Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muri Mr Rwanda naho haravugwa uburiganya: Abayitabiriye bavuze kuri Muheto

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in IMYIDAGADURO, SIPORO
3
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari bagerageje amahirwe muri Mister Rwanda, baravuga ko muri iri rushanwa na ho harimo uburiganya kuko bamwe mu bageze mu cyiciro cy’abazitabira umwiherero, batabikwiye. Bati “Babihe Minisiteri cyangwa biveho.”

Batangaje ibi nyuma y’iminsi micye habaye igikorwa cyo gutoranya abasore 18 bazajya mu mwiherero bazanavamo uzegukana ikamba rya Rudasumbwa w’u Rwanda.

Bushayija Blaise na Jean Aime Byiringiro bari mu basore 75 bari batoranyijwe mu Ntara enye n’Umujyi wa Kigali muri iri rushanwa rya Mister Rwanda, ariko bombi bakaba batarabashije kuba muri aba 18, mu kiganiro bagiranye na YouTube Channel yitwa The Choice live, bavuze ko batunguwe no kudatambuka icyiciro cya mbere.

Bushayija Blaise avuga ko yari afite umushinga ukomeye ku buryo yumvaga uri mu byagombaga kumuzamura mu kindi cyiciro.

Avuga ko uretse uyu mushinga ariko yari anujuje ibisabwa byose byo kuba yaba Rudasumbwa w’u Rwanda.

Jean Aime Byiringiro wagarutse ku bigomba kuranga Rudasumbwa birimo kuba umusore afite igihagararo gishyitse ndetse akaba afite n’ibitekerezo bifatika.

Uyu musore avuga ko bamwe muri bo bemeye bakanashora amafaranga kugira ngo bubake umubiri ndetse bakegeranya ibitekerezo kugira ngo batambuke ariko ntibyitabweho.

Ati “Reba nko muri za Mr Africa, abasore bari barimo, umusore wavuga wari ujenjetsemo muri bo ni inde? Barabikoreye. Icyo rero ntacyo bigeze bareba [muri Mr Rwanda].”

Bavuga ko n’amajwi yo gutorwa atigeze ahabwa agaciro uretse kuri basore batatu babonye amajwi ya mbere bazamutse ntampaka, bakibaza uburyo ababatoye bimwe agaciro kandi barakoresheje amafaranga yabo.

Banenga kandi uburyo igikorwa cyo kubatoranyamo bariya 18 cyabaye mu minota 10, bakavuga ko abagaragaje imishinga ifatika n’abafite igihagararo gishyitse batakomeje ahubwo hakomeje abari bakenewe.

Bagarutse kuri bamwe mu bahawe amahirwe yo gukomeza batabikwiye kandi ko byagaragaraga ubwo babazwaga kuko abagize akanama nkemurampaka bumvaga basa n’ababashyigikiye.

Muri iki kiganiro, hagarutswe kuri Muheto Salton waje muri 18 wari umaze igihe anavugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga aho muri iki kiganiro, na we yagarutsweho mu batambutse batabikwiye.

Batangaje ibi nyuma y’uko mu irushanwa rigenzi ry’iri rizwi nka Miss Rwanda havuzwemo ibibazo bishingiye ku muyobozi wa kompanyi itegura iri rushanwa uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibifitanye isano no kugira ibyo akoresha abakobwa bamwe baryitabiriye abizeza amakamba.

Jean Aime Byiringiro yagize ati “Ibi bikorwa byaba Mister Rwanda cyangwa Miss Rwanda, habeho amatora y’abaturage, bijyanywe muri za Minisiteri zibishinzwe cyangwa se biveho.”

RADIOTV10

Comments 3

  1. Salima says:
    3 years ago

    Nonese ubu Muheto wavuze muri title ko ntaho agaragara mu byo uvuze,

    Reply
    • Gatsinzi Didier says:
      3 years ago

      Nuwo wambaye 36

      Reply
  2. Gatsinzi Didier says:
    3 years ago

    Nanjye nararyitabiriye ark 90%yari ruswa gusa navugako abari babikwiye Bari 2% abandi wp pee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eleven =

Previous Post

Mutware ibi bikombe byose natwe ibindi mubitubaze- Gen M.Muganga abwira abakinnyi ba APR

Next Post

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

IZIHERUKA

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

António Guterres ntiyumva ukuntu Igihugu gikize cyoherereza igikennye abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.