Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muri Mr Rwanda naho haravugwa uburiganya: Abayitabiriye bavuze kuri Muheto

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in IMYIDAGADURO, SIPORO
3
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari bagerageje amahirwe muri Mister Rwanda, baravuga ko muri iri rushanwa na ho harimo uburiganya kuko bamwe mu bageze mu cyiciro cy’abazitabira umwiherero, batabikwiye. Bati “Babihe Minisiteri cyangwa biveho.”

Batangaje ibi nyuma y’iminsi micye habaye igikorwa cyo gutoranya abasore 18 bazajya mu mwiherero bazanavamo uzegukana ikamba rya Rudasumbwa w’u Rwanda.

Bushayija Blaise na Jean Aime Byiringiro bari mu basore 75 bari batoranyijwe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali muri iri rushanwa rya Mister Rwanda, ariko bombi bakaba batarabashije kuba muri aba 18, mu kiganiro bagiranye na YouTube Channel yitwa The Choice live, bavuze ko batunguwe no kudatambuka icyiciro cya mbere.

Bushayija Blaise avuga ko yari afite umushinga ukomeye ku buryo yumvaga uri mu byagombaga kumuzamura mu kindi cyiciro.

Avuga ko uretse uyu mushinga ariko yari anujuje ibisabwa byose byo kuba yaba Rudasumbwa w’u Rwanda.

Jean Aime Byiringiro wagarutse ku bigomba kuranga Rudasumbwa birimo kuba umusore afite igihagararo gishyitse ndetse akaba afite n’ibitekerezo bifatika.

Uyu musore avuga ko bamwe muri bo bemeye bakanashora amafaranga kugira ngo bubake umubiri ndetse bakegeranya ibitekerezo kugira ngo batambuke ariko ntibyitabweho.

Ati “Reba nko muri za Mr Africa, abasore bari barimo, umusore wavuga wari ujenjetsemo muri bo ni inde? Barabikoreye. Icyo rero ntacyo bigeze bareba [muri Mr Rwanda].”

Bavuga ko n’amajwi yo gutorwa atigeze ahabwa agaciro uretse kuri basore batatu babonye amajwi ya mbere bazamutse ntampaka, bakibaza uburyo ababatoye bimwe agaciro kandi barakoresheje amafaranga yabo.

Banenga kandi uburyo igikorwa cyo kubatoranyamo bariya 18 cyabaye mu minota 10, bakavuga ko abagaragaje imishinga ifatika n’abafite igihagararo gishyitse batakomeje ahubwo hakomeje abari bakenewe.

Bagarutse kuri bamwe mu bahawe amahirwe yo gukomeza batabikwiye kandi ko byagaragaraga ubwo babazwaga kuko abagize akanama nkemurampaka bumvaga basa n’ababashyigikiye.

Muri iki kiganiro, hagarutswe kuri Muheto Salton waje muri 18 wari umaze igihe anavugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga aho muri iki kiganiro, na we yagarutsweho mu batambutse batabikwiye.

Batangaje ibi nyuma y’uko mu irushanwa rigenzi ry’iri rizwi nka Miss Rwanda havuzwemo ibibazo bishingiye ku muyobozi wa kompanyi itegura iri rushanwa uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibifitanye isano no kugira ibyo akoresha abakobwa bamwe baryitabiriye abizeza amakamba.

Jean Aime Byiringiro yagize ati “Ibi bikorwa byaba Mister Rwanda cyangwa Miss Rwanda, habeho amatora y’abaturage, bijyanywe muri za Minisiteri zibishinzwe cyangwa se biveho.”

RADIOTV10

Comments 3

  1. Salima says:
    4 years ago

    Nonese ubu Muheto wavuze muri title ko ntaho agaragara mu byo uvuze,

    Reply
    • Gatsinzi Didier says:
      4 years ago

      Nuwo wambaye 36

      Reply
  2. Gatsinzi Didier says:
    4 years ago

    Nanjye nararyitabiriye ark 90%yari ruswa gusa navugako abari babikwiye Bari 2% abandi wp pee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eight =

Previous Post

Mutware ibi bikombe byose natwe ibindi mubitubaze- Gen M.Muganga abwira abakinnyi ba APR

Next Post

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.