Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yakoze umukwabu wo gushakisha no gufata abakekwaho ubujura n’ibindi byaha bibangamira ituze rya rubanda, wafatiwemo abantu 35 mu Mirenge ibiri yo muri aka Karere.

Aba bantu bakekwaho ubujura n’ibindi bikorwa bibangamira ituze ry’abaturage, bafatiwe mu Mirenge ya Gacurabwenge na Ngamba muri aka Karere ka Kamonyi, kuri uyu wa Mbere tariki 03 no mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025.

Ibi bikorwa byo gushakisha abakekwaho ubujura, bimaze iminsi bikorwa mu bice binyuranye by’Igihugu, aho mu Karere ka Ruhango gahana imbibi n’aka Kamonyi, haherutse gufatwa abantu 28 na bo biganjemo abakekwaho ubujura n’abafatanyacyaha muri iki cyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko uyu mukwabu wakorewe mu Karere ka Kamonyi, washobotse ku bufatanye bw’uru rwego n’abaturage bakomeje gufatanya n’inzego kurwanya no gukumira ibyaha, batanga amakuru.

Yaboneyeho kugira inama abijanditse mu bikorwa nk’ibi bitemewe by’ubujura, abibutsa ko inzego zabihagurukiye kandi ko zitazihanganira ababangamira ituze rya rubanda.

Yagize ati “Abakora ibitemewe n’amategeko, nk’abajura kimwe n’abandi babangamira ituze n’umudendezo by’qbaturage, ntaho bazacikira Polisi kuko tuzabarwanya, tuzabafata amategeko abakanire urubarikwiye.”

Aba bantu 35 bafatiwe mu bice binyuranye byo mu Karere ka Kamonyi, harimo 24 bafatiwe mu Midugudu itandukanye yo mu Kagari ka Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, mu gihe abandi 11 bafatiwe mu Tugari tunyuranye rwo mu Murenge wa Ngamba.

Si mu Ntara y’Amajyepfo gusa hamaze iminsi havugwa ibikorwa by’ubujura n’ingamba zo kubirwanya, kuko no mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge, Polisi iherutse gufata abantu barenga 30 na bo bakekwaho ubujura burimo n’ubukorwa n’insoresore zitega abantu zikabambura ibyo bafite nka Telefone.

Polisi yongeye kuburira abijanditse mu bujura ko bakwiye kubureka bagakura amaboko mu mifuka bagashaka ikindi bakora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Next Post

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.