Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye umuhango w’isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati ya Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi.
Perezida Evariste Ndayishimiye ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika bagomba kwitabira uyu muhango w’amateka, utegerejwe muri America.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Ukuboza 2025, byemeje ko Evariste Ndayishimiye yahagurutse muri iki Gihugu yerecyeje i Washington DC.
Ku ruhande rwa DRC kandi, na yo yatangaje ko Guverinoma y’iki Gihugu yamaze kohereza muri USA, itsinda ry’abayobozi bagiye muri uyu muhango w’isinywa ry’aya masezerano.
Uretse Ndayishimiye, undi Mukuru w’Igihugu uzitabira uyu muhango uzaba kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025, ni Perezida William Ruto wa Kenya, akaba ari na we Muyobozi w’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.
Isinywa ry’aya masezerano ryemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wabyo, Karoline Leavitt mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 01 Ukuboza 2025.
Ni amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Leta Zunze Ubumwe za America zifuje gukorana n’ibi Bihugu byombi mu bijyanye n’ubukungu, ndetse no mu karere biherereyemo.


RADIOTV10









