Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA
0
Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wagiriye uruzinduko rw’akazi mu Karere ka Ngoma, yaganiriye n’abayobozi bo mu nzego z’Ibanze kugeza ku rwego rw’Utugari, abibutsa ko ibyo bakora byose bakwiye kuzirikana ko babikora mu izina rya Perezida wa Repubulika.

Ni uruzinduko Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney yagiriye mu Ntara y’Iburasirazuba kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022.

Minisitiri Gatabazi wari kumwe na Guverineri w’iyi Ntara, Gasana Emmanuel ndetse n’abo mu nzego z’Umutekano muri iyi Ntara, baganiye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Ngoma kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’Akagari.

Mu kiganiro yahaye aba bayobozi, Minisitiri Gatabazi yabibukije ko ibyo bakora byose biba bigamije gufasha abaturage kugera ku byo Umukuru w’Igihugu yabemereye.

Yagize ati “Zirikana ko ibyo ukora byose mu kazi ushinzwe ubikora mu izina rya Perezida wa Repubulika, bityo ukore nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika abyifuza.”

Minisitiri Gatabazi yagarutse ku mitangire ya Serivisi, asaba aba bayobozi bo mu nzego z’ibanze kunoza serivisi baha abaturage.

Yabasabye gukemura ibibazo by’abaturage cyane cyane mu mitangire y’ibyangombwa, anabasaba kwirinda ruswa no kurenganya abaturage.

Yabibukije intego y’aba bayobozi baherutse gutorerwa kuyobora inzego z’ibanze, yo gushyira umuturage ku isonga.

Ati “Abayobozi iyo bagiyeho bagomba kuzana impinduka mu iterambere. Turabifuriza kuzagera ku byo mwiyemeje nk’abayobozi kandi mufite inzego zibafasha haba inama Njyanama, inzego z’umutekano,…. kugira ngo ibyo abaturage ba Ngoma bagomba kubona babibone.”

Minisitiri Gatabazi atanze iki kiganiro nyuma y’umunsi umwe, Perezida Paul Kagame agarutse ku mikorere itaboneye ya bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru.

Mu ijambo yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare ubwo yari amaze kwakira indahoro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano, Perezida Kagame yagarutse ku bisobanuro bya bamwe mu bayobozi bakunze gutanga iyo ababajije ku bibazo biba byugarije abaturage, bakavuga ko bagiye kubikurikirana.

Perezida Kagame yagize ati “Unambwiye ngo urabizi ariko ntacyo ubikorera, wabimenyeye iki se cyangwa ubereye iki kuba Minisitiri? Uvuze ngo ntubizi, nabyo wakwibaza ngo uyu Muminisitiri uba aha cyangwa umuyobozi utamenya ibintu bigirira nabi abaturage, ubundi we amaze iki, abereyeho iki?”

Minisitiri Gatabazi yasabye aba bayobozi gushyira imbere umuturage
Yabibukije gutanga serivisi zinoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Burundi: Abayobozi batatu bateranye amagambo na Minisitiri batawe muri yombi

Next Post

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Abakinnyi ba Senegal bahembwe za miliyoni n’ibibanza mu murwa mukuru w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.