Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ababyeyi barerera mu Rwunge rw’Amashuri rwa Remera rwo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, ntibakozwa ibyo kwishyura ibihumbi 15 Frw (kuri buri mwana) ngo yo kuzagurira imodoka umuyobozi w’iri shuri, bakavuga ko babuze n’ayo kugura ikilo cy’ubugari none ngo bagure imodoka batazanagendamo.

Aba babyeyi barasabwa kwishyura 15 000 Frw nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda iherutse gushyira hanze amabwiriza mashya areba ibigo bya Leta n’ibifashwa na Leta ku bw’amasezerano, agena ko umusanzu w’umubyeyi mu mashuri yisumbuye ari 19 500 Frw ku munyeshuri wiga ataha ndetse na 85 000 Frw ku wiga aba mu kigo. Aya mabwiriza kandi avuga ko ibindi bikenewe bitagomba kurenza 7 000 Frw.

Muri G.S Remera ryo mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze ho, ababyeyi basabwe kwishyurira buri munyeshuri 15 000 Frw ngo yo kugurira imodoka umuyobozi w’iri shuri.

Bamwe mu babyeyi bafite abana biga muri iri shuri, babwiye RADIOTV10, aya mafaranga bari gusabwa ari umutwaro ubaremereye kuko n’imibereho yo muri iyi minsi itaboroheye.

Umwe ati “Abaturage ba hano turakennye, ntiduhinga ngo tweze ngo tubone aho twakura ayo mafaranga. Inaha abenshi dutunzwe no guhingira abandi, tukarya ari uko tuvuye guhingira abandi, ayo mafaranga ibihumbi cumi na bitanu (15 000 Frw) nshobora no kumara amezi atanu ntarayageraho.”

Undi mubyeyi urerera muri iri shuri, avuga ko amafaranga bakura mu biraka bakora, bayifashisha mu gutunga abana babo kandi ko muri iki gihe atakinabahaza kubera itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Ati “None se niba mvuye guca incuro, ndafata ya ncuro naciye nge kuyitanga hariya ku kigo?”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko uwo mutwaro bari kwikorezwa na ririya shuri, utanabareba, ati “Ntawo ari n’inshingano zacu kugurira diregitirise imodoka kuko na we afite abo ari gukorera natwe dufite abo turi gukorera.”

Undi akomeza agira ati “Reba ibintu byarahenze, amafaranga igihumbi (1 000 Frw) ntakintu yagura, none ayo mafaranga winjije gatatu mu cyumweru uzajya kuyaguramo imodoka.”

Hakizimana Jean Marie Vianney uhagarariye ababyeyi barerera muri iri shuri, ahakana ibyo batangaje, akavuga ko koko uwo mushinga wo kugura imodoka yo gufasha abana watekerejweho ariko bakaza kuwuhagarika kuko basanze bawutabangikanya n’undi wo kubaka inzu yo gufatiramo ifunguro.

Avuga ko iyo modoka yari kugurwa, yagombaga kuzajya yifashishwa mu gihe ku Ishuri habaye ikibazo cyatuma ibagoboka.

Ati “Twifuje ko habonetse ubushobozi hakaboneka imodoka yo gufasha abana kujya kwa muganga, byaba ari byiza, ariko twabonye tutabifatanya n’umushinga wo kubaka refegitwari, ubu ni yo turi kubaka. Imodoka twabaye tuyiretse kuko twabone ko yadutwara amafaranga menshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yavuze ko ibyemezo byose byafatwa n’ubuyobozi bw’ishuri, biba bikwiye kubanza kumvikanwaho n’ababyeyi barirereramo.

Ati “Niba umwanzuro warafashwe wakabaye waranyuze mu nzira ababyeyi bahaweho umwanya wo gutanga ibitekerezo.”

Uyu muyobozi avuga ko iyo ubuyobozi na komite y’ababyeyi baganiriye n’ababyeyi mbere yo gufata icyemezo, bituma buri wese abikora yumva ari ibye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Abanyeshuri 30.000 basabye guhindurirwa ibigo, abasubijwe ni 10%

Next Post

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.