Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Muri Kamonyi na ho hakozwe umukwabu wasize hafashwe abantu 35
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yakoze umukwabu wo gushakisha no gufata abakekwaho ubujura n’ibindi byaha bibangamira ituze rya rubanda, wafatiwemo abantu 35 mu Mirenge ibiri yo muri aka Karere.

Aba bantu bakekwaho ubujura n’ibindi bikorwa bibangamira ituze ry’abaturage, bafatiwe mu Mirenge ya Gacurabwenge na Ngamba muri aka Karere ka Kamonyi, kuri uyu wa Mbere tariki 03 no mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025.

Ibi bikorwa byo gushakisha abakekwaho ubujura, bimaze iminsi bikorwa mu bice binyuranye by’Igihugu, aho mu Karere ka Ruhango gahana imbibi n’aka Kamonyi, haherutse gufatwa abantu 28 na bo biganjemo abakekwaho ubujura n’abafatanyacyaha muri iki cyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko uyu mukwabu wakorewe mu Karere ka Kamonyi, washobotse ku bufatanye bw’uru rwego n’abaturage bakomeje gufatanya n’inzego kurwanya no gukumira ibyaha, batanga amakuru.

Yaboneyeho kugira inama abijanditse mu bikorwa nk’ibi bitemewe by’ubujura, abibutsa ko inzego zabihagurukiye kandi ko zitazihanganira ababangamira ituze rya rubanda.

Yagize ati “Abakora ibitemewe n’amategeko, nk’abajura kimwe n’abandi babangamira ituze n’umudendezo by’qbaturage, ntaho bazacikira Polisi kuko tuzabarwanya, tuzabafata amategeko abakanire urubarikwiye.”

Aba bantu 35 bafatiwe mu bice binyuranye byo mu Karere ka Kamonyi, harimo 24 bafatiwe mu Midugudu itandukanye yo mu Kagari ka Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, mu gihe abandi 11 bafatiwe mu Tugari tunyuranye rwo mu Murenge wa Ngamba.

Si mu Ntara y’Amajyepfo gusa hamaze iminsi havugwa ibikorwa by’ubujura n’ingamba zo kubirwanya, kuko no mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge, Polisi iherutse gufata abantu barenga 30 na bo bakekwaho ubujura burimo n’ubukorwa n’insoresore zitega abantu zikabambura ibyo bafite nka Telefone.

Polisi yongeye kuburira abijanditse mu bujura ko bakwiye kubureka bagakura amaboko mu mifuka bagashaka ikindi bakora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Next Post

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Related Posts

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know
IMIBEREHO MYIZA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Gukozanyaho mu kiganiro cya Perezida wa America n’uwa Ukraine kwakurikiwe n’icyemezo gikarishye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.