Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yongeye gushimira u Burusiya ku bw’indege ya kajugujugu ya gisirikare y’Abarusiya, yateranyirijwe ikanavugurirwa muri Uganda, avuga ko ari ikindi kimenyetso gishimangira imikoranire myiza y’u Burusiya na Afurika.

Perezida Museveni yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, ubwo yajyaga kwihera ijisho iyi ndege ndetse no kuyimurikirwa.

Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa MI-24 isanzwe itunganywa n’u Burusiya, ikaba yaravugururiwe ahitwa Nakasongola muri Uganda.

Bivugwa ko iyi ndege ari iyo ya mbere muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ikaba yaravuguruwe n’ikigo cya Pro Heli Plant International Services Limited.

Nyuma yuko Museveni avuye kwihera ijisho iyi kajugujugu ya gisirikare, yongeye gushima u Burusiya ku bwo kuba bukomeje kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Afurika.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye buherekejwe n’amafoto y’iyi ndege, Museveni yagize ati “Nishimiye gutaha Kajugujugu ya MI-24 yavugururiwe i Nakasongola. Uru ni urundi rugero rwiza rw’umubano mwiza w’u Burusiya, ushingiye ku nyungu zihuriwe na Afurika n’u Burusiya.”

Museveni yakomeje agira ati “Ndashimira Guverinoma y’u Burusiya kuba itaratengushye imikoranire yacu ahubwo igakomeza kudutera ingabo mu bitugu.”

Perezida Museveni wakunze kugaragaza ko adashobora kugendera mu kigare ngo Igihugu cye kijundike u Burusiya nkuko hari Ibihugu byinshi byagiteye umugongo, yavuze ko iki Gihugu ari cyo cyabaye hafi Umugabane wa Afurika ubwo wari mu rugamba rwo kwigobotora ibibazo wamazemo igihe birimo ubukoloni.

Museveni kandi yigeze kuvuga ko imikoranire y’Igisirikare cye cya Uganda n’icy’u Burusiya, yatangiye mu 1986 ubwo yoherezaga umunyapolitiki Eriya Kategaya kugura indege yo mu bwoko bwa MI 17 mu yahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete.

Ubwo Museveni yarebaga uko iyi ndege iguruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

Next Post

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Related Posts

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.