Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA
0
Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wagiriye uruzinduko rw’akazi mu Karere ka Ngoma, yaganiriye n’abayobozi bo mu nzego z’Ibanze kugeza ku rwego rw’Utugari, abibutsa ko ibyo bakora byose bakwiye kuzirikana ko babikora mu izina rya Perezida wa Repubulika.

Ni uruzinduko Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney yagiriye mu Ntara y’Iburasirazuba kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022.

Minisitiri Gatabazi wari kumwe na Guverineri w’iyi Ntara, Gasana Emmanuel ndetse n’abo mu nzego z’Umutekano muri iyi Ntara, baganiye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Ngoma kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’Akagari.

Mu kiganiro yahaye aba bayobozi, Minisitiri Gatabazi yabibukije ko ibyo bakora byose biba bigamije gufasha abaturage kugera ku byo Umukuru w’Igihugu yabemereye.

Yagize ati “Zirikana ko ibyo ukora byose mu kazi ushinzwe ubikora mu izina rya Perezida wa Repubulika, bityo ukore nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika abyifuza.”

Minisitiri Gatabazi yagarutse ku mitangire ya Serivisi, asaba aba bayobozi bo mu nzego z’ibanze kunoza serivisi baha abaturage.

Yabasabye gukemura ibibazo by’abaturage cyane cyane mu mitangire y’ibyangombwa, anabasaba kwirinda ruswa no kurenganya abaturage.

Yabibukije intego y’aba bayobozi baherutse gutorerwa kuyobora inzego z’ibanze, yo gushyira umuturage ku isonga.

Ati “Abayobozi iyo bagiyeho bagomba kuzana impinduka mu iterambere. Turabifuriza kuzagera ku byo mwiyemeje nk’abayobozi kandi mufite inzego zibafasha haba inama Njyanama, inzego z’umutekano,…. kugira ngo ibyo abaturage ba Ngoma bagomba kubona babibone.”

Minisitiri Gatabazi atanze iki kiganiro nyuma y’umunsi umwe, Perezida Paul Kagame agarutse ku mikorere itaboneye ya bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru.

Mu ijambo yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare ubwo yari amaze kwakira indahoro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano, Perezida Kagame yagarutse ku bisobanuro bya bamwe mu bayobozi bakunze gutanga iyo ababajije ku bibazo biba byugarije abaturage, bakavuga ko bagiye kubikurikirana.

Perezida Kagame yagize ati “Unambwiye ngo urabizi ariko ntacyo ubikorera, wabimenyeye iki se cyangwa ubereye iki kuba Minisitiri? Uvuze ngo ntubizi, nabyo wakwibaza ngo uyu Muminisitiri uba aha cyangwa umuyobozi utamenya ibintu bigirira nabi abaturage, ubundi we amaze iki, abereyeho iki?”

Minisitiri Gatabazi yasabye aba bayobozi gushyira imbere umuturage
Yabibukije gutanga serivisi zinoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Burundi: Abayobozi batatu bateranye amagambo na Minisitiri batawe muri yombi

Next Post

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.