Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi barerera mu Rwunge rw’Amashuri rwa Remera rwo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, ntibakozwa ibyo kwishyura ibihumbi 15 Frw (kuri buri mwana) ngo yo kuzagurira imodoka umuyobozi w’iri shuri, bakavuga ko babuze n’ayo kugura ikilo cy’ubugari none ngo bagure imodoka batazanagendamo.

Aba babyeyi barasabwa kwishyura 15 000 Frw nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda iherutse gushyira hanze amabwiriza mashya areba ibigo bya Leta n’ibifashwa na Leta ku bw’amasezerano, agena ko umusanzu w’umubyeyi mu mashuri yisumbuye ari 19 500 Frw ku munyeshuri wiga ataha ndetse na 85 000 Frw ku wiga aba mu kigo. Aya mabwiriza kandi avuga ko ibindi bikenewe bitagomba kurenza 7 000 Frw.

Muri G.S Remera ryo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze ho, ababyeyi basabwe kwishyurira buri munyeshuri 15 000 Frw ngo yo kugurira imodoka umuyobozi w’iri shuri.

Bamwe mu babyeyi bafite abana biga muri iri shuri, babwiye RADIOTV10, aya mafaranga bari gusabwa ari umutwaro ubaremereye kuko n’imibereho yo muri iyi minsi itaboroheye.

Umwe ati “Abaturage ba hano turakennye, ntiduhinga ngo tweze ngo tubone aho twakura ayo mafaranga. Inaha abenshi dutunzwe no guhingira abandi, tukarya ari uko tuvuye guhingira abandi, ayo mafaranga ibihumbi cumi na bitanu (15 000 Frw) nshobora no kumara amezi atanu ntarayageraho.”

Undi mubyeyi urerera muri iri shuri, avuga ko amafaranga bakura mu biraka bakora, bayifashisha mu gutunga abana babo kandi ko muri iki gihe atakinabahaza kubera itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Ati “None se niba mvuye guca incuro, ndafata ya ncuro naciye nge kuyitanga hariya ku kigo?”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko uwo mutwaro bari kwikorezwa na ririya shuri, utanabareba, ati “Ntawo ari n’inshingano zacu kugurira diregitirise imodoka kuko na we afite abo ari gukorera natwe dufite abo turi gukorera.”

Undi akomeza agira ati “Reba ibintu byarahenze, amafaranga igihumbi (1 000 Frw) ntakintu yagura, none ayo mafaranga winjije gatatu mu cyumweru uzajya kuyaguramo imodoka.”

Hakizimana Jean Marie Vianney uhagarariye ababyeyi barerera muri iri shuri, ahakana ibyo batangaje, akavuga ko koko uwo mushinga wo kugura imodoka yo gufasha abana watekerejweho ariko bakaza kuwuhagarika kuko basanze bawutabangikanya n’undi wo kubaka inzu yo gufatiramo ifunguro.

Avuga ko iyo modoka yari kugurwa, yagombaga kuzajya yifashishwa mu gihe ku Ishuri habaye ikibazo cyatuma ibagoboka.

Ati “Twifuje ko habonetse ubushobozi hakaboneka imodoka yo gufasha abana kujya kwa muganga, byaba ari byiza, ariko twabonye tutabifatanya n’umushinga wo kubaka refegitwari, ubu ni yo turi kubaka. Imodoka twabaye tuyiretse kuko twabone ko yadutwara amafaranga menshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko ibyemezo byose byafatwa n’ubuyobozi bw’ishuri, biba bikwiye kubanza kumvikanwaho n’ababyeyi barirereramo.

Ati “Niba umwanzuro warafashwe wakabaye waranyuze mu nzira ababyeyi bahaweho umwanya wo gutanga ibitekerezo.”

Uyu muyobozi avuga ko iyo ubuyobozi na komite y’ababyeyi baganiriye n’ababyeyi mbere yo gufata icyemezo, bituma buri wese abikora yumva ari ibye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + twelve =

Previous Post

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Next Post

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.