Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA
0
Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wagiriye uruzinduko rw’akazi mu Karere ka Ngoma, yaganiriye n’abayobozi bo mu nzego z’Ibanze kugeza ku rwego rw’Utugari, abibutsa ko ibyo bakora byose bakwiye kuzirikana ko babikora mu izina rya Perezida wa Repubulika.

Ni uruzinduko Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney yagiriye mu Ntara y’Iburasirazuba kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022.

Minisitiri Gatabazi wari kumwe na Guverineri w’iyi Ntara, Gasana Emmanuel ndetse n’abo mu nzego z’Umutekano muri iyi Ntara, baganiye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Ngoma kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’Akagari.

Mu kiganiro yahaye aba bayobozi, Minisitiri Gatabazi yabibukije ko ibyo bakora byose biba bigamije gufasha abaturage kugera ku byo Umukuru w’Igihugu yabemereye.

Yagize ati “Zirikana ko ibyo ukora byose mu kazi ushinzwe ubikora mu izina rya Perezida wa Repubulika, bityo ukore nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika abyifuza.”

Minisitiri Gatabazi yagarutse ku mitangire ya Serivisi, asaba aba bayobozi bo mu nzego z’ibanze kunoza serivisi baha abaturage.

Yabasabye gukemura ibibazo by’abaturage cyane cyane mu mitangire y’ibyangombwa, anabasaba kwirinda ruswa no kurenganya abaturage.

Yabibukije intego y’aba bayobozi baherutse gutorerwa kuyobora inzego z’ibanze, yo gushyira umuturage ku isonga.

Ati “Abayobozi iyo bagiyeho bagomba kuzana impinduka mu iterambere. Turabifuriza kuzagera ku byo mwiyemeje nk’abayobozi kandi mufite inzego zibafasha haba inama Njyanama, inzego z’umutekano,…. kugira ngo ibyo abaturage ba Ngoma bagomba kubona babibone.”

Minisitiri Gatabazi atanze iki kiganiro nyuma y’umunsi umwe, Perezida Paul Kagame agarutse ku mikorere itaboneye ya bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru.

Mu ijambo yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare ubwo yari amaze kwakira indahoro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano, Perezida Kagame yagarutse ku bisobanuro bya bamwe mu bayobozi bakunze gutanga iyo ababajije ku bibazo biba byugarije abaturage, bakavuga ko bagiye kubikurikirana.

Perezida Kagame yagize ati “Unambwiye ngo urabizi ariko ntacyo ubikorera, wabimenyeye iki se cyangwa ubereye iki kuba Minisitiri? Uvuze ngo ntubizi, nabyo wakwibaza ngo uyu Muminisitiri uba aha cyangwa umuyobozi utamenya ibintu bigirira nabi abaturage, ubundi we amaze iki, abereyeho iki?”

Minisitiri Gatabazi yasabye aba bayobozi gushyira imbere umuturage
Yabibukije gutanga serivisi zinoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Burundi: Abayobozi batatu bateranye amagambo na Minisitiri batawe muri yombi

Next Post

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium
IMYIDAGADURO

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.