, ubuyobozi bw’iyi kipe bwahise bukoresha inama abakinnyi bayo, yayobowe na Chairman wayo, wababwiye ko ubuyobozi butishimye.

Ni inama yabaye ku wa Mbere tariki 17 Mata 2023, nyuma y’umunsi umwe APR FC inganyije na Gasogi United 0-0, mu gihe iyi kipe iri mu rugamba rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona.

Muri iyi nama, Chairman wa APR, Lt Gen Mubarak Muganga yabwiye aba bakinnyi ko ubuyobozi bw’iyi kipe butishimye.

Yagie ati “Ndagira ngo mbere na mbere mbanze mbabwire ko tutishimye kubera uko murimo kwitwara haba mu mikinire na discipline [imyitwarire] ibaranga ya buri munsi kuko byose ni ho bishingiye.”

Yakomeje agira ati “Murimo gutuma dutekereza ko twaba twaribeshye ku bushobozi bwanyu, nyamara muri abakinnyi beza kandi bashoboye, murimo kuduhatiriza gutangira kubashidikanyaho.”

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, izwiho gutwara ibikombe bya Shampiyona, n’ubu iracyayoboye urutonde rw’agateganyo, ariko inganya amanota na Kiyovu Sports 53, ikayirusha ibitego umunani izigamye.

Lt Gen Mubarak Muganga yibukije aba bakinnyi ko iyi kipe ihora ishaka kwitwara neza, ndetse ko ari byo byigeze gutuma ifata icyemezo cyo gusezerera abakinnyi 17 bose basimbuwe n’aba bayikinamo ubu.

Ati “N’ubu nta kabuza nihatabaho kwisubiraho n’ubundi hari abazatandukana n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu.”

Yaboneyeho kwibutsa aba bakinnyi ko intego ya APR FC ari ugutwara ibikombe, bityo ko bagomba kwikubita agashyi kuko bafite ubushobozi bwo kubikora.

Abakinnyi ba APR basabwe kwikubita agashyi
Iyi nama yarimo n’abatoza

J. Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

Kwa Pasiteri bahasanze abantu 4 bapfuye n’abandi 15 benda gupfa yarabizeje ikintu gitangaje

Next Post

Soudan: Ibyabaye ku Mudipolomate ukomeye ntawabitekerezaga ko byatinyukwa

Related Posts

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Ibyabaye ku Mudipolomate ukomeye ntawabitekerezaga ko byatinyukwa

Soudan: Ibyabaye ku Mudipolomate ukomeye ntawabitekerezaga ko byatinyukwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.