Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yongeye gushimira u Burusiya ku bw’indege ya kajugujugu ya gisirikare y’Abarusiya, yateranyirijwe ikanavugurirwa muri Uganda, avuga ko ari ikindi kimenyetso gishimangira imikoranire myiza y’u Burusiya na Afurika.

Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, ubwo yajyaga kwihera ijisho iyi ndege ndetse no kuyimurikirwa.

Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa MI-24 isanzwe itunganywa n’u Burusiya, ikaba yaravugururiwe ahitwa Nakasongola muri Uganda.

Bivugwa ko iyi ndege ari iyo ya mbere muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ikaba yaravuguruwe n’ikigo cya Pro Heli Plant International Services Limited.

Nyuma yuko Museveni avuye kwihera ijisho iyi kajugujugu ya gisirikare, yongeye gushima u Burusiya ku bwo kuba bukomeje kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Afurika.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye buherekejwe n’amafoto y’iyi ndege, Museveni yagize ati “Nishimiye gutaha Kajugujugu ya MI-24 yavugururiwe i Nakasongola. Uru ni urundi rugero rwiza rw’umubano mwiza w’u Burusiya, ushingiye ku nyungu zihuriwe na Afurika n’u Burusiya.”

Museveni yakomeje agira ati “Ndashimira Guverinoma y’u Burusiya kuba itaratengushye imikoranire yacu ahubwo igakomeza kudutera ingabo mu bitugu.”

Perezida Museveni wakunze kugaragaza ko adashobora kugendera mu kigare ngo Igihugu cye kijundike u Burusiya nkuko hari Ibihugu byinshi byagiteye umugongo, yavuze ko iki Gihugu ari cyo cyabaye hafi Umugabane wa Afurika ubwo wari mu rugamba rwo kwigobotora ibibazo wamazemo igihe birimo ubukoloni.

Museveni kandi yigeze kuvuga ko imikoranire y’Igisirikare cye cya Uganda n’icy’u Burusiya, yatangiye mu 1986 ubwo yoherezaga umunyapolitiki Eriya Kategaya kugura indege yo mu bwoko bwa MI 17 mu yahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete.

Ubwo Museveni yarebaga uko iyi ndege iguruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 5 =

Previous Post

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Next Post

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.