Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi barerera mu Rwunge rw’Amashuri rwa Remera rwo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, ntibakozwa ibyo kwishyura ibihumbi 15 Frw (kuri buri mwana) ngo yo kuzagurira imodoka umuyobozi w’iri shuri, bakavuga ko babuze n’ayo kugura ikilo cy’ubugari none ngo bagure imodoka batazanagendamo.

Aba babyeyi barasabwa kwishyura 15 000 Frw nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda iherutse gushyira hanze amabwiriza mashya areba ibigo bya Leta n’ibifashwa na Leta ku bw’amasezerano, agena ko umusanzu w’umubyeyi mu mashuri yisumbuye ari 19 500 Frw ku munyeshuri wiga ataha ndetse na 85 000 Frw ku wiga aba mu kigo. Aya mabwiriza kandi avuga ko ibindi bikenewe bitagomba kurenza 7 000 Frw.

Muri G.S Remera ryo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze ho, ababyeyi basabwe kwishyurira buri munyeshuri 15 000 Frw ngo yo kugurira imodoka umuyobozi w’iri shuri.

Bamwe mu babyeyi bafite abana biga muri iri shuri, babwiye RADIOTV10, aya mafaranga bari gusabwa ari umutwaro ubaremereye kuko n’imibereho yo muri iyi minsi itaboroheye.

Umwe ati “Abaturage ba hano turakennye, ntiduhinga ngo tweze ngo tubone aho twakura ayo mafaranga. Inaha abenshi dutunzwe no guhingira abandi, tukarya ari uko tuvuye guhingira abandi, ayo mafaranga ibihumbi cumi na bitanu (15 000 Frw) nshobora no kumara amezi atanu ntarayageraho.”

Undi mubyeyi urerera muri iri shuri, avuga ko amafaranga bakura mu biraka bakora, bayifashisha mu gutunga abana babo kandi ko muri iki gihe atakinabahaza kubera itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Ati “None se niba mvuye guca incuro, ndafata ya ncuro naciye nge kuyitanga hariya ku kigo?”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko uwo mutwaro bari kwikorezwa na ririya shuri, utanabareba, ati “Ntawo ari n’inshingano zacu kugurira diregitirise imodoka kuko na we afite abo ari gukorera natwe dufite abo turi gukorera.”

Undi akomeza agira ati “Reba ibintu byarahenze, amafaranga igihumbi (1 000 Frw) ntakintu yagura, none ayo mafaranga winjije gatatu mu cyumweru uzajya kuyaguramo imodoka.”

Hakizimana Jean Marie Vianney uhagarariye ababyeyi barerera muri iri shuri, ahakana ibyo batangaje, akavuga ko koko uwo mushinga wo kugura imodoka yo gufasha abana watekerejweho ariko bakaza kuwuhagarika kuko basanze bawutabangikanya n’undi wo kubaka inzu yo gufatiramo ifunguro.

Avuga ko iyo modoka yari kugurwa, yagombaga kuzajya yifashishwa mu gihe ku Ishuri habaye ikibazo cyatuma ibagoboka.

Ati “Twifuje ko habonetse ubushobozi hakaboneka imodoka yo gufasha abana kujya kwa muganga, byaba ari byiza, ariko twabonye tutabifatanya n’umushinga wo kubaka refegitwari, ubu ni yo turi kubaka. Imodoka twabaye tuyiretse kuko twabone ko yadutwara amafaranga menshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko ibyemezo byose byafatwa n’ubuyobozi bw’ishuri, biba bikwiye kubanza kumvikanwaho n’ababyeyi barirereramo.

Ati “Niba umwanzuro warafashwe wakabaye waranyuze mu nzira ababyeyi bahaweho umwanya wo gutanga ibitekerezo.”

Uyu muyobozi avuga ko iyo ubuyobozi na komite y’ababyeyi baganiriye n’ababyeyi mbere yo gufata icyemezo, bituma buri wese abikora yumva ari ibye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − 2 =

Previous Post

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Next Post

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.