Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yongeye gushimira u Burusiya ku bw’indege ya kajugujugu ya gisirikare y’Abarusiya, yateranyirijwe ikanavugurirwa muri Uganda, avuga ko ari ikindi kimenyetso gishimangira imikoranire myiza y’u Burusiya na Afurika.

Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, ubwo yajyaga kwihera ijisho iyi ndege ndetse no kuyimurikirwa.

Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa MI-24 isanzwe itunganywa n’u Burusiya, ikaba yaravugururiwe ahitwa Nakasongola muri Uganda.

Bivugwa ko iyi ndege ari iyo ya mbere muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ikaba yaravuguruwe n’ikigo cya Pro Heli Plant International Services Limited.

Nyuma yuko Museveni avuye kwihera ijisho iyi kajugujugu ya gisirikare, yongeye gushima u Burusiya ku bwo kuba bukomeje kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Afurika.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye buherekejwe n’amafoto y’iyi ndege, Museveni yagize ati “Nishimiye gutaha Kajugujugu ya MI-24 yavugururiwe i Nakasongola. Uru ni urundi rugero rwiza rw’umubano mwiza w’u Burusiya, ushingiye ku nyungu zihuriwe na Afurika n’u Burusiya.”

Museveni yakomeje agira ati “Ndashimira Guverinoma y’u Burusiya kuba itaratengushye imikoranire yacu ahubwo igakomeza kudutera ingabo mu bitugu.”

Perezida Museveni wakunze kugaragaza ko adashobora kugendera mu kigare ngo Igihugu cye kijundike u Burusiya nkuko hari Ibihugu byinshi byagiteye umugongo, yavuze ko iki Gihugu ari cyo cyabaye hafi Umugabane wa Afurika ubwo wari mu rugamba rwo kwigobotora ibibazo wamazemo igihe birimo ubukoloni.

Museveni kandi yigeze kuvuga ko imikoranire y’Igisirikare cye cya Uganda n’icy’u Burusiya, yatangiye mu 1986 ubwo yoherezaga umunyapolitiki Eriya Kategaya kugura indege yo mu bwoko bwa MI 17 mu yahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete.

Ubwo Museveni yarebaga uko iyi ndege iguruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 1 =

Previous Post

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Next Post

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.