Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muri Mr Rwanda naho haravugwa uburiganya: Abayitabiriye bavuze kuri Muheto

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in IMYIDAGADURO, SIPORO
3
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari bagerageje amahirwe muri Mister Rwanda, baravuga ko muri iri rushanwa na ho harimo uburiganya kuko bamwe mu bageze mu cyiciro cy’abazitabira umwiherero, batabikwiye. Bati “Babihe Minisiteri cyangwa biveho.”

Batangaje ibi nyuma y’iminsi micye habaye igikorwa cyo gutoranya abasore 18 bazajya mu mwiherero bazanavamo uzegukana ikamba rya Rudasumbwa w’u Rwanda.

Bushayija Blaise na Jean Aime Byiringiro bari mu basore 75 bari batoranyijwe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali muri iri rushanwa rya Mister Rwanda, ariko bombi bakaba batarabashije kuba muri aba 18, mu kiganiro bagiranye na YouTube Channel yitwa The Choice live, bavuze ko batunguwe no kudatambuka icyiciro cya mbere.

Bushayija Blaise avuga ko yari afite umushinga ukomeye ku buryo yumvaga uri mu byagombaga kumuzamura mu kindi cyiciro.

Avuga ko uretse uyu mushinga ariko yari anujuje ibisabwa byose byo kuba yaba Rudasumbwa w’u Rwanda.

Jean Aime Byiringiro wagarutse ku bigomba kuranga Rudasumbwa birimo kuba umusore afite igihagararo gishyitse ndetse akaba afite n’ibitekerezo bifatika.

Uyu musore avuga ko bamwe muri bo bemeye bakanashora amafaranga kugira ngo bubake umubiri ndetse bakegeranya ibitekerezo kugira ngo batambuke ariko ntibyitabweho.

Ati “Reba nko muri za Mr Africa, abasore bari barimo, umusore wavuga wari ujenjetsemo muri bo ni inde? Barabikoreye. Icyo rero ntacyo bigeze bareba [muri Mr Rwanda].”

Bavuga ko n’amajwi yo gutorwa atigeze ahabwa agaciro uretse kuri basore batatu babonye amajwi ya mbere bazamutse ntampaka, bakibaza uburyo ababatoye bimwe agaciro kandi barakoresheje amafaranga yabo.

Banenga kandi uburyo igikorwa cyo kubatoranyamo bariya 18 cyabaye mu minota 10, bakavuga ko abagaragaje imishinga ifatika n’abafite igihagararo gishyitse batakomeje ahubwo hakomeje abari bakenewe.

Bagarutse kuri bamwe mu bahawe amahirwe yo gukomeza batabikwiye kandi ko byagaragaraga ubwo babazwaga kuko abagize akanama nkemurampaka bumvaga basa n’ababashyigikiye.

Muri iki kiganiro, hagarutswe kuri Muheto Salton waje muri 18 wari umaze igihe anavugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga aho muri iki kiganiro, na we yagarutsweho mu batambutse batabikwiye.

Batangaje ibi nyuma y’uko mu irushanwa rigenzi ry’iri rizwi nka Miss Rwanda havuzwemo ibibazo bishingiye ku muyobozi wa kompanyi itegura iri rushanwa uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibifitanye isano no kugira ibyo akoresha abakobwa bamwe baryitabiriye abizeza amakamba.

Jean Aime Byiringiro yagize ati “Ibi bikorwa byaba Mister Rwanda cyangwa Miss Rwanda, habeho amatora y’abaturage, bijyanywe muri za Minisiteri zibishinzwe cyangwa se biveho.”

RADIOTV10

Comments 3

  1. Salima says:
    4 years ago

    Nonese ubu Muheto wavuze muri title ko ntaho agaragara mu byo uvuze,

    Reply
    • Gatsinzi Didier says:
      4 years ago

      Nuwo wambaye 36

      Reply
  2. Gatsinzi Didier says:
    4 years ago

    Nanjye nararyitabiriye ark 90%yari ruswa gusa navugako abari babikwiye Bari 2% abandi wp pee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Mutware ibi bikombe byose natwe ibindi mubitubaze- Gen M.Muganga abwira abakinnyi ba APR

Next Post

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.